Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Indi ntambwe mu kuzahura umubano: Uwo muri Guverinoma y’u Burundi ari mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
25/02/2022
in MU RWANDA
0
Indi ntambwe mu kuzahura umubano: Uwo muri Guverinoma y’u Burundi ari mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubutabera w’u Burundi, ari mu Rwanda akaba yakiriwe na mugenzi we Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Dr Ugirashebuja Emmanuel.

Minisitiri w’Ubutabera w’u Burundi, Banyankimbona Domine, yaje mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Gashyantare 2022.

Uru ruzinduko rw’akazi rw’umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi, rugamije gukomeza kubura umubano w’Igihugu cye n’u Rwanda wari umaze imyaka igera kuri itanu urimo igitotsi ariko ubu ukaba uri kuzahurwa.

Uyu muyobozi wo mu nzego nkuru z’u Burundi, yatangaje ko u Rwanda n’Igihugu cye bisanzwe ari ibivandimwe kandi ko byahoze bibanye neza.

Yatangaje ko Guverinoma y’Igihugu cye yishimira uburyo iy’u Rwanda ikomeje gufasha Abarundi bari bahungiye mu Rwanda, gutahuka.

Mu minsi ishize, hagiye hagaragara abakoze ibyaha birimo guhungabanya umutekano w’u Burundi babaga bari ku butaka bw’u Rwanda boherejwe mu Burundi ndetse n’ababaga bari mu Burundi boherejwe mu Rwanda

Aba bantu bagiye boherezwa hashingiwe ku masezerano y’urwego rw’ubutabera asanzwe ari hagati y’Ibihugu byombi.

Dr Emmanuel Ugirashebuja, Minisitiri w’Ubutabera w’u Rwanda akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, avuga ko u Rwanda rumaze guha u Burundi abantu 19 mu gihe u Burundi bwo bumaze guha u Rwanda abantu 11.

Minisitiri Ugirashebuja, na we yavuze ko Abanyarwanda n’Abarundi ari abavandimwe. Ati “Ibyo dusangiye biruta ibidutanya. Twishimiye kuba umubano wacu uri gufata indi ntambwe nziza tubifashishijwemo n’abakuru b’Ibihugu byacu.”

Yakomeje avuga ko hari bimwe mu bigikenewe kuganirwaho mu rwego rw’ubutabera no kurushaho kongerera ingufu imikoranire muri uru rwego kugira ngo rukomeze kugira ingufu, bityo ko ibi biganiro bibaye byari bikenewe.

Ati “Mfite icyizere ko n’ibindi bizagerwaho mu gihe kizaza, icyo dukeneye mbere na mbere ni ugushyiraho uburyo bw’amategeko mu mikoranire y’Ubutabera.”

Abakuru b’Ibihugu byombi baherutse gutangaza ko umubano w’Ibihugu byombi wenda gusubira mu buryo kuko ibihugu byombi bifite ubushake.

Abaminsitiri bombi baganiriye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + two =

Previous Post

Rubavu: Gitifu yafashwe yakira ruswa yahabwaga n’umuturage wari watungiye agatoki RIB

Next Post

TdRda2022: Intambara iri iwabo ntiyamuciye intege…Umunya-Ukraine yegukanye Etape 6

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
TdRda2022: Intambara iri iwabo ntiyamuciye intege…Umunya-Ukraine yegukanye Etape 6

TdRda2022: Intambara iri iwabo ntiyamuciye intege…Umunya-Ukraine yegukanye Etape 6

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.