Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ingabo z’u Burundi zamaze kwinjira muri DRCongo mu butumwa bwaheejwemo RDF

radiotv10by radiotv10
16/08/2022
in MU RWANDA
0
Ingabo z’u Burundi zamaze kwinjira muri DRCongo mu butumwa bwaheejwemo RDF
Share on FacebookShare on Twitter

Ingabo z’u Burundi zamaze kwinjira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bwo kurandura imitwe yitwaje intwaro irimo M23 imaze iminsi ihanganye na FARDC.

Aya makuru yemejwe n’Umuvugizi w’Ingabo za DRC muri Kivu y’Epfo, Lieutenant Marc Elongo mu kiganiro yagiranye n’Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP.

Yagize ati “Kuva kuri uyu wa Mbere tariki 15 Kanama 2022, itsinda ry’ingabo z’u Burundi binjiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu rwego rw’Ingabo zashyizweho n’Abakuru b’Ibihugu bya EAC.”

Yakomeje avuga ko izi ngabo z’u Burundi “zigizwe n’umubare w’ingenzi” kandi ko zizakora zihabwa amabwiriza n’Igisirikare cya DRC (FARDC), aho zizaba zifite ibirindiro muri Uvira, agace gahana imbibi n’u Burundi.

Izi ngabo z’u Burundi, zifatanyije n’iza DRC, zigiye mu butumwa bwo kurandura imitwe yitwaje intwaro yose yaba ikomoka hanze ndetse n’iy’imbere muri DRC mu rwego rwo kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Congo.

Umuyobozi uyoboye ibikorwa bya gisirikare byo guhashya iyi mitwe muri Kivu y’Epfo, General Ramazani Fundi yasabye Abanye-Congo kudakuka umutima ndetse no gukorana n’izi ngabo z’amahanga zaje kubafasha kubona amahoro.

Izi ngabo z’u Burundi zigiyeyo nyuma yuko muri Kamena 2022, Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bemeje iyoherezwa ry’itsinda ry’ingabo rihuriweho rikajya mu butumwa bwo gutsinsura iriya mitwe yitwaje intwaro iri mu Burasiraziba bwa Congo.

Gusa Perezida Felix Tshisekedi na Guverinoma ye bahise bagaragaza ko muri izo ngabo batifuzamo iz’u Rwanda ngo kuko ari zo zifasha umutwe wa M23 ubu ari na wo kibazo gikomeye muri kiriya Gihugu.

Perezida Kagame Paul w’u Rwanda wahakanye kenshi ko u Rwanda rudafasha M23 ahubwo ko kuba Tshisekedi akomeje gushinja u Rwanda, ari ukwihunza inshingano nk’umukuru w’Igihugu wananiwe gukemura ikibazo kireba Igihugu cye.

Perezida Kagame kandi yavuze ko ntacyo bimutwaye kuba izi ngabo za EAC zajya muri Congo hatarimo iz’u Rwanda, kuko nubundi byagombaga kuzasaba u Rwanda ubushobozi bw’amikoro, gusa akavuga ko izizajyayo zose mu gihe zazakemura ibibazo biriyo birimo n’ibyo M23 irwanira, byazaba ari byiza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 12 =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: William Ruto atsinze amatora yo gusimbura Kenyatta yari abereye V/Perezida

Next Post

Umushinjacyaha waburanye na Bagosora muri TPIR yavuze kuri Blinken utarakoresheje inyito ‘Jenoside Yakorewe Abatutsi’

Related Posts

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

by radiotv10
30/06/2025
0

The Government of Rwanda says it is optimistic about the new peace agreement recently signed with the Democratic Republic of...

IZIHERUKA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda
AMAHANGA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umushinjacyaha waburanye na Bagosora muri TPIR yavuze kuri Blinken utarakoresheje inyito ‘Jenoside Yakorewe Abatutsi’

Umushinjacyaha waburanye na Bagosora muri TPIR yavuze kuri Blinken utarakoresheje inyito ‘Jenoside Yakorewe Abatutsi’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.