Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Intambara y’amagambo hagati ya Gen.Muhoozi n’Umunyapolitiki Bobi Wine yafashe indi ntera

radiotv10by radiotv10
06/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Intambara y’amagambo hagati ya Gen.Muhoozi n’Umunyapolitiki Bobi Wine yafashe indi ntera
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba n’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine, bakomeje guterana amagambo, aho noneho Muhoozi yavuze ko arambiwe, asaba Polisi guta muri yombi uyu munyapolitiki, ubundi ikamumushyikiriza.

Ni mu butumwa bakomeje gusubizanya ku rubuga nkoranyambaga rwa X, aho General Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni yakunze kunenga uyu munyapoliriki Bobi Wine wanigeze guhangana na se mu matora y’Umukuru w’Igihugu, akanamukurikira mu majwi.

Mu butumwa bagiye basubizanya ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Gen Muhoozi na Bobi Wine, bacyocyoranye, aho bageze n’aho bakoresha ururimi rumwe rukoreshwa muri Uganda, rw’Ikinyankole.

Gen. Muhoozi ukunze kwita Bobi Wine Kabobi, yagize ati “Na we arabizi ko umuntu wakomeje kumundida ari Data [avuga Museveni] iyo Muzehe ataza kuba ahari, ubu mba naragukase umutwe.”

Mu kumusubiza, Bobi Wine, yagize ati “Iterabwoba nshyirwaho n’umuhungu wa Museveni akaba anakuriye igisirikare cya Uganda, ntabwo ari ikintu nshobora guha agaciro, cyane ko hari n’abandi benshi yishe we na se, kandi nanakurikije inshuro nyinshi banabigerageje kuri njye.”

Uyu munyapolitiki yakomeje avuga ko adashobota gucibwa intege n’uku guterwa ubwoba n’ubutegetsi bwa Uganda. Ati “Isi yose irabireba.”

General Muhoozi Kainerugaba yahise amusubiza agira ati “Yego nyine ndi umuhungu wa Museveni, ariko se wowe uri umuhungu wa nde? […] Ngaho byuka mbere yuko nkwivugana, utwishyure amafaranga yacu twakugurije.”

General Muhoozi yakomeje agira ati “Kabobi, ngiye kugukubita ntitaye ku bakuri inyuma. Niwongera kuvuga izina ryanjye cyangwa iry’umuryango wanjye, nzagukura amenyo.”

Mu butumwa bwinshi, General Muhoozi yakomeje agaragaza n’ubu butumwa bwa Bobi Wine, nk’aho yagize ati “Maze kurambirwa n’izi tweets. Polisi mufate Kabobi vuba na bwangu, ubundi mumuzane kugeza mumungejejeho.”

General Muhoozi yikomye Bobi Wine
Bibi Wine na we ati “nta mutima ndwara.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − two =

Previous Post

Nyamasheke: Ahatwaye ubuzima bw’uwiteguraga kurushinga n’ubu haracyateje impungenge zajemo n’urujijo

Next Post

Icyo America ivuga ku bibazo uruhuri biri muri Korea y’Epfo byahagurukije imbaga

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo America ivuga ku bibazo uruhuri biri muri Korea y’Epfo byahagurukije imbaga

Icyo America ivuga ku bibazo uruhuri biri muri Korea y’Epfo byahagurukije imbaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.