Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Intambara y’amagambo hagati ya Gen.Muhoozi n’Umunyapolitiki Bobi Wine yafashe indi ntera

radiotv10by radiotv10
06/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Intambara y’amagambo hagati ya Gen.Muhoozi n’Umunyapolitiki Bobi Wine yafashe indi ntera
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba n’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine, bakomeje guterana amagambo, aho noneho Muhoozi yavuze ko arambiwe, asaba Polisi guta muri yombi uyu munyapolitiki, ubundi ikamumushyikiriza.

Ni mu butumwa bakomeje gusubizanya ku rubuga nkoranyambaga rwa X, aho General Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni yakunze kunenga uyu munyapoliriki Bobi Wine wanigeze guhangana na se mu matora y’Umukuru w’Igihugu, akanamukurikira mu majwi.

Mu butumwa bagiye basubizanya ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Gen Muhoozi na Bobi Wine, bacyocyoranye, aho bageze n’aho bakoresha ururimi rumwe rukoreshwa muri Uganda, rw’Ikinyankole.

Gen. Muhoozi ukunze kwita Bobi Wine Kabobi, yagize ati “Na we arabizi ko umuntu wakomeje kumundida ari Data [avuga Museveni] iyo Muzehe ataza kuba ahari, ubu mba naragukase umutwe.”

Mu kumusubiza, Bobi Wine, yagize ati “Iterabwoba nshyirwaho n’umuhungu wa Museveni akaba anakuriye igisirikare cya Uganda, ntabwo ari ikintu nshobora guha agaciro, cyane ko hari n’abandi benshi yishe we na se, kandi nanakurikije inshuro nyinshi banabigerageje kuri njye.”

Uyu munyapolitiki yakomeje avuga ko adashobota gucibwa intege n’uku guterwa ubwoba n’ubutegetsi bwa Uganda. Ati “Isi yose irabireba.”

General Muhoozi Kainerugaba yahise amusubiza agira ati “Yego nyine ndi umuhungu wa Museveni, ariko se wowe uri umuhungu wa nde? […] Ngaho byuka mbere yuko nkwivugana, utwishyure amafaranga yacu twakugurije.”

General Muhoozi yakomeje agira ati “Kabobi, ngiye kugukubita ntitaye ku bakuri inyuma. Niwongera kuvuga izina ryanjye cyangwa iry’umuryango wanjye, nzagukura amenyo.”

Mu butumwa bwinshi, General Muhoozi yakomeje agaragaza n’ubu butumwa bwa Bobi Wine, nk’aho yagize ati “Maze kurambirwa n’izi tweets. Polisi mufate Kabobi vuba na bwangu, ubundi mumuzane kugeza mumungejejeho.”

General Muhoozi yikomye Bobi Wine
Bibi Wine na we ati “nta mutima ndwara.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Nyamasheke: Ahatwaye ubuzima bw’uwiteguraga kurushinga n’ubu haracyateje impungenge zajemo n’urujijo

Next Post

Icyo America ivuga ku bibazo uruhuri biri muri Korea y’Epfo byahagurukije imbaga

Related Posts

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi, bongeye kugaragara bakorana na...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umuhuzabikorwa mu bya gisirikare w’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yibukije abayobozi muri iri Huriro ko bakiri mu ntambara, kandi...

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Urwego rw’uburezi mu Gihugu cy’u Burundi ruravugwamo ihungabana ryatewe n’abarimu benshi bataye akazi kuva umwaka w’amashuri wa 2025-2026 watangira, aho...

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

IZIHERUKA

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)
IMYIDAGADURO

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

by radiotv10
23/01/2026
0

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

22/01/2026
Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo America ivuga ku bibazo uruhuri biri muri Korea y’Epfo byahagurukije imbaga

Icyo America ivuga ku bibazo uruhuri biri muri Korea y’Epfo byahagurukije imbaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.