Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Indi ntambwe mu kuzahura umubano: Uwo muri Guverinoma y’u Burundi ari mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
25/02/2022
in MU RWANDA
0
Indi ntambwe mu kuzahura umubano: Uwo muri Guverinoma y’u Burundi ari mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubutabera w’u Burundi, ari mu Rwanda akaba yakiriwe na mugenzi we Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Dr Ugirashebuja Emmanuel.

Minisitiri w’Ubutabera w’u Burundi, Banyankimbona Domine, yaje mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Gashyantare 2022.

Uru ruzinduko rw’akazi rw’umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi, rugamije gukomeza kubura umubano w’Igihugu cye n’u Rwanda wari umaze imyaka igera kuri itanu urimo igitotsi ariko ubu ukaba uri kuzahurwa.

Uyu muyobozi wo mu nzego nkuru z’u Burundi, yatangaje ko u Rwanda n’Igihugu cye bisanzwe ari ibivandimwe kandi ko byahoze bibanye neza.

Yatangaje ko Guverinoma y’Igihugu cye yishimira uburyo iy’u Rwanda ikomeje gufasha Abarundi bari bahungiye mu Rwanda, gutahuka.

Mu minsi ishize, hagiye hagaragara abakoze ibyaha birimo guhungabanya umutekano w’u Burundi babaga bari ku butaka bw’u Rwanda boherejwe mu Burundi ndetse n’ababaga bari mu Burundi boherejwe mu Rwanda

Aba bantu bagiye boherezwa hashingiwe ku masezerano y’urwego rw’ubutabera asanzwe ari hagati y’Ibihugu byombi.

Dr Emmanuel Ugirashebuja, Minisitiri w’Ubutabera w’u Rwanda akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, avuga ko u Rwanda rumaze guha u Burundi abantu 19 mu gihe u Burundi bwo bumaze guha u Rwanda abantu 11.

Minisitiri Ugirashebuja, na we yavuze ko Abanyarwanda n’Abarundi ari abavandimwe. Ati “Ibyo dusangiye biruta ibidutanya. Twishimiye kuba umubano wacu uri gufata indi ntambwe nziza tubifashishijwemo n’abakuru b’Ibihugu byacu.”

Yakomeje avuga ko hari bimwe mu bigikenewe kuganirwaho mu rwego rw’ubutabera no kurushaho kongerera ingufu imikoranire muri uru rwego kugira ngo rukomeze kugira ingufu, bityo ko ibi biganiro bibaye byari bikenewe.

Ati “Mfite icyizere ko n’ibindi bizagerwaho mu gihe kizaza, icyo dukeneye mbere na mbere ni ugushyiraho uburyo bw’amategeko mu mikoranire y’Ubutabera.”

Abakuru b’Ibihugu byombi baherutse gutangaza ko umubano w’Ibihugu byombi wenda gusubira mu buryo kuko ibihugu byombi bifite ubushake.

Abaminsitiri bombi baganiriye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + five =

Previous Post

Rubavu: Gitifu yafashwe yakira ruswa yahabwaga n’umuturage wari watungiye agatoki RIB

Next Post

TdRda2022: Intambara iri iwabo ntiyamuciye intege…Umunya-Ukraine yegukanye Etape 6

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
TdRda2022: Intambara iri iwabo ntiyamuciye intege…Umunya-Ukraine yegukanye Etape 6

TdRda2022: Intambara iri iwabo ntiyamuciye intege…Umunya-Ukraine yegukanye Etape 6

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.