Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ingoma y’u Bubiligi yakolinije u Rwanda, DRC n’u Burundi yasabiwe gufatirwa ibihano

radiotv10by radiotv10
25/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ingoma y’u Bubiligi yakolinije u Rwanda, DRC n’u Burundi yasabiwe gufatirwa ibihano
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo yo mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bubilirigi yahawe gucukumbura amateka y’ubutegetsi bwakoze ubukoloni, yasabye Inteko gufatira ibihano ingoma y’iki Gihugu yakolonije u Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Burundi, kandi bagasaba imbabazi.

Ni umwe mu myanzuro ya komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko imaze imyaka ibiri n’igice icukumbura ku mateka yo ku gihe cy’ubukolini.

Iyi komisiyo ivuga ko yagerageje kwishyira mu mwanya w’ubuzima bw’Abirabura igendeye ku bikorwa by’ivanguraruhu byabaye mu mpeshyi ya 2020.

Iyi komisiyo kandi yakoze inama zikabakaba 300 mu Bubiligi, mu Rwanda, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse no mu Burundi, zari zigamije kumva ingaruka z’ubukoloni muri ibi Bihugu bitatu byakolonijwe n’u Bubiligi.

Perezida w’iyi Komisiyo wagejeje ibyifuzo byayo ku Nteko Ishinga Amategeko ku wa Kabiri w’iki Cyumweru aho hakozwe raporo yagizwemo uruhare n’impuguke eshatu, abahagarariye amatsinda ya politiki ndetse n’abandi.

Imwe mu ngingo nkuru muri ibi byifuzo, ni uko habaho gusaba imbabazi, aho muri iyi raporo bagize bati “Inteko Ishinga Amategeko igomba gufatira ibihano ingoma yakoze ubukoloni ku ngoma yo gukoresha uburetwa n’igitugu.”

Bakomeza bavuga ko ibyo bikorwa byari byuzuye ivanguraruhu ndetse no gutesha agaciro ikiremwamuntu kubera ibyakorerwa abirabura icyo gihe.

Bagasaba ko “Inteko Ishinga Amategeko isaba imbazi ku Banyekongo, Abanyarwanda n’Abarundi kubera kubyaza umusaruro ubukungu bwabo, ibikorwa by’ihohoterwa, yaba iryakorewe abantu ku giti cyabo n’iryakorewe amatsinda ryahonyoye uburenganzira bwa muntu ku bw’iyi ngoma.”

Gusa muri iyi myanzuro y’ibyifuzo, ntihagaragaramo ko hari inkurikizi igomba kubaho mu buryo bw’amategeko cyangwa gutanga impozamarira n’indishyi mu buryo bw’amafaranga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 12 =

Previous Post

Perezida Kagame yageze muri Niger yakiranwa urugwiro mu muco gakondo (AMAFOTO)

Next Post

Haravugwa imitwe y’inyeshyamba yerecyeje muri Kenya mu mishyikirano na Leta ya Congo

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
18/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa imitwe y’inyeshyamba yerecyeje muri Kenya mu mishyikirano na Leta ya Congo

Haravugwa imitwe y’inyeshyamba yerecyeje muri Kenya mu mishyikirano na Leta ya Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.