Wednesday, August 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inama ku bifuzaga kuzahatanira umwanya wa Perezida w’u Rwanda nk’Abakandida bigenga

radiotv10by radiotv10
01/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Inama ku bifuzaga kuzahatanira umwanya wa Perezida w’u Rwanda nk’Abakandida bigenga
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, iraburira abari gushaka imikono y’abashyigikira Kandidatire zabo zo kugira ngo bazahatane mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite nk’abakandida bigenga; kuzirinda gukoresha uburiganya nk’ubwigeze kubaho mu matora yabanje, burimo n’abasinyishije abantu batakiriho.

Diane Shima Rwigara washatse guhatana mu Matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2017, yavuzweho ubu buriganya bwo kuba ubwo yari ari gushaka abamusinyira ko bashyigikiye Kandidatire ye, yarasinyishije abantu batakinariho.

Abifuza gutanga kandidatire nk’abakandida bigenga mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’Ay’Abadepite ya 2024 agiye kuba bwa mbere ahujwe mu Rwanda, kuva tariki 18 Mata 2024, batangiye gushaka imikono y’abantu 600 babashishyigikiye bagomba kuva mu Turere twose tw’Igihugu.

Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Oda Gasinzigwa, agira inama abatangiye iki gikorwa kuzirinda kugwa mu buriganya bwagaragaye mbere muri iki gikorwa cyo gusinyisha ababashyigikiye.

Avuga ko igishyizwe imbere mu bikorwa by’amatora, ari amategeko, ndetse ko iyi Komisiyo “ifite ububasha n’inshingano zo kuzashyira imbere y’Abanyarwanda abantu amategeko yemerera kuba abakandida. Abo twakira bose tubamenyesha amategeko n’amabwiriza kandi tukabaha n’ibibafasha kugira ngo babashe kubyibuka.”

Avuga ko umuntu wifuza kuba Umuyobozi akwiye kwirinda amanyanga nk’ayo, kuko byaba binyuranyije n’indangagaciro zibereye Umuyobozi w’Abanyarwanda.

Ati “Umuntu wifuza kuba umuyobozi kuri uru rwego agomba kuba ari inyangamugayo muri we, bityo n’ibyo akora byose bikaba bijyanye na byo kuko atari yo yaba ahemukiye Abanyarwanda.”

Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, avuga ko uru rwego rworohereje abantu bifuza kwinjira muri iki gikorwa kugira ngo bazagikore neza, ku buryo “Nta mpamvu tubona umuntu atakoresha amahirwe yose yahawe n’Igihugu agakora ibitemewe n’amategeko.”

Yaboneyeho kugira inama abari muri iki gikorwa ko “bakora ibikwiriye biteganywa n’amategeko kandi tunababwira ko Komisiyo y’Igihugu y’Amatora icyakorwa kitajyanye n’amategeko tuzakimenya kandi uzatakaza amahirwe wari warahawe. Uzica amategeko, turi mu gihugu kigendera ku mategeko azamukurikirana.”

Oda Gasinzigwa atangaza ko kandidatire z’abifuza kuzitanga mu bazahatanira ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, zizatangira kwakirwa tariki 17 Gicurasi 2024 nyuma y’uko abifuza kuzahatana nk’abakandida bigenga bo ubu bari muri iki gikorwa cyo gusinyisha ababashyigikiye.

Yavuze ko umubare n’amazina y’Abifuza guhatana nk’Abakandida bigenga, bizatangazwa mu gihe cya vuba aha, nyuma y’uko hakozwe igenzura niba mu mikono basinyishije hatarabayemo uburiganya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku kibazo Ubwato bukora nka Hoteli mu Rwanda bwagiriye mu Kiyaga

Next Post

Umugaba w’Ingabo zirwanira ku Butaka yagejeje ubutumwa bwa Perezida Kagame ku basirikare bari S.Sudan

Related Posts

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

by radiotv10
05/08/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwatangaje ko Ubushinjacyaha bwa gisirikare bukurikiranye Abofisiye babiri ba RDF n’abasivile 20 ibyaha birimo gukoresha umutungo...

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

by radiotv10
05/08/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America n’u Rwanda, bageze ku bwumvikane bwo kohereza abimukira 250 muri iki Gihugu cyo ku Mugabane...

Eng.-Rwanda confirms it will host migrants deported from the U.S

Eng.-Rwanda confirms it will host migrants deported from the U.S

by radiotv10
05/08/2025
0

The United States and Rwanda have reached an agreement for the African nation to accept up to 250 migrants deported...

Does religion still shape our daily lifestyle choices?

Does religion still shape our daily lifestyle choices?

by radiotv10
05/08/2025
0

In an increasingly modern and globalized world, one might wonder whether religion still holds influence over our daily lifestyle choices....

How Nyarugunga residents built roads, a school, and a legacy of unity

How Nyarugunga residents built roads, a school, and a legacy of unity

by radiotv10
04/08/2025
0

In the heart of Rwanda’s Kicukiro District, the people of Nyarugunga Sector are proving that when a community stands together,...

IZIHERUKA

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe
MU RWANDA

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

by radiotv10
05/08/2025
0

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

05/08/2025
Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

05/08/2025
Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

05/08/2025
Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

05/08/2025
Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

05/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugaba w’Ingabo zirwanira ku Butaka yagejeje ubutumwa bwa Perezida Kagame ku basirikare bari S.Sudan

Umugaba w’Ingabo zirwanira ku Butaka yagejeje ubutumwa bwa Perezida Kagame ku basirikare bari S.Sudan

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.