Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ingabo z’u Rwanda zungutse abasirikare bafite imyitozo yihariye y’urugamba

radiotv10by radiotv10
31/01/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Ingabo z’u Rwanda zungutse abasirikare bafite imyitozo yihariye y’urugamba
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare 531 mu Ngabo z’u Rwanda, barangije imyitozo bamazemo hafi umwaka ibinjiza mu itsinda ry’ingabo zihariye (Special Operations Force) aho bahuguwe byihariye ku myitozo y’urugamba, ndetse Umugaba Mukuru wa RDF akaba yabasabye guhora biteguye gukoresha ubu bumenyi igihe bahamagariwe kurinda ubusigire bw’Igihugu.

Iyi myitozo bari bamazemo amezi 11 yaberaga mu Kigo cy’Imyitozo ya Gisirikare ya Gisirikare cya Nasho mu Karere ka Kirehe, aho abarangije iyi myitozo barimo Abofisiye 46 ndetse n’abandi 485 bafite andi mapeti.

Umuhango wo gusoza iyi myitozo, wayobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganda, washimiye aba basirikare kuba barangije iyi myitozo bamazemo hafi umwaka.

Yabibukije ko ubumenyi n’imyitozo bahawe, bije gukomeza gufasha Ingabo z’u Rwanda kuzuza inshingabo zazo ndetse ko na bo ubwabo bizabafasha kuzishyira mu bikorwa.

Yagize ati “Mugomba kuzakoresha imbaraga n’ubumenyi mwagaragaje mu gihe cyose muzaba muhamagariwe kurinda ubusugire bw’Igihugu cyacu. Mwitegure kuzuzuza ubutumwa nk’abari mu itsinda ry’ingabo zihariye.”

Muri uyu muhango kandi, abasirikare batatu bahize abandi, bahawe ibihembo, aho Captain Sam Muzayirwa ari we waje ku mwanya wa mbere, agakurikirwa na Lieutenant Moise Butati Gakwandi, mu gihe Nahemia Gakunde Kwibuka yaje ku mwanya wa gatatu.

Muri iyi myitozo y’amezi 11, aba basirikare bahawe ubuemyi mu macenga n’amayeri y’urugamba, arimo kurashisha imbunda za rutura n’intoya, ayo kurwanisha imbaraga z’umubiri, urugamba rwo mu mazi no mu kirere, ndetse no gukoresha ikarita y’inzira mu bikorwa bya gisirikare.

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, buvuga ko ubu bumenyi bugamije gukomeza gufasha no gutegura abasirikare ba RDF kurinda ubusugire bw’Igihugu ndetse no gukomeza gutuma abagituye babaho batekanye ntacyo bikanga.

Banahawe ubumenyi bwo gukoresha ikarita mu bikorwa bya gisirikare
Ni abasirikare bagize itsinda ryihariye
Banatojwe kwambuka mu mazi
General Muganga yabasabye kwitegura kuzuza ubutumwa bahabwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 2 =

Previous Post

Perezida Kagame yatangaje icyavuye mu kiganiro yagiranye n’umuhuza mu by’u Rwanda na Congo

Next Post

Kuki ibitangazamakuru by’i Burayi byaruciye bikarumira ku kumanika amaboko kw’abacancuro imbere ya M23?

Related Posts

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Tariki 12 Mata 1994, yakomeje kuba umunsi mubi ku Batutsi bariho bakorerwa Jenoside yari igeze ku munsi wa gatandatu, aho...

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

IZIHERUKA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi
MU RWANDA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

11/04/2026
Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kuki ibitangazamakuru by’i Burayi byaruciye bikarumira ku kumanika amaboko kw’abacancuro imbere ya M23?

Kuki ibitangazamakuru by’i Burayi byaruciye bikarumira ku kumanika amaboko kw’abacancuro imbere ya M23?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.