Tuesday, July 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru y’agahinda kadasanzwe y’impanuka y’ubwato bwarimo batanu barimo uruhinja rwavutse

radiotv10by radiotv10
14/09/2023
in MU RWANDA
1
Inkuru y’agahinda kadasanzwe y’impanuka y’ubwato bwarimo batanu barimo uruhinja rwavutse

Photo/Igihe

Share on FacebookShare on Twitter

Abantu babiri baburiye ubuzima mu mpanuka y’ubwato bwarohamye mu Kiyaga cya Kivu mu gace ko mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi, bari kumwe n’umubyeyi wari uvuye kubyara, mu gihe uruhinja yari avuye kubyara rwaburiwe irengero.

Ubu bwato bwarohamye bwari butwaye abantu batanu, barimo umugore n’umugabo we, babukoresheje ubwo bari bavuye ku Bitaro kubyara, abana babiri barimo n’uruhinja rw’iminsi irindwi (7) ndetse n’umubyeyi w’uyu mugabo.

Aba bantu babiri bahise bamenyekana ko bitabye Imana, ni umugore w’imyaka 51 usanzwe ari umubyeyi w’umugabo, n’umwuzukuru we wari ufite imyaka ibiri n’igice, mu gihe umugore wari uvuye kubyara, yarokokanye n’umugabo we, babashije koga mu mazi, bakavamo.

Muri iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Nzeri, uruhinja rw’iminsi irindwi rwari ruvanywe kwa muganga, rwo rwaburiwe irengero.

Amakuru ava muri aka gace, avuga ko uyu muryango w’abantu batanu, bari bavuye ku Bitaro bya Kibuye, bagahitamo kunyura inzira y’amazi, ari bwo bakoreshaga ubwato bw’ibiti, bujaza guhura n’umuyaga mwinshi ubwo bwendaga kugera ku nkombe.

Amakuru y’iyi mpanuka kandi yemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Mataba, Ngendo Fabien, wavuze ko nubwo ubu bwato bwarimo abantu batanu, hamaze kuboneka imibiri ibiri, mu gihe uruhinja rw’iminsi irindwi rwaburiye irengero.

Yagize ati “Ntabwo turarubona, turi kumwe n’inzego z’umutekano ishami rishinzwe umutekano wo mu mazi bari kudufasha gushakisha.”

Abatuye muri aka gace bari mu gahinda gakomeye (Photo/Igihe)

RADIOTV10

Comments 1

  1. Kwizera fidele says:
    2 years ago

    Uwo mubyeyi turamwihanganishije gusa urwo ruhinja rushakwe

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Urukundo rw’abahanzi b’ibirangirire ruri kuvugisha benshi kubera ibyo bakoreye mu ruhame

Next Post

Igisubizo kitavugwaho rumwe cy’inzego ku giteye impungenge cyagaragaye mu bizamini bya Leta

Related Posts

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

by radiotv10
15/07/2025
0

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo kwangisha Leta y’u Rwanda amahanga no kugambirira kugirira nabi ubutegetsi, yahakanye ibyaha byose...

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

by radiotv10
15/07/2025
0

Inzego z’uburezi mu Rwanda zitangaza ko umwaka w’amashuri utaha, uzatangirana n’impinduka zirimo kuba abiga mu cyiro cya mbere cy’amashuri abanza,...

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

by radiotv10
15/07/2025
0

Crystal Ventures Ltd (CVL), one of Rwanda’s most prominent investment holding companies, has announced the appointment of Nick Barigye as...

Eng.-Additional new changes to be implemented in Rwanda’s education system

Eng.-Additional new changes to be implemented in Rwanda’s education system

by radiotv10
15/07/2025
0

Education authorities in Rwanda have announced that the upcoming academic year will bring several changes, including students in the lower...

Rwanda and Turkmenistan establish diplomatic relations for the first time

Rwanda and Turkmenistan establish diplomatic relations for the first time

by radiotv10
15/07/2025
0

In a landmark move aimed at strengthening international cooperation, Rwanda and Turkmenistan have officially established diplomatic relations. The signing ceremony...

IZIHERUKA

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye
AMAHANGA

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

by radiotv10
15/07/2025
0

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

15/07/2025
Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

15/07/2025
Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

15/07/2025
Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

15/07/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso byerekana ko ubutegetsi bwa Congo bugishyize imbere imirwano

15/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo kitavugwaho rumwe cy’inzego ku giteye impungenge cyagaragaye mu bizamini bya Leta

Igisubizo kitavugwaho rumwe cy’inzego ku giteye impungenge cyagaragaye mu bizamini bya Leta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.