Friday, March 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Indi nkuru ishimishije mu ikoranabuhanga ry’u Rwanda by’umwihariko ku bakoresha Internet

radiotv10by radiotv10
18/10/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
1
Indi nkuru ishimishije mu ikoranabuhanga ry’u Rwanda by’umwihariko ku bakoresha Internet
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwandacell PLC (MTN Rwanda) yabaye iya mbere mu Rwanda yatangije ku mugaragaro internet inyaruka bidasanzwe ya 5G ije ari mukuru wa 3G na 4G zari zisanzwe zikoreshwa mu Rwanda.

MTN Rwanda yamuritse iri koranabuhanga rya Internet mu ifungurwa ry’Inama Mpuzamahanga ya Mobile World Congress (MWC) yiga ku ikoranabuhanga rya telefone ngendanwa, ubwo yatangizwaga kuri uyu wa Mbere tariki 17 Ukwakira 2023.

Iyi Internet yamuritswe mu bikorwa by’imurika biri kubera muri iyi nama, yatumye MTN Rwanda ikomeza kuza ku isonga mu rugendo rw’ikoranabuhanga rigezweho kandi ritanga icyizere, ndetse no gushaka ibisubizo mu ikoranabuhanga ryihuta.

Agira icyo avuga kuri iyi internet ya 5G, Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe yagize ati “Iyi internet ya 5G irenze kuba yihuta, izafungura amahirwe y’ubushobozi budakama ku rwego rw’Isi. Izazana andi mahirwe mu kunoza imikorere y’izindi nzego nk’ubuzima, uburezi, ubuhinzi ndetse n’izindi.”

Yakomeje avuga ko kugaragaza iri koranabuhanga rya 5G, kuri MTN Rwanda bitagamije gukomeza kuza ku isonga mu ikoranabuhanga no guhanga udushya gusa.

Ati “Ahubwo ni ugukoresha uburyo no kuzamura imibereho y’Abanyarwanda no gutuma Igihugu gikomeza kuza imbere mu ikoranabuhanga ku Mugabane.”

MTN Rwanda ivuga ko iri koranabuhanga rya 5G rigamije kandi koroshya no kwihutisha serivisi za Internet ya Telefone ngendanwa ndetse no kugabanya ubutinde bwo kuba abantu babonaga ibyo bifuza kuri internet.

Ivuga kandi ko iri koranabuhanga rya 5G rizatanga umusanzu mu kwihutisha iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda busanzwe bushingiye kuri serivisi z’ikoranabuhanga.

Perezida Kagame wafunguye ku mugaragaro iyi nama, yanasuye ibikorwa biri kuhamurikirwa, anagera kuri MTN Rwanda
MTN Rwanda yasobanuriye abantu iby’iyi Internet ya 5G

RADIOTV10

Comments 1

  1. Nzabarushimana says:
    2 years ago

    Yes nukuri rwose congratulations to our MTN Rwandan natwe nibyo dukenene .dukenene umuvuduko mwiterambere

    Reply

Leave a Reply to Nzabarushimana Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − one =

Previous Post

Hatanzwe itegeko ryihutirwa ku ntambara yerecyejweho amaso n’Isi yose

Next Post

Hamenyekanye umubare w’amabagiro yafatiwe icyemezo gikarishye mu mukwabu w’ubugenzuzi

Related Posts

U Rwanda rwagaragaje impamvu FDLR idakwiye gufatwa nk’umutwe witwaje intwaro usanzwe

U Rwanda rwagaragaje impamvu FDLR idakwiye gufatwa nk’umutwe witwaje intwaro usanzwe

by radiotv10
27/03/2026
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yavuze ko FDLR atari umutwe witwaje intwaro usanzwe nk’indi, kuko ari umutwe ushingiye ku...

Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

by radiotv10
27/03/2026
0

Mu bikorwa byo gushakisha imodoka yaguye muri Nyabarongo ku gice cyo mu Murenge wa Nyarusange mu Karere ka Muhanga n’uwari...

RDF yaganirije Abahagarariye inyungu z’Igisirikare z’Ibihugu byabo mu Rwanda

RDF yaganirije Abahagarariye inyungu z’Igisirikare z’Ibihugu byabo mu Rwanda

by radiotv10
27/03/2026
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda bwakiriye Abahagarariye mu Rwanda, inyungu za gisirikare (Defence Attachés), bubagezaho ikiganiro cyagarutse ku ishusho y’umutekano...

Amajyepfo: Hemejwe ko Litiro zirenga ibihumbi 100 z’ibinyobwa bidakwiye zatahuwe mu mukwabu w’amezi abiri

Amajyepfo: Hemejwe ko Litiro zirenga ibihumbi 100 z’ibinyobwa bidakwiye zatahuwe mu mukwabu w’amezi abiri

by radiotv10
27/03/2026
0

Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo iravuga ko mu mezi abiri, ku bufatanye n’izindi nzego, mu bukangurambaga bwo gukumira no...

Ibigo by’imari n’abahinzi byasabwe kongera imikoranire mu kuzamura ubuhinzi buhangana n’imihindagurikire y’ibihe

Ibigo by’imari n’abahinzi byasabwe kongera imikoranire mu kuzamura ubuhinzi buhangana n’imihindagurikire y’ibihe

by radiotv10
26/03/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro ry’ibigo by’imari iciriritse mu Rwanda (AMIR) ku bufatanye na Cordaid Rwanda burahamagarira ibigo by’imari bikorana n’abahinzi kongera imikoranire...

IZIHERUKA

U Rwanda rwagaragaje impamvu FDLR idakwiye gufatwa nk’umutwe witwaje intwaro usanzwe
MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje impamvu FDLR idakwiye gufatwa nk’umutwe witwaje intwaro usanzwe

by radiotv10
27/03/2026
0

Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

27/03/2026
RDF yaganirije Abahagarariye inyungu z’Igisirikare z’Ibihugu byabo mu Rwanda

RDF yaganirije Abahagarariye inyungu z’Igisirikare z’Ibihugu byabo mu Rwanda

27/03/2026
Amajyepfo: Hemejwe ko Litiro zirenga ibihumbi 100 z’ibinyobwa bidakwiye zatahuwe mu mukwabu w’amezi abiri

Amajyepfo: Hemejwe ko Litiro zirenga ibihumbi 100 z’ibinyobwa bidakwiye zatahuwe mu mukwabu w’amezi abiri

27/03/2026
Ibigo by’imari n’abahinzi byasabwe kongera imikoranire mu kuzamura ubuhinzi buhangana n’imihindagurikire y’ibihe

Ibigo by’imari n’abahinzi byasabwe kongera imikoranire mu kuzamura ubuhinzi buhangana n’imihindagurikire y’ibihe

26/03/2026
Undi muyobozi wo hejuru mu gisirikare cya Iran yishwe na Israel

Undi muyobozi wo hejuru mu gisirikare cya Iran yishwe na Israel

26/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye umubare w’amabagiro yafatiwe icyemezo gikarishye mu mukwabu w’ubugenzuzi

Hamenyekanye umubare w’amabagiro yafatiwe icyemezo gikarishye mu mukwabu w’ubugenzuzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwagaragaje impamvu FDLR idakwiye gufatwa nk’umutwe witwaje intwaro usanzwe

Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

RDF yaganirije Abahagarariye inyungu z’Igisirikare z’Ibihugu byabo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.