• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Indege ya Sosiyete y’u Bwongereza yategetswe kugwa by’igitaraganya

radiotv10by radiotv10
08/09/2025
in AMAHANGA
0
Indege ya Sosiyete y’u Bwongereza yategetswe kugwa by’igitaraganya
Share on FacebookShare on Twitter

Indege yo mu bwoko bwa Boeing ya sosiyete y’u Bwongereza ya ‘British Airways’, yategetswe kugwa vuba na bwangu ku kibuga cy’indege cya Sydney, nyuma y’isaha ihagurutse.

Iyi ndege ya Boeing 787-9 Dreamliner, yasabwe kugwa byihutirwa nyuma yuko umupilote wari uyitwaye, asabwe gusubira hasi ubwo yari imaze igihe kitari kinini ihagurutse.

Iyi ndege yahagurutse ahagana saa cyenda yerecyeza muri Singapore, ariko umupilote yotswa igitutu asabwa kuyisubiza hasi byihutirwa kubera ibibazo bya tekiniki.

Ni indege yarimo abagenzi babarirwa muri Magana, bari bafite urugendo rwa nimero British Airways BA16, bahise bagarurwa ku kibuga cy’Indege cya Sydney.

Umuvugizi w’Ikibuga cy’Indege cya Sydney, yagize ati “Mu masaha ya kare yo kuri iki gicamunsi, indege ya British Airways flight BA16 yavaga Sydney yerecyeza muri Singapore, yasabwe kugaruka byihuse ku kibuga cy’indege cya Sydney nyuma y’igihe cy’isaha imwe ihagurutse.”

Yakomeje agira ati “Indege yagarutse neza, ku bwa serivisi zihutirwaga zijyanye n’ubuziranenge. Abagenzi bose bagarutse amahoro, kandi ntacyo byahungabanyije ku bikorwa by’ikibuga cy’Indege.”

Ubuyobozi bwa British Airways na bwo bwemeje iki kibazo cyabayeho cyatumye indege y’iyi sosiyete isabwa kugwa by’igitaraganya “mu rwego rwo kwirinda ingaruka, ku bw’ibibazo bya tekiniki byagaragaye.”

Mu itangazo rya British Airways, iyi sosiyete yavuze ko “Indege yaguye neza kandi itsinda ryacyo riri gukorana bya hafi kugira ngo abakiliya bacu basubukure urugendo rwabo mu gihe cya vuba.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

The broken dreams of migration: What they don’t tell you about ‘Life Abroad’

Next Post

Amakuru agezweho i Masisi mu mirwano ya AFC/M23 na Wazalendo

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Amakuru agezweho i Masisi mu mirwano ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru agezweho i Masisi mu mirwano ya AFC/M23 na Wazalendo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.