Monday, November 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
29/10/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Impuguke mu buzima n’imiyoborere, ziravuga ko imyitwarire y’ubusinzi ikomeje kugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda ihangayikishije, zigasaba Leta kugira icyo ikora amazi atararenga inkombe kuko zibona ari ho bigana.

Ubushakashatsi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima RBC bwo mu mwaka wa 2022, bwerekanye ko abahungu n’abakobwa bafite imyaka 17 kumanura bashobora kunywa amacupa atatu yikurikiranya mu masaha atatu.

Bugaragaza kandi ko abakobwa bafite imyaka 18 kuzamura bashobora kunywa amacupa ane, naho urubyiruko muri rusange rufite imyaka 18 kuzamura, bo banywa amacupa atanu mu gihe cy’amasaha atatu.

Bamwe mu rubyiruko rwo mu murwa mukuru w’Igihugu, muri Kigali, bavuga ko bafata agatama kenshi kubera icyaka.

Umwe muri bo yagize ati “Ubu tuvugana (saa yine za mu gitondo)” ngiye gufata agacupa. Urubyiruko turanywa rwose, nkanjye nanywa amacupa arenga 20 ya Mutsingi nkongeraho na Gin, urubyiruko dufite icyaka.”

Impuguke mu buzima n’imiyoborere, Mporanyi Theobald avuga ko bahangayikishijwe n’ubusinzi mu rubyiruko, aho atanga urugero mu gace ka Kicukiro nk’indiri y’utubari aho uhasanga umubare munini w’urubyiruko rwasinze.

Yagize ati “Mu gace ka Kicukiro hari indiri y’utubari, iyo ugiyeyo uhasanga urubyiruko rwinshi ndetse 80% by’abahanywera ni urubyiruko.”

Avuga ko hakwiye gukorwa isesengura kuri iki kibazo. Ati “Ese hakorwa iki ngo bihagarare? Ese uru rubyiruko rwishora mu businzi bitewe niki? Ni icyaka? Ni ubukire? Ni ukwiheba se? Hakagombye gushakwa igisubizo.”

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Mutsinzi Antoine avuga ko bagiye bahura n’ibibazo by’ubusinzi mu rubyiruko mu mikwabu bakora, akemeza ko hakwiye kubaho ubufanye mu gukora ubukangurambaga mu rubyiruko kugira ngo barwigishe.

Ati “Nonese Kicukiro yo iri kuzamuka mu tubari cyane mu bana, hari igihe twigeze dukora umukwabo, umugabo umwe dusanga no mu modoka afitemo amakote atubwira ko ava ku kabari ajya mu kazi, Hari ibibazo dukwiye kujyanamo muri urwo rugamba tugafatanikanya kugira ngo tubikemure.”

Imibare itangazwa n’Ibitaro bw’Indwara n’ibibazo byo mu Mutwe, bya Caraes Ndera, igaragaza ko nko kuva muri Nyakanga 2022 kugeza muri Kamena 2023, abantu 663 bari bafite ibibazo byo mu mutwe bishingiye ku gukoresha inzoga, urumogi n’ibindi biyobyabwenge bari munsi y’imyaka 19, naho abari hagati y’imyaka 20 na 39 bari 1 579.

Ibi bitaro bigaragaza ko mu meza icyenda ya mbere yo mu mwaka ushize wa 2024, 80% by’abo bakiriye, ari urubyiruko kandi ko ibibazo byo mu mutwe bari bafite babitewe no kunywa inzoga n’ibindi biyobyabwenge.

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 15 =

Previous Post

Umusirikarekazi mu Ngabo za Congo yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera amafoto ye n’umukunzi we yasakaye

Next Post

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Related Posts

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

by radiotv10
10/11/2025
0

Umusaza w’imyaka 72 wo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, wakoraga akazi ko gucukura imva, bamusanze ku nzira...

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

by radiotv10
10/11/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, bavuga ko bahawe amatara akoresha imirasire y’izuba, nyuma...

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

by radiotv10
10/11/2025
0

Ikigo gisuzuma ubuziranenge bw'Ibinyabiziga by’umwihariko ibirimo moto zidakoresha amashanyarazi zizajya zipimwa imyuka zisohora, kigiye gutangira gukora, kikaba giherereye mu Murenge...

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

by radiotv10
10/11/2025
0

In today’s fast-changing world, having a degree alone isn’t enough. Many opportunities require practical skills that schools don’t always teach....

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe akadishi...

IZIHERUKA

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?
SIPORO

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

by radiotv10
10/11/2025
0

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

10/11/2025
Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

10/11/2025
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

10/11/2025
Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

10/11/2025
Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

10/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by'umwihariko Ingagi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.