Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ingabo z’u Burundi zamaze kwinjira muri DRCongo mu butumwa bwaheejwemo RDF

radiotv10by radiotv10
16/08/2022
in MU RWANDA
0
Ingabo z’u Burundi zamaze kwinjira muri DRCongo mu butumwa bwaheejwemo RDF
Share on FacebookShare on Twitter

Ingabo z’u Burundi zamaze kwinjira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bwo kurandura imitwe yitwaje intwaro irimo M23 imaze iminsi ihanganye na FARDC.

Aya makuru yemejwe n’Umuvugizi w’Ingabo za DRC muri Kivu y’Epfo, Lieutenant Marc Elongo mu kiganiro yagiranye n’Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP.

Yagize ati “Kuva kuri uyu wa Mbere tariki 15 Kanama 2022, itsinda ry’ingabo z’u Burundi binjiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu rwego rw’Ingabo zashyizweho n’Abakuru b’Ibihugu bya EAC.”

Yakomeje avuga ko izi ngabo z’u Burundi “zigizwe n’umubare w’ingenzi” kandi ko zizakora zihabwa amabwiriza n’Igisirikare cya DRC (FARDC), aho zizaba zifite ibirindiro muri Uvira, agace gahana imbibi n’u Burundi.

Izi ngabo z’u Burundi, zifatanyije n’iza DRC, zigiye mu butumwa bwo kurandura imitwe yitwaje intwaro yose yaba ikomoka hanze ndetse n’iy’imbere muri DRC mu rwego rwo kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Congo.

Umuyobozi uyoboye ibikorwa bya gisirikare byo guhashya iyi mitwe muri Kivu y’Epfo, General Ramazani Fundi yasabye Abanye-Congo kudakuka umutima ndetse no gukorana n’izi ngabo z’amahanga zaje kubafasha kubona amahoro.

Izi ngabo z’u Burundi zigiyeyo nyuma yuko muri Kamena 2022, Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bemeje iyoherezwa ry’itsinda ry’ingabo rihuriweho rikajya mu butumwa bwo gutsinsura iriya mitwe yitwaje intwaro iri mu Burasiraziba bwa Congo.

Gusa Perezida Felix Tshisekedi na Guverinoma ye bahise bagaragaza ko muri izo ngabo batifuzamo iz’u Rwanda ngo kuko ari zo zifasha umutwe wa M23 ubu ari na wo kibazo gikomeye muri kiriya Gihugu.

Perezida Kagame Paul w’u Rwanda wahakanye kenshi ko u Rwanda rudafasha M23 ahubwo ko kuba Tshisekedi akomeje gushinja u Rwanda, ari ukwihunza inshingano nk’umukuru w’Igihugu wananiwe gukemura ikibazo kireba Igihugu cye.

Perezida Kagame kandi yavuze ko ntacyo bimutwaye kuba izi ngabo za EAC zajya muri Congo hatarimo iz’u Rwanda, kuko nubundi byagombaga kuzasaba u Rwanda ubushobozi bw’amikoro, gusa akavuga ko izizajyayo zose mu gihe zazakemura ibibazo biriyo birimo n’ibyo M23 irwanira, byazaba ari byiza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: William Ruto atsinze amatora yo gusimbura Kenyatta yari abereye V/Perezida

Next Post

Umushinjacyaha waburanye na Bagosora muri TPIR yavuze kuri Blinken utarakoresheje inyito ‘Jenoside Yakorewe Abatutsi’

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

IZIHERUKA

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video
IBYAMAMARE

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

by radiotv10
05/01/2026
0

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

05/01/2026
How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umushinjacyaha waburanye na Bagosora muri TPIR yavuze kuri Blinken utarakoresheje inyito ‘Jenoside Yakorewe Abatutsi’

Umushinjacyaha waburanye na Bagosora muri TPIR yavuze kuri Blinken utarakoresheje inyito ‘Jenoside Yakorewe Abatutsi’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.