Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ingabo z’u Burundi zamaze kwinjira muri DRCongo mu butumwa bwaheejwemo RDF

radiotv10by radiotv10
16/08/2022
in MU RWANDA
0
Ingabo z’u Burundi zamaze kwinjira muri DRCongo mu butumwa bwaheejwemo RDF
Share on FacebookShare on Twitter

Ingabo z’u Burundi zamaze kwinjira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bwo kurandura imitwe yitwaje intwaro irimo M23 imaze iminsi ihanganye na FARDC.

Aya makuru yemejwe n’Umuvugizi w’Ingabo za DRC muri Kivu y’Epfo, Lieutenant Marc Elongo mu kiganiro yagiranye n’Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP.

Yagize ati “Kuva kuri uyu wa Mbere tariki 15 Kanama 2022, itsinda ry’ingabo z’u Burundi binjiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu rwego rw’Ingabo zashyizweho n’Abakuru b’Ibihugu bya EAC.”

Yakomeje avuga ko izi ngabo z’u Burundi “zigizwe n’umubare w’ingenzi” kandi ko zizakora zihabwa amabwiriza n’Igisirikare cya DRC (FARDC), aho zizaba zifite ibirindiro muri Uvira, agace gahana imbibi n’u Burundi.

Izi ngabo z’u Burundi, zifatanyije n’iza DRC, zigiye mu butumwa bwo kurandura imitwe yitwaje intwaro yose yaba ikomoka hanze ndetse n’iy’imbere muri DRC mu rwego rwo kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Congo.

Umuyobozi uyoboye ibikorwa bya gisirikare byo guhashya iyi mitwe muri Kivu y’Epfo, General Ramazani Fundi yasabye Abanye-Congo kudakuka umutima ndetse no gukorana n’izi ngabo z’amahanga zaje kubafasha kubona amahoro.

Izi ngabo z’u Burundi zigiyeyo nyuma yuko muri Kamena 2022, Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bemeje iyoherezwa ry’itsinda ry’ingabo rihuriweho rikajya mu butumwa bwo gutsinsura iriya mitwe yitwaje intwaro iri mu Burasiraziba bwa Congo.

Gusa Perezida Felix Tshisekedi na Guverinoma ye bahise bagaragaza ko muri izo ngabo batifuzamo iz’u Rwanda ngo kuko ari zo zifasha umutwe wa M23 ubu ari na wo kibazo gikomeye muri kiriya Gihugu.

Perezida Kagame Paul w’u Rwanda wahakanye kenshi ko u Rwanda rudafasha M23 ahubwo ko kuba Tshisekedi akomeje gushinja u Rwanda, ari ukwihunza inshingano nk’umukuru w’Igihugu wananiwe gukemura ikibazo kireba Igihugu cye.

Perezida Kagame kandi yavuze ko ntacyo bimutwaye kuba izi ngabo za EAC zajya muri Congo hatarimo iz’u Rwanda, kuko nubundi byagombaga kuzasaba u Rwanda ubushobozi bw’amikoro, gusa akavuga ko izizajyayo zose mu gihe zazakemura ibibazo biriyo birimo n’ibyo M23 irwanira, byazaba ari byiza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: William Ruto atsinze amatora yo gusimbura Kenyatta yari abereye V/Perezida

Next Post

Umushinjacyaha waburanye na Bagosora muri TPIR yavuze kuri Blinken utarakoresheje inyito ‘Jenoside Yakorewe Abatutsi’

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umushinjacyaha waburanye na Bagosora muri TPIR yavuze kuri Blinken utarakoresheje inyito ‘Jenoside Yakorewe Abatutsi’

Umushinjacyaha waburanye na Bagosora muri TPIR yavuze kuri Blinken utarakoresheje inyito ‘Jenoside Yakorewe Abatutsi’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.