• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Inkuru ibabaje kuri Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’

radiotv10by radiotv10
04/09/2025
in IMYIDAGADURO
0
Inkuru ibabaje kuri Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzikazi Musabyimana Gloriose wamenyekanye nka Gogo mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, yitabiye Imana muri Uganda, aho yari yagiye gukorera umurimo w’ivugabutumwa.

Amakuru y’urupfu rwa Gogo, yatangajwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 04 Nzeri 2025, nk’uko tubikesha Bikem wa Yesu usanzwe ari umwe mu bakurikiraniraga hafi ibikorwa bya Gogo.

Uyu Bikem wa Yesu, mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, yanditse ubutumwa bugaragaza agahinda k’iyi nkuru y’incamugongo, aho yagize ati “R.I.P (Ruhukira mu Mahoro) Gogo. Mbega inkuru [mbi], Mana nkomereza umutima.”

Uyu muhanzikazi wari uherutse kugaragara yakoresheje igitaramo muri Uganda, aho yari yagiye gutaramira ab’i Kampala, yaguye muri iki Gihugu.

Gogo yamenyekanye cyane mu ndirimbo ye izwi nka ‘Blood of Jesus’ yagiye icicikana ku mbuga nkoranyambaga, z’abarimo n’abafite amazina akomeye mu myidagaduro, kubera uburyo uyu muhanzikazi yakoreshaga aririmba iyi ndirimbo.

Azwi kandi mu biganiro byo kuri YouTube, byabaga byuzuye urwenya, kubera uburyo yari azi kuganira no gukoresha imvugo zisekeje.

Gogo, mu kiganiro yari yagiranye n’Ikinyamakuru Imvaho Nshya muri Gashyantare uyu mwaka, yari yavuze ko yishimiye uburyo abantu bari bakomeje kumugaragariza urukundo, aho yavuze ko mu buzima bwe ari bwo yari abonye abantu bamwitayeho.

Icyo gihe yari yagize ati “Mu mibereho yanjye yose ubu ni bwo ngiye kugera ahantu mbona hakomeye, ngahura n’abantu ntari nzi kandi nkunda na bo bakankunda.”

Gogo ubwo yari yageze muri Uganda, yari yakiriwe n’abarimo abasanzwe bafite amazina azwi, nk’umuhanzi akaba n’umunyamakuru Nyarwaya Innocent wamamaye nka Yago Pon Dat usigaye aba muri kiriya Gihugu, ndetse n’abahanzi bakomeye muri Uganda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 12 =

Previous Post

Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

Next Post

Ibikubiye mu itangazo ryasohowe na AFC/M23 ku biri kubera muri Uvira na Ituri

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Ibikubiye mu itangazo ryasohowe na AFC/M23 ku biri kubera muri Uvira na Ituri

Ibikubiye mu itangazo ryasohowe na AFC/M23 ku biri kubera muri Uvira na Ituri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.