• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Indi nkuru ibabaje y’uwamamaye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
30/06/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Indi nkuru ibabaje y’uwamamaye mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Frank Mugisha wamamaye nka VD Frank wabaye umuhanzi, umukinnyi wa film ndetse akanakora itangazamakuru, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye iminsi.

Uyu mugabo uzwi mu ndirimbo zinyuranye nka No Money no love n’iyitwa Sina pesa, akaba kandi yarigeze gukoresha igitaramo cy’amateka yari yatumiyemo umuhanzi Ragaa Dee wabicaga bigacika muri aka karere.

Nyakwigendera VD Frank kandi yanabaye umunyamakuru, mbere y’uko yinjira mu bya sinema aho yakinaga film ze zirimo n’izamenyekanye zigakundwa na benshi nk’iyitwa ‘Ubutumwa bugufi’.

Inkuru y’urupfu rwe yamenyekanye mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 29 Kamena 2023, aho yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye iminsi, dore ko yari aherutse gutangaza ku mbuga nkoranyambaga ze ko ubuzima bwe bumeze nabi.

Amakuru ava mu nshuti za nyakwigendera VD Frank, avuga ko yari amaranye igihe indwara y’umwijima ari na yo yamuhitanye, akaba yari amaze igihe yivuriza mu Bitaro bya Kibagabaga mu Mujyi wa Kigali.

Urupfu rwa VD Frank, rubaye nyuma y’igihe gito Pasiteri Theogene Niyonshuti yitabye Imana bigashengura benshi. Uyu mugabo yari amaze kumenywa n’abatari bacye kubera ubutumwa bwe yabwirizaga bwananyuraga ku mbuga nkoranyambaga bugafasga benshi.

Pasiteri Theogene witabye Imana mu cyumweru gishize azize impanuka yakoreye muri Uganda, yaherecyejwe bwa nyuma ku wa Gatatu tariki 28 Kamena, ari na wo munsi wabanjirije uwo VD Frank na we wamenyekanye mu Rwanda, yitabiyeho Imana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 16 =

Previous Post

Hamenyekanye undi mugambi wa rutura wa DRC mu kwitegura urugamba

Next Post

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bagaragarijwe icyubahiro n’urugwiro bihebuje muri Seychelles

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bagaragarijwe icyubahiro n’urugwiro bihebuje muri Seychelles

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bagaragarijwe icyubahiro n’urugwiro bihebuje muri Seychelles

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.