Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Intumwa z’Abanyamadini zaturutse Congo zaganiriye na Perezida Kagame nyuma ya Tshisekedi n’aba M23

radiotv10by radiotv10
14/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Intumwa z’Abanyamadini zaturutse Congo zaganiriye na Perezida Kagame nyuma ya Tshisekedi n’aba M23
Share on FacebookShare on Twitter

Inama y’Abepisikopi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (CENCO), yatangaje ko intumwa zihuriweho zo mu buyobozi bwa Kiliziya Gatulika no mu Itorero ry’Abaporotesitanti, zagiriye uruzinduko mu Rwanda, zigahura na Perezida Paul Kagame, nyuma y’igihe gito zinahuye na Perezida Felix Tshisekedi ndetse n’Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nanga.

Aya makuru yemejwe n’Inama y’Abepisikopi ba Kiliziya Gatulika muri DRC (CENCO) ko intumwa zayo ndetse n’iz’Inama Nkuru y’Abo mu Itorero ry’Abaporotesitanti (ECC) zagiriye uruzinduko mu Rwanda.

Mu butumwa bwashyizwe ku rubuga nkoranyambaga rwa X, CENCO yagize iti “Umushinga w’amahoro no kubana neza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo: Itsinda rya CENCO/ECC ryahuye na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda kuri uyu wa Kane tariki 13 Gashyantare i Kigali.”

Izi ntumwa z’abakuriye amadini n’Amatorero muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zahuye na Perezida Paul Kagame ziri kumwe na bamwe mu bayobozi mu nzego Nkuru z’u Rwanda, barimo Aimable Havugiyaremye uyobora Urwego rw’Igihigu rw’Iperereza (NISS), ndetse n’Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Ubutasi mu Ngabo z’u Rwanda, Col Regis Gatarayiha.

Izi ntumwa zagiriye uruzinduko mu Rwanda, nyuma y’amasaha macye zihuye n’abayobozi b’Ihuriro rya AFC/M23 barimo Umuhuzabikorwa waryo, Corneille Nanga; bahuriye i Goma ku mupaka uhuza DRC n’u Rwanda.

Musenyeri Nshole Donatien waje anayoboye iri tsinda ryagiriye uruzinduko mu Rwanda, ku wa Gatatu ubwo bahuraga n’ubuyobozi bwa AFC/M23, yabwiye Itangazamakuru ko Amadini n’Amatorero yo muri Congo yinjiye mu rugendo rwo guhuza iri huriro na Leta ya Congo Kinshasa.

Yari yagize ati “Uru ruzinduko rwacu rufite intego yo gutanga inama ko habaho ibiganiro kandi Leta ikumva ibyo basaba, kandi tukanababwira ko ari ingenzi cyane ko ibi bibazo bibonerwa umuti binyuze mu nzira z’amahoro.”

Naho kuri uru ruzinduko rwo mu Rwanda, Musenyeri Nshole yavuze ko barukoze bizwi na Perezida Felix Tshisekedi, kandi ko atigeze abakoma mu nkokora kuza i Kigali.

Mu cyumweru gishize kandi, iri tsinda ryanahuye na Perezida Felix Tshisekedi i Kinshasa, aho ryavuze ko ryamushyikirije gahunda yafasha Igihugu cyabo gusohoka mu kaga kirimo, kandi ko uyu Mukuru w’Igihugu yakiriye neza umushinga wabo.

Mu cyumweru gishize izi ntumwa z’Abanyamadini zari zahuye na Perezida Tshisekedi
Hirya y’ejo hashize zahuye n’Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nanga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

M23 yagaragaje andi marorerwa yakozwe na FARDC

Next Post

Polisi y’u Rwanda na RDF bungutse Abapolisi n’Abasirikre bazobereye gutwara amapikipiki aherekeza abanyacyubahiro

Related Posts

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

by radiotv10
17/11/2025
0

Abarerera mu Ishuri Ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, barasaba ko inyubako z’iri shuri...

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

by radiotv10
17/11/2025
0

Mu rwego rwo kurwanya indwara zitandura zirimo diyabete yibasiye abangana na 2% mu baturage b’akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga
MU RWANDA

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

17/11/2025
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi y’u Rwanda na RDF bungutse Abapolisi n’Abasirikre bazobereye gutwara amapikipiki aherekeza abanyacyubahiro

Polisi y’u Rwanda na RDF bungutse Abapolisi n’Abasirikre bazobereye gutwara amapikipiki aherekeza abanyacyubahiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.