Ingabo za EAC zatangiye kugera mu kandi gace kagiye kurekurwa na M23

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Ingabo z’akarere ka Afurika y’Iburasirazuba ziri mu butumwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zamaze kugera mu gace ka Rumangabo na ko kagiye kurekurwa na M23, igomba kuvamo mu masaha macye ari imbere.

Byatangajwe n’umutwe wa M23 mu butumwa watanze buherekejwe n’amafoto agaragaza izi ngabo za EACRF zamaze kugera muri Rumangabo.

Izindi Nkuru

Ubutumwa bwa M23 bugira buti “Ingabo z’Akarere za EACRF zamaze kugera muri Rumangabo. M23 izava muri ibi birindiro kuri uyu wa 05 Mutarama 2023.”

Uyu mutwe wa M23 ugiye kurekura aka gace ka Rumangabo nyuma yo kurekura akandi gace ka Kibumba yashyikirije izi ngabo za EACRF tariki 23 Ukuboza 2022.

Ubuyobozi bw’Umutwe wa M23 kandi bwatangaje ko nyuma yo kurekura agace ka Rumangabo, uzakurikizaho n’agace ka Kishishe.

Uyu mutwe urwanira uburenganzi bw’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi bakomeje gutotezwa, kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Mutarama 2023, washyize hanze itangazo wemeza ko wamaze kuva mu gace ka Kibumba tariki 23 Ukuboza 2022.

M23 kandi yatangaje ko ikomeje guhagarara ku cyemezo cyo gukomeza kubahiriza ibyemezo byafatiwe mu nama y’i Luanda ndetse ushimira ingabo za EACRF ku bw’imbaraga zikomeje kugaragaza mu gushaka amahoro.

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru