Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Indi ntambwe ishimishije mu izahuka ry’umubano w’u Rwanda n’u Burundi

radiotv10by radiotv10
08/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Indi ntambwe ishimishije mu izahuka ry’umubano w’u Rwanda n’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo n’uw’iy’Iburasirazuba mu Rwanda, bahuye na mugenzi wabo w’Intara ya Kirundo mu Gihugu cy’u Burundi, kugira ngo baganire ku mubano n’imigenderanire hagati y’ibi Bihugu byigeze kugirana igitotsi mu mubano ariko ukaba ukomeje kujya ku murongo.

Guverineri Alice Kayitesi w’Intara y’Amajyepfo, CG Emmanuel Gasana w’Intara y’Iburasirazuba, bahuye na mugenzi wabo uyobora Intara ya Kirundo kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Ugushyingo 2022.

Aba bayobozi bari kumwe n’abandi bo mu nzego z’ibanze zo muri ibi bice bihana imbibi hagati y’u Rwanda n’u Burundi, bahuriye ku Mupaka wa Nemba uhuza ibi Bihugu.

Baraganira ku gukomeza gutsimbataza umubano wigeze kumara igihe urimo igitotsi cyanatumye abatuye ibi Bihugu batagenderana nkuko byahoze.

Ibi biganiro bibaye nyuma y’umwaka habaye ibindi byabaye tariki 25 Ukwakira 2021 na byo byari bigamije kubura umubano.

Ibibaye kuri iyi nshuro, bisanze umubano w’u Rwanda n’u Burundi wararushijeho kuba neza, kuko u Burundi buherutse gufungura imipaka, ubu abatuye Ibi Bihugu bisanzwe ari ibivandimwe bakaba bagenderana nta nkomyi.

Bibaye kandi nyuma y’amasaha macye Perezida Paul Kagame w’u Rwanda ahuye bwa mbere na mugenzi we w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, babonaniye mu Misiri kuri uyu wa Mbere mu biganiro byigaga ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Abayobozi b’Intara bahuye baraganira

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =

Previous Post

Shira amatsiko: Ibirambuye ku ngendo za RwandAir Kigali-London n’ibiciro byazo

Next Post

Uwigishije Perezida Kagame mu mashuri abanza yitabye Imana

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano
IMIBEREHO

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwigishije Perezida Kagame mu mashuri abanza yitabye Imana

Uwigishije Perezida Kagame mu mashuri abanza yitabye Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.