Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ingingo Perezida Kagame yaganiriyeho n’abakomeye mu nzego z’umutekano zirimo RDF n’urwego rw’Iperereza

radiotv10by radiotv10
19/05/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
3
Ingingo Perezida Kagame yaganiriyeho n’abakomeye mu nzego z’umutekano zirimo RDF n’urwego rw’Iperereza
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yagiranye ibiganiro n’abayobozi bakuru mu nzego z’umutekano, byagarutse ku ruhare rwazo mu bikorwa bifitiye Igihugu akamaro kandi byihutirwa.

Ni ibiganiro byabaye kuri uyu wa Kane tariki 18 Gicurasi 2023, nkuko tubikesha ibiro by’Umukuru w’Igihugu, mu butumwa bwatambutse kuri Twitter.

Ubu butumwa bwa Perezidansi y’u Rwanda, buvuga ko kuri uyu wa Kane “Perezida Kahame yagiranye inama n’abayobozi bakuru muri RDF (Ingabo z’u Rwanda), RNP (Polisi y’u Rwanda) na NISS (Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza), baganira ku ruhare rw’inzego z’umutekano mu bikorwa byihutirwa mu Gihugu.”

Inzego z’umutekano z’u Rwanda uretse kuba zicungira umutekano Abaturarwanda n’ibyabo, zikunze no kugaragara mu bikorwa bifitiye abaturage akamaro, by’iterambere ryabo.

Nk’Ingabo z’u Rwanda zisanzwe zigira ibikorwa ngarukagihe zikorana n’abaturage mu rwego rwo kubegera, zigatanga umusanzu mu bibazo biba bibugarije, yaba mu buzima, mu mibereho myiza ndetse no mu bikorwa remezo biba bikenewe.

Iyi nama ibaye mu gihe u Rwanda rumaze iminsi micye runyuze mu bibazo by’ibiza byashegeshe Intara y’Iburengerazuba, bigahitana abaturare 131 biganjemo abo muri iyi Ntara, ndetse bigasiga ibikorwa byinshi byangiritse ku buryo hakenewe ingengo y’imari iremereye yo kubisana, no kongera gusubiza mu buzima busanzwe imiryango myinshi yagizweho ingaruka n’ibi biza.

Perezida Paul Kagame wayoboye iyi nama yamuhuje n’abayobozi bakuru mu nzego z’umutekano z’u Rwanda, mu cyumweru gishize yasuye ibikorwa byangiritse anaganira n’abaturage bagizweho ingaruka n’ibi biza, abizeza ko Leta y’u Rwanda yifatanyije na bo, kandi ko izakora ibishoboka byose kugira ngo bamwe basubire mu buzima bari basanzwe babayemo mu gihe cya vuba gishoboka.

Ubwo ibi biza byanabaga, Perezida Kagame yari yashimiye abarimo inzego z’umutekano z’u Rwanda, byumwihariko Ingabo, ku ruhare zagize mu butabazi no kurokora abari mu kaga ubwo ibi biza byabaga mu ntangiro z’uku kwezi.

Iyi nama yahuje Umukuru w’u Rwanda n’abayobozi bakuru mu nzego z’umutekano, inabaye mu gihe iki Gihugu kinamaze iminsi kiri mu bibazo n’Igihugu cy’igituranyi cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyakunze kuvuga ko cyifuza gushoza intambara ku Rwanda.

Perezida Kagame yayoboye ibi biganiro
Abayobozi bakuru mu nzego z’umutekano baganiriye n’Umukuru w’u Rwanda

RADIOTV10

Comments 3

  1. Rukundo Gaston says:
    2 years ago

    Murakoze kutugezaho amakru meza

    Reply
    • Sibomana Jean Bosco says:
      2 years ago

      Byiza Cyn

      Reply
  2. Sibomana Jean Bosco says:
    2 years ago

    Byiza Cyn.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + nine =

Previous Post

Hagaragajwe undi muvuno nyamwamba wo guhangana n’itumbagira ry’ibiciro by’ibiribwa

Next Post

IFOTO: Rusesabagina nyuma y’amezi abiri arekuwe n’ubu ibyishimo biracyasendereye mu muryango

Related Posts

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburengenazira bwa Muntu; yateranye mu buryo bw’igitaraganya, uhagarariye u Rwanda yavuze ko iki Gihugu...

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

by radiotv10
16/09/2025
0

Amashuri yose yo mu Mujyi wa Kigali; guhera ku y’incuke kugeza ku makuru na za kaminuza, yibukijwe ko mu cyumweru...

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/09/2025
0

Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35, wasanzwe muri ruhurura iri mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarungege mu...

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

by radiotv10
16/09/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero barasaba gusanirwa ikiraro cyangiritse ku muhamda werecyeza ku ruganda...

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

by radiotv10
16/09/2025
0

The Government of Rwanda has announced that by 2025, households with access to electricity have reached 85%, up from less...

IZIHERUKA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar
MU RWANDA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

16/09/2025
Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Rusesabagina nyuma y’amezi abiri arekuwe n’ubu ibyishimo biracyasendereye mu muryango

IFOTO: Rusesabagina nyuma y’amezi abiri arekuwe n'ubu ibyishimo biracyasendereye mu muryango

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.