Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Intumwa z’Abanyamadini zaturutse Congo zaganiriye na Perezida Kagame nyuma ya Tshisekedi n’aba M23

radiotv10by radiotv10
14/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Intumwa z’Abanyamadini zaturutse Congo zaganiriye na Perezida Kagame nyuma ya Tshisekedi n’aba M23
Share on FacebookShare on Twitter

Inama y’Abepisikopi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (CENCO), yatangaje ko intumwa zihuriweho zo mu buyobozi bwa Kiliziya Gatulika no mu Itorero ry’Abaporotesitanti, zagiriye uruzinduko mu Rwanda, zigahura na Perezida Paul Kagame, nyuma y’igihe gito zinahuye na Perezida Felix Tshisekedi ndetse n’Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nanga.

Aya makuru yemejwe n’Inama y’Abepisikopi ba Kiliziya Gatulika muri DRC (CENCO) ko intumwa zayo ndetse n’iz’Inama Nkuru y’Abo mu Itorero ry’Abaporotesitanti (ECC) zagiriye uruzinduko mu Rwanda.

Mu butumwa bwashyizwe ku rubuga nkoranyambaga rwa X, CENCO yagize iti “Umushinga w’amahoro no kubana neza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo: Itsinda rya CENCO/ECC ryahuye na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda kuri uyu wa Kane tariki 13 Gashyantare i Kigali.”

Izi ntumwa z’abakuriye amadini n’Amatorero muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zahuye na Perezida Paul Kagame ziri kumwe na bamwe mu bayobozi mu nzego Nkuru z’u Rwanda, barimo Aimable Havugiyaremye uyobora Urwego rw’Igihigu rw’Iperereza (NISS), ndetse n’Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Ubutasi mu Ngabo z’u Rwanda, Col Regis Gatarayiha.

Izi ntumwa zagiriye uruzinduko mu Rwanda, nyuma y’amasaha macye zihuye n’abayobozi b’Ihuriro rya AFC/M23 barimo Umuhuzabikorwa waryo, Corneille Nanga; bahuriye i Goma ku mupaka uhuza DRC n’u Rwanda.

Musenyeri Nshole Donatien waje anayoboye iri tsinda ryagiriye uruzinduko mu Rwanda, ku wa Gatatu ubwo bahuraga n’ubuyobozi bwa AFC/M23, yabwiye Itangazamakuru ko Amadini n’Amatorero yo muri Congo yinjiye mu rugendo rwo guhuza iri huriro na Leta ya Congo Kinshasa.

Yari yagize ati “Uru ruzinduko rwacu rufite intego yo gutanga inama ko habaho ibiganiro kandi Leta ikumva ibyo basaba, kandi tukanababwira ko ari ingenzi cyane ko ibi bibazo bibonerwa umuti binyuze mu nzira z’amahoro.”

Naho kuri uru ruzinduko rwo mu Rwanda, Musenyeri Nshole yavuze ko barukoze bizwi na Perezida Felix Tshisekedi, kandi ko atigeze abakoma mu nkokora kuza i Kigali.

Mu cyumweru gishize kandi, iri tsinda ryanahuye na Perezida Felix Tshisekedi i Kinshasa, aho ryavuze ko ryamushyikirije gahunda yafasha Igihugu cyabo gusohoka mu kaga kirimo, kandi ko uyu Mukuru w’Igihugu yakiriye neza umushinga wabo.

Mu cyumweru gishize izi ntumwa z’Abanyamadini zari zahuye na Perezida Tshisekedi
Hirya y’ejo hashize zahuye n’Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nanga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

M23 yagaragaje andi marorerwa yakozwe na FARDC

Next Post

Polisi y’u Rwanda na RDF bungutse Abapolisi n’Abasirikre bazobereye gutwara amapikipiki aherekeza abanyacyubahiro

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi y’u Rwanda na RDF bungutse Abapolisi n’Abasirikre bazobereye gutwara amapikipiki aherekeza abanyacyubahiro

Polisi y’u Rwanda na RDF bungutse Abapolisi n’Abasirikre bazobereye gutwara amapikipiki aherekeza abanyacyubahiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.