Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Impundu zari zigiye kuvuga: Amavubi yihagazeho akagozi gacika mu minota ya nyuma

radiotv10by radiotv10
22/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Impundu zari zigiye kuvuga: Amavubi yihagazeho akagozi gacika mu minota ya nyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Ibyishimo mbonekarimwe byari bigiye kurara mu Banyarwanda ku bw’intsinzi y’Ikipe y’Igihugu Amavubi, ariko Benin iyigombora igitego yari yayibonyemo mu minota ya nyuma, kirogoya akanyamuneza kari kagiye kurara mu Banyarwanda.

U Rwanda na Benin banganyine 1-1 muri uyu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurica, wabereye i Cotonou muri Benin nk’Igihugu cyawakiriye.

Ni umukino wabanjirijwe n’impaka zabayeho zumvikana nko gushaka kwica mu mutwe abasore b’u Rwanda bagiye gukina uyu mukino bazi neza ko uwo kwishyura wari kuzabera mu Rwanda utakihabereye.

Abasore b’u Rwanda bihariye iminota 15’ ya mbere y’umukino kuko rwasatiriye bidasanzwe abasore ba Benin ndetse rugeragesa gushota mu izamu ruhusha igitego cyari cyabazwe cya Meddie Kagere ku munota wa 9’.

Abasore b’u Rwanda bakomeje kotsa igitutu aba Benin ndetse ku munota wa 15’ basekerwa n’amahirwe ku gitego cyatsinzwe na Mugisha Gilbert AKA Barafinda ku mupira mwiza yari ahawe na Hakim Sahabo.

Abasore b’u Rwanda bahise batangira gukina bugarira izamu ku buryo indi minota yose y’umukino yaranzwe no gukinira mu rubuga rw’ikipe y’u Rwanda.

Byatumye abasore ba Benin bakomeza gusatira izamu ry’u Rwanda, baza no kwishyura ku munota wa 82’ w’umukino ku gitego cyatsinzwe na Steve Mounié.

Ni na ko umukino warangiye amakipe yombi anganya 1-1, agabana amanota, u Rwanda ruhita rugira amanota abiri mu gihe Benin yo yabonye inota rya mbere mu itsinda L riyobowe na Senegal ifite amanota atandatu (6), igakurikirwa na Mozambique ifite amanota ane (4) mu gihe Benin yahuye n’u Rwanda yo iza ku mwanya wa nyuma n’inota rimwe (1).

Ikipe y’u Rwanda yabanje mu kibuga
Iya Benin
Mugisha Gilbert yafunguye izamu

Kagere Meddie na we yagihushije

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 11 =

Previous Post

Bamubujije kugeza ikibazo cye kuri P.Kagame bumwizeza ko bucya cyakemutse none hashize imyaka 4

Next Post

M23 yagaragaje amakuru ababaje y’ibikorwa bya FARDC birimo no kwiheruka

Related Posts

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko Umutoza mukuru w’iyi Kipe, Bruno Ferry yapfushije umubyeyi we Jean Pierre Ferry, nyuma y'iminsi...

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika warangiye Ikipe y’Igihugu ya Senegal icyegukanye, nyuma y’imvururu zawuranze kubera...

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

by radiotv10
19/01/2026
0

Ndi umukunzi wa Rayon Sport w'akadosohoka, nimbivuga mubyumve nk’Ukuri kuzuye. Niba hari igihe nshobona kubona ibyishimo bisendereye ni igihe iyi...

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

by radiotv10
19/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w'Amaguru mu Rwanda na Rwanda Premier League ikurikirana Shampiyona, bamaganye imyitwarire yagaragajwe na bamwe mu bafana ba APR...

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagaragaje amakuru ababaje y’ibikorwa bya FARDC birimo no kwiheruka

M23 yagaragaje amakuru ababaje y’ibikorwa bya FARDC birimo no kwiheruka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.