Wednesday, February 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru y’agahinda kadasanzwe y’impanuka y’ubwato bwarimo batanu barimo uruhinja rwavutse

radiotv10by radiotv10
14/09/2023
in MU RWANDA
1
Inkuru y’agahinda kadasanzwe y’impanuka y’ubwato bwarimo batanu barimo uruhinja rwavutse

Photo/Igihe

Share on FacebookShare on Twitter

Abantu babiri baburiye ubuzima mu mpanuka y’ubwato bwarohamye mu Kiyaga cya Kivu mu gace ko mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi, bari kumwe n’umubyeyi wari uvuye kubyara, mu gihe uruhinja yari avuye kubyara rwaburiwe irengero.

Ubu bwato bwarohamye bwari butwaye abantu batanu, barimo umugore n’umugabo we, babukoresheje ubwo bari bavuye ku Bitaro kubyara, abana babiri barimo n’uruhinja rw’iminsi irindwi (7) ndetse n’umubyeyi w’uyu mugabo.

Aba bantu babiri bahise bamenyekana ko bitabye Imana, ni umugore w’imyaka 51 usanzwe ari umubyeyi w’umugabo, n’umwuzukuru we wari ufite imyaka ibiri n’igice, mu gihe umugore wari uvuye kubyara, yarokokanye n’umugabo we, babashije koga mu mazi, bakavamo.

Muri iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Nzeri, uruhinja rw’iminsi irindwi rwari ruvanywe kwa muganga, rwo rwaburiwe irengero.

Amakuru ava muri aka gace, avuga ko uyu muryango w’abantu batanu, bari bavuye ku Bitaro bya Kibuye, bagahitamo kunyura inzira y’amazi, ari bwo bakoreshaga ubwato bw’ibiti, bujaza guhura n’umuyaga mwinshi ubwo bwendaga kugera ku nkombe.

Amakuru y’iyi mpanuka kandi yemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Mataba, Ngendo Fabien, wavuze ko nubwo ubu bwato bwarimo abantu batanu, hamaze kuboneka imibiri ibiri, mu gihe uruhinja rw’iminsi irindwi rwaburiye irengero.

Yagize ati “Ntabwo turarubona, turi kumwe n’inzego z’umutekano ishami rishinzwe umutekano wo mu mazi bari kudufasha gushakisha.”

Abatuye muri aka gace bari mu gahinda gakomeye (Photo/Igihe)

RADIOTV10

Comments 1

  1. Kwizera fidele says:
    2 years ago

    Uwo mubyeyi turamwihanganishije gusa urwo ruhinja rushakwe

    Reply

Leave a Reply to Kwizera fidele Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 4 =

Previous Post

Urukundo rw’abahanzi b’ibirangirire ruri kuvugisha benshi kubera ibyo bakoreye mu ruhame

Next Post

Igisubizo kitavugwaho rumwe cy’inzego ku giteye impungenge cyagaragaye mu bizamini bya Leta

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

by radiotv10
11/02/2026
0

Nyuma yuko hasohotse inkuru yemeza ko Erik Prince washinzwe umutwe wa Blackwater w’abarwanyi b’abacancuro yohereje bamwe na drone muri DRC,...

Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

by radiotv10
11/02/2026
0

Nyuma y’uko mu kagari ka Gakoni ko mu murenge wa Muganza mu bihe bikurikiranye mu mudugudu umwe habonetse imibiri ibiri...

Eng.-Minister Nduhungirehe reacts to reports confirming deployment of Blackwater mercenaries in DRC

Eng.-Minister Nduhungirehe reacts to reports confirming deployment of Blackwater mercenaries in DRC

by radiotv10
11/02/2026
0

Following reports confirming that Erik Prince, the founder of the private military company Blackwater, deployed personnel and drones to the...

Umusore ukekwaho kwica se umubyara akanakoresha amayeri ngo adatahurwa yavuze ko yamuhoye kuba yarabicishaga inzara

Umusore ukekwaho kwica se umubyara akanakoresha amayeri ngo adatahurwa yavuze ko yamuhoye kuba yarabicishaga inzara

by radiotv10
11/02/2026
0

Umusore w’imyaka 26 wo mu Murenge wa Bweramana mu Karere ka Ruhango ukurikiranyweho kwica umubyeyi we (Se) amunize yarangiza akamushyira...

Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze

Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze

by radiotv10
10/02/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe yibukije Umudepite wo mu Nteko y’u Bubiligi ufite inkomoka muri DRC washimagije Paul Rusesabagina,...

IZIHERUKA

Hatangajwe ukekwaho kugaba igitero cyahitanye abantu 9 ku ishuri muri Canada
AMAHANGA

Hatangajwe ukekwaho kugaba igitero cyahitanye abantu 9 ku ishuri muri Canada

by radiotv10
11/02/2026
0

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

11/02/2026
Ibiteye amatsiko wamenya ku munyamakuru uzwi mu Rwanda winjiye muri RADIOTV10

Umucyo ku mpamvu y’isezera ry’umunyamakuru Ngabo Roben muri Rayon Sports

11/02/2026
Nyuma y’umunsi umwe Aristide wabaye Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu asezeye Basketball yahise ahabwa akazi

Nyuma y’umunsi umwe Aristide wabaye Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu asezeye Basketball yahise ahabwa akazi

11/02/2026
Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

11/02/2026
Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

11/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo kitavugwaho rumwe cy’inzego ku giteye impungenge cyagaragaye mu bizamini bya Leta

Igisubizo kitavugwaho rumwe cy’inzego ku giteye impungenge cyagaragaye mu bizamini bya Leta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ukekwaho kugaba igitero cyahitanye abantu 9 ku ishuri muri Canada

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Umucyo ku mpamvu y’isezera ry’umunyamakuru Ngabo Roben muri Rayon Sports

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.