Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ingingo Perezida Kagame yaganiriyeho n’abakomeye mu nzego z’umutekano zirimo RDF n’urwego rw’Iperereza

radiotv10by radiotv10
19/05/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
3
Ingingo Perezida Kagame yaganiriyeho n’abakomeye mu nzego z’umutekano zirimo RDF n’urwego rw’Iperereza
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yagiranye ibiganiro n’abayobozi bakuru mu nzego z’umutekano, byagarutse ku ruhare rwazo mu bikorwa bifitiye Igihugu akamaro kandi byihutirwa.

Ni ibiganiro byabaye kuri uyu wa Kane tariki 18 Gicurasi 2023, nkuko tubikesha ibiro by’Umukuru w’Igihugu, mu butumwa bwatambutse kuri Twitter.

Ubu butumwa bwa Perezidansi y’u Rwanda, buvuga ko kuri uyu wa Kane “Perezida Kahame yagiranye inama n’abayobozi bakuru muri RDF (Ingabo z’u Rwanda), RNP (Polisi y’u Rwanda) na NISS (Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza), baganira ku ruhare rw’inzego z’umutekano mu bikorwa byihutirwa mu Gihugu.”

Inzego z’umutekano z’u Rwanda uretse kuba zicungira umutekano Abaturarwanda n’ibyabo, zikunze no kugaragara mu bikorwa bifitiye abaturage akamaro, by’iterambere ryabo.

Nk’Ingabo z’u Rwanda zisanzwe zigira ibikorwa ngarukagihe zikorana n’abaturage mu rwego rwo kubegera, zigatanga umusanzu mu bibazo biba bibugarije, yaba mu buzima, mu mibereho myiza ndetse no mu bikorwa remezo biba bikenewe.

Iyi nama ibaye mu gihe u Rwanda rumaze iminsi micye runyuze mu bibazo by’ibiza byashegeshe Intara y’Iburengerazuba, bigahitana abaturare 131 biganjemo abo muri iyi Ntara, ndetse bigasiga ibikorwa byinshi byangiritse ku buryo hakenewe ingengo y’imari iremereye yo kubisana, no kongera gusubiza mu buzima busanzwe imiryango myinshi yagizweho ingaruka n’ibi biza.

Perezida Paul Kagame wayoboye iyi nama yamuhuje n’abayobozi bakuru mu nzego z’umutekano z’u Rwanda, mu cyumweru gishize yasuye ibikorwa byangiritse anaganira n’abaturage bagizweho ingaruka n’ibi biza, abizeza ko Leta y’u Rwanda yifatanyije na bo, kandi ko izakora ibishoboka byose kugira ngo bamwe basubire mu buzima bari basanzwe babayemo mu gihe cya vuba gishoboka.

Ubwo ibi biza byanabaga, Perezida Kagame yari yashimiye abarimo inzego z’umutekano z’u Rwanda, byumwihariko Ingabo, ku ruhare zagize mu butabazi no kurokora abari mu kaga ubwo ibi biza byabaga mu ntangiro z’uku kwezi.

Iyi nama yahuje Umukuru w’u Rwanda n’abayobozi bakuru mu nzego z’umutekano, inabaye mu gihe iki Gihugu kinamaze iminsi kiri mu bibazo n’Igihugu cy’igituranyi cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyakunze kuvuga ko cyifuza gushoza intambara ku Rwanda.

Perezida Kagame yayoboye ibi biganiro
Abayobozi bakuru mu nzego z’umutekano baganiriye n’Umukuru w’u Rwanda

RADIOTV10

Comments 3

  1. Rukundo Gaston says:
    3 years ago

    Murakoze kutugezaho amakru meza

    Reply
    • Sibomana Jean Bosco says:
      3 years ago

      Byiza Cyn

      Reply
  2. Sibomana Jean Bosco says:
    3 years ago

    Byiza Cyn.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Hagaragajwe undi muvuno nyamwamba wo guhangana n’itumbagira ry’ibiciro by’ibiribwa

Next Post

IFOTO: Rusesabagina nyuma y’amezi abiri arekuwe n’ubu ibyishimo biracyasendereye mu muryango

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye
IBYAMAMARE

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Rusesabagina nyuma y’amezi abiri arekuwe n’ubu ibyishimo biracyasendereye mu muryango

IFOTO: Rusesabagina nyuma y’amezi abiri arekuwe n'ubu ibyishimo biracyasendereye mu muryango

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.