Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Indi ntambwe ishimishije mu izahuka ry’umubano w’u Rwanda n’u Burundi

radiotv10by radiotv10
08/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Indi ntambwe ishimishije mu izahuka ry’umubano w’u Rwanda n’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo n’uw’iy’Iburasirazuba mu Rwanda, bahuye na mugenzi wabo w’Intara ya Kirundo mu Gihugu cy’u Burundi, kugira ngo baganire ku mubano n’imigenderanire hagati y’ibi Bihugu byigeze kugirana igitotsi mu mubano ariko ukaba ukomeje kujya ku murongo.

Guverineri Alice Kayitesi w’Intara y’Amajyepfo, CG Emmanuel Gasana w’Intara y’Iburasirazuba, bahuye na mugenzi wabo uyobora Intara ya Kirundo kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Ugushyingo 2022.

Aba bayobozi bari kumwe n’abandi bo mu nzego z’ibanze zo muri ibi bice bihana imbibi hagati y’u Rwanda n’u Burundi, bahuriye ku Mupaka wa Nemba uhuza ibi Bihugu.

Baraganira ku gukomeza gutsimbataza umubano wigeze kumara igihe urimo igitotsi cyanatumye abatuye ibi Bihugu batagenderana nkuko byahoze.

Ibi biganiro bibaye nyuma y’umwaka habaye ibindi byabaye tariki 25 Ukwakira 2021 na byo byari bigamije kubura umubano.

Ibibaye kuri iyi nshuro, bisanze umubano w’u Rwanda n’u Burundi wararushijeho kuba neza, kuko u Burundi buherutse gufungura imipaka, ubu abatuye Ibi Bihugu bisanzwe ari ibivandimwe bakaba bagenderana nta nkomyi.

Bibaye kandi nyuma y’amasaha macye Perezida Paul Kagame w’u Rwanda ahuye bwa mbere na mugenzi we w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, babonaniye mu Misiri kuri uyu wa Mbere mu biganiro byigaga ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Abayobozi b’Intara bahuye baraganira

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − six =

Previous Post

Shira amatsiko: Ibirambuye ku ngendo za RwandAir Kigali-London n’ibiciro byazo

Next Post

Uwigishije Perezida Kagame mu mashuri abanza yitabye Imana

Related Posts

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year
IMIBEREHO MYIZA

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwigishije Perezida Kagame mu mashuri abanza yitabye Imana

Uwigishije Perezida Kagame mu mashuri abanza yitabye Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.