Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Intumwa z’Abanyamadini zaturutse Congo zaganiriye na Perezida Kagame nyuma ya Tshisekedi n’aba M23

radiotv10by radiotv10
14/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Intumwa z’Abanyamadini zaturutse Congo zaganiriye na Perezida Kagame nyuma ya Tshisekedi n’aba M23
Share on FacebookShare on Twitter

Inama y’Abepisikopi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (CENCO), yatangaje ko intumwa zihuriweho zo mu buyobozi bwa Kiliziya Gatulika no mu Itorero ry’Abaporotesitanti, zagiriye uruzinduko mu Rwanda, zigahura na Perezida Paul Kagame, nyuma y’igihe gito zinahuye na Perezida Felix Tshisekedi ndetse n’Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nanga.

Aya makuru yemejwe n’Inama y’Abepisikopi ba Kiliziya Gatulika muri DRC (CENCO) ko intumwa zayo ndetse n’iz’Inama Nkuru y’Abo mu Itorero ry’Abaporotesitanti (ECC) zagiriye uruzinduko mu Rwanda.

Mu butumwa bwashyizwe ku rubuga nkoranyambaga rwa X, CENCO yagize iti “Umushinga w’amahoro no kubana neza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo: Itsinda rya CENCO/ECC ryahuye na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda kuri uyu wa Kane tariki 13 Gashyantare i Kigali.”

Izi ntumwa z’abakuriye amadini n’Amatorero muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zahuye na Perezida Paul Kagame ziri kumwe na bamwe mu bayobozi mu nzego Nkuru z’u Rwanda, barimo Aimable Havugiyaremye uyobora Urwego rw’Igihigu rw’Iperereza (NISS), ndetse n’Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Ubutasi mu Ngabo z’u Rwanda, Col Regis Gatarayiha.

Izi ntumwa zagiriye uruzinduko mu Rwanda, nyuma y’amasaha macye zihuye n’abayobozi b’Ihuriro rya AFC/M23 barimo Umuhuzabikorwa waryo, Corneille Nanga; bahuriye i Goma ku mupaka uhuza DRC n’u Rwanda.

Musenyeri Nshole Donatien waje anayoboye iri tsinda ryagiriye uruzinduko mu Rwanda, ku wa Gatatu ubwo bahuraga n’ubuyobozi bwa AFC/M23, yabwiye Itangazamakuru ko Amadini n’Amatorero yo muri Congo yinjiye mu rugendo rwo guhuza iri huriro na Leta ya Congo Kinshasa.

Yari yagize ati “Uru ruzinduko rwacu rufite intego yo gutanga inama ko habaho ibiganiro kandi Leta ikumva ibyo basaba, kandi tukanababwira ko ari ingenzi cyane ko ibi bibazo bibonerwa umuti binyuze mu nzira z’amahoro.”

Naho kuri uru ruzinduko rwo mu Rwanda, Musenyeri Nshole yavuze ko barukoze bizwi na Perezida Felix Tshisekedi, kandi ko atigeze abakoma mu nkokora kuza i Kigali.

Mu cyumweru gishize kandi, iri tsinda ryanahuye na Perezida Felix Tshisekedi i Kinshasa, aho ryavuze ko ryamushyikirije gahunda yafasha Igihugu cyabo gusohoka mu kaga kirimo, kandi ko uyu Mukuru w’Igihugu yakiriye neza umushinga wabo.

Mu cyumweru gishize izi ntumwa z’Abanyamadini zari zahuye na Perezida Tshisekedi
Hirya y’ejo hashize zahuye n’Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nanga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − two =

Previous Post

M23 yagaragaje andi marorerwa yakozwe na FARDC

Next Post

Polisi y’u Rwanda na RDF bungutse Abapolisi n’Abasirikre bazobereye gutwara amapikipiki aherekeza abanyacyubahiro

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi y’u Rwanda na RDF bungutse Abapolisi n’Abasirikre bazobereye gutwara amapikipiki aherekeza abanyacyubahiro

Polisi y’u Rwanda na RDF bungutse Abapolisi n’Abasirikre bazobereye gutwara amapikipiki aherekeza abanyacyubahiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.