Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Indi ntambwe mu kuzahura umubano: Uwo muri Guverinoma y’u Burundi ari mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
25/02/2022
in MU RWANDA
0
Indi ntambwe mu kuzahura umubano: Uwo muri Guverinoma y’u Burundi ari mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubutabera w’u Burundi, ari mu Rwanda akaba yakiriwe na mugenzi we Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Dr Ugirashebuja Emmanuel.

Minisitiri w’Ubutabera w’u Burundi, Banyankimbona Domine, yaje mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Gashyantare 2022.

Uru ruzinduko rw’akazi rw’umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi, rugamije gukomeza kubura umubano w’Igihugu cye n’u Rwanda wari umaze imyaka igera kuri itanu urimo igitotsi ariko ubu ukaba uri kuzahurwa.

Uyu muyobozi wo mu nzego nkuru z’u Burundi, yatangaje ko u Rwanda n’Igihugu cye bisanzwe ari ibivandimwe kandi ko byahoze bibanye neza.

Yatangaje ko Guverinoma y’Igihugu cye yishimira uburyo iy’u Rwanda ikomeje gufasha Abarundi bari bahungiye mu Rwanda, gutahuka.

Mu minsi ishize, hagiye hagaragara abakoze ibyaha birimo guhungabanya umutekano w’u Burundi babaga bari ku butaka bw’u Rwanda boherejwe mu Burundi ndetse n’ababaga bari mu Burundi boherejwe mu Rwanda

Aba bantu bagiye boherezwa hashingiwe ku masezerano y’urwego rw’ubutabera asanzwe ari hagati y’Ibihugu byombi.

Dr Emmanuel Ugirashebuja, Minisitiri w’Ubutabera w’u Rwanda akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, avuga ko u Rwanda rumaze guha u Burundi abantu 19 mu gihe u Burundi bwo bumaze guha u Rwanda abantu 11.

Minisitiri Ugirashebuja, na we yavuze ko Abanyarwanda n’Abarundi ari abavandimwe. Ati “Ibyo dusangiye biruta ibidutanya. Twishimiye kuba umubano wacu uri gufata indi ntambwe nziza tubifashishijwemo n’abakuru b’Ibihugu byacu.”

Yakomeje avuga ko hari bimwe mu bigikenewe kuganirwaho mu rwego rw’ubutabera no kurushaho kongerera ingufu imikoranire muri uru rwego kugira ngo rukomeze kugira ingufu, bityo ko ibi biganiro bibaye byari bikenewe.

Ati “Mfite icyizere ko n’ibindi bizagerwaho mu gihe kizaza, icyo dukeneye mbere na mbere ni ugushyiraho uburyo bw’amategeko mu mikoranire y’Ubutabera.”

Abakuru b’Ibihugu byombi baherutse gutangaza ko umubano w’Ibihugu byombi wenda gusubira mu buryo kuko ibihugu byombi bifite ubushake.

Abaminsitiri bombi baganiriye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 14 =

Previous Post

Rubavu: Gitifu yafashwe yakira ruswa yahabwaga n’umuturage wari watungiye agatoki RIB

Next Post

TdRda2022: Intambara iri iwabo ntiyamuciye intege…Umunya-Ukraine yegukanye Etape 6

Related Posts

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko irimbi rusange bashyinguramo hamwe n’impunzi, ryamaze kuzura,...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi b’abofisiye 177 barimo abo mu Rwanda n’abo muri Liberia bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo...

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

by radiotv10
28/11/2025
0

Rtd Major Rugamba Robert wemera ko yakoze icyaha cyo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu Karere ka Nyanza,...

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y'intangarugero muri buri Ntara n'Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi...

IZIHERUKA

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya
FOOTBALL

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

by radiotv10
28/11/2025
0

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

28/11/2025
Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
TdRda2022: Intambara iri iwabo ntiyamuciye intege…Umunya-Ukraine yegukanye Etape 6

TdRda2022: Intambara iri iwabo ntiyamuciye intege…Umunya-Ukraine yegukanye Etape 6

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.