Saturday, July 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imyigaragambyo yo muri Kenya yafashe isura idasanzwe: Mu Nteko hakorewe iby’agahomamunwa

radiotv10by radiotv10
25/06/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Imyigaragambyo yo muri Kenya yafashe isura idasanzwe: Mu Nteko hakorewe iby’agahomamunwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abanya-Kenya bakomeje ibikorwa by’imyigaragambyo imaze igihe ivuza ubuhuha muri iki Gihugu, noneho abigaragambya bakaba babashije gukura mu nzira inzego z’umutekano, bigabiza Ingoro y’Inteko Ishinga Amategeko, bangiza ibirimo ibirango by’Igihugu.

Iyi myigarambyo imaze igihe ibera i Nairobi mu Murwa Mukuru wa Kenya, ikorwa n’abiganjemo urubyiruko, rwamagana umushinga w’itegeko rishya ry’ubukungu, uzongera imisoro,

Abaturage bamagana uyu mushinga, bavuga ko ugamije gukomeza gukanyaga imibereho n’ubundi itaboroheye, ndetse n’ubukene bwakomeje kunuma kuva Perezida William Ruto yajya ku butegetsi.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Kamena 2024, inzego z’umutekano zari zawukajije ku biro bimwe by’Ibigo bya Leta birimo ku Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko, ku Biro by’Umukuru w’Igihugu ndetse no kuri za Minisiteri.

Gusa amakuru aturuka i Nairobi mu masaha ya nyuma ya saa sita zo kuri uyu wa Kabiri, avuga ko abigaragambya bakozanyijeho bidasanzwe n’abapolisi, ndetse bakabanesha, ubundi bakinjira mu ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko.

Iyi myigaragambyo yahinduye isura, nyuma y’uko mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Inteko Ishinga Amategeko itoye umushinga w’itegeko rigamije kongera Miliyari 2,7 $ ku misoro, hagamijwe kwikura mu myenda y’inguzanyo iremereye iki Gihugu gifite.

Amashusho yagiye hanze, agaragaza rumwe mu rubyiruko ruri muri iyi myigaragambyo, rwamaze kugera mu Nteko, ndetse ruri gushwanyaguza bimwe mu birango by’Igihugu, nk’amabendera, ndetse runangiza na bimwe mu bikoresho nk’intebe.

Kuri uyu wa Mbere, Perezida William Ruto yari yahamagaje abari muri iyi myigaragambyo, abizeza ko ubuyobozi bugiye gusuzuma ubusabe bwabo, gusa bamwe mu basesenguzi bavugaga ko mu byo yatangaje bidatanga igisubizo cy’ibyo Abanya-Kenya basaba.

Amakuru aturika i Nairobi, kandi aravuga kandi ko kuri uyu wa Kabiri, abantu 10 baguye muri iyi myigaragambyo yabereye ku Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko, mu gihe abandi benshi bakomeretse.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

Icyo Perezida Kagame yasubije abifuza ko yazatorera muri Nyarugenge nubwo yahimutse

Next Post

Gahunda y’uko abanyeshuri biga bacumbikiwe bazasubira mu miryango yagiye hanze

Related Posts

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

by radiotv10
11/07/2025
0

Abacamanza babarirwa hejuru y’ijana bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bigabije imihanda bajya kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri ishinzwe Imari...

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

by radiotv10
10/07/2025
0

Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), ubu akaba ari Umujyanama wa...

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

by radiotv10
10/07/2025
0

Ubuyobozi bwa AFC/M23 burashimira Perezida Yoweri Kaguta Museveni ku cyemezo yafashe cyo gufungura imipaka ihuza iki Gihugu cye na Repubulika...

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

by radiotv10
09/07/2025
0

Corneille Nangaa, Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yitabiriye ibikorwa bya Kiliziya Gatulika...

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

by radiotv10
09/07/2025
0

Constant Mutamba wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 19 USD yari...

IZIHERUKA

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period
MU RWANDA

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

12/07/2025
Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gahunda y’uko abanyeshuri biga bacumbikiwe bazasubira mu miryango yagiye hanze

Gahunda y’uko abanyeshuri biga bacumbikiwe bazasubira mu miryango yagiye hanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.