Saturday, June 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Inyungu z’uruganda imbere, ubuzima bw’abaturage inyuma…Ibi byo bizabazwa nde?

radiotv10by radiotv10
05/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Inyungu z’uruganda imbere, ubuzima bw’abaturage inyuma…Ibi byo bizabazwa nde?
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturiye uruganda rwa Gasmeth ruherereye mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi, bavuga ko badasiba kugaragaza ikibazo cy’ivumbi n’urusaku biterwa n’uru ruganda, ariko ntihagire igikorwa, ahubwo abahawe igisubizo bakerurirwa ko amafaranga rwinjiza muri Leta aruta ubuzima bwabo.

Uru ruganda rutunganya amashanyarazi muri nyiramugengeri ruri mu Kagari ka Murya, muri uriya Murenge wa Nzahaha, ruzamura ivumbi ryinshi, rikaruhukira mu ngo z’abaturage.

Uwitwa Bakinamurwango agira ati “Iyo twanitse imyenda ni ukuvuga ngo iyo tugiye kuyanura dusanga ari ivumbi gusa, tukongera tukamesa tukanika mu nzu ukazategereza igihe bizumira  kandi naho ridusangamo.”

Mukarurangwa ati “Nta mahwemo tubona kubera ivumbi. Rurara rudusakuriza twateka ibiryo ivumbi rikinjiramo ntawe umesa umwenda, mbega ibintu byose ruratubangamiye.”

Nubwo bimeze uko bavuga ko iki kibazo bakivuga muri munsi ariko ntihagire igikorwa nyamara bigaragara ko iri vumbi rishobora kubatera indwara z’ubuhumekero, bamwe bakabwirwa ko ngo inyungu z’uruganda ziruta ubuzima bwabo.

Bakinamurwango ati “Bavuga ko inyungu z’uruganda zirusha agaciro abaturage ngo kubera amafaranga rwinjiza muri Leta. Ariko rero njye mbona nta kintu cyagakwiye kuruta umuturage kuko byose ari abaturage.”

Ngo babwirwa ko amafaranga rwinjiza aruta ubizima bwabo

Mazimpaka Innocent na we ati “Tubivuga igihe kirekire cyane ntibigire icyo bitanga, uruganda ni abantu barukoresha, rero ntirwakagombye kuruta abaturage.”

RADIOTV10 yagerageje kumenya icyo ubuyobozi bw’uruganda ndetse n’ubw’akarere ka Rusizi buvuga ku kibazo cy’aba baturage ariko yaba Umuyobozi wako, Dr. Kibiliga Anicet ndetse n’umuyobozi w’uru ruganda banze kugira icyo babivugaho ntibanasubiza ubutumwa bugufi.

Icyakora Uwukiza Beatrice ukuriye Njyanama y’Akarere ka Rusizi yabwiye RADIOTV10 ko urwego ayoboye rugiye gukurikirana iki kibazo.

INKURU MU MASHUSHO

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

Karim Mostafa Benzema yamaze gutandukana Real Madrid ibyo wamenye kuri uyu munyabigwi

Next Post

Utavuga rumwe na Tshisekedi yamennye ibanga amaranye imyaka itatu ry’icyo yamwingingiye

Related Posts

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

by radiotv10
27/06/2025
0

After a diplomatic dispute flared up between Belgium and Rwanda, Rwandans who want to visit Sweden can no longer apply...

Two other senior RDF officers have completed their studies in Uganda

Two other senior RDF officers have completed their studies in Uganda

by radiotv10
27/06/2025
0

Two officers holding the rank of Major in the Rwanda Defense Forces have completed their studies at the Senior Command...

Kigali: Umugore akurikiranyweho gukura amenyo umwana we amukubise umwuko amuhoye 200Frw

Kigali: Umugore akurikiranyweho gukura amenyo umwana we amukubise umwuko amuhoye 200Frw

by radiotv10
27/06/2025
0

Umugore w’imyaka 34 wo mu Murenge wa Kicukiro mu Karere ka Kicukiro, akurikiranyweho guhoza umwana ku nkeke nyuma yo gukubita...

Min.Nduhungirehe yakosoye ibyatangajwe n’ikinyamakuru ku masezerano asinywa n’u Rwanda na Congo

Min.Nduhungirehe yakosoye ibyatangajwe n’ikinyamakuru ku masezerano asinywa n’u Rwanda na Congo

by radiotv10
27/06/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yakosoye ibyatangajwe n’ikinyamakuru ko mu masezerano asinywa n’u Rwanda na DRC harimo ko...

IZIHERUKA

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi
MU RWANDA

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
Two other senior RDF officers have completed their studies in Uganda

Two other senior RDF officers have completed their studies in Uganda

27/06/2025
Kigali: Umugore akurikiranyweho gukura amenyo umwana we amukubise umwuko amuhoye 200Frw

Kigali: Umugore akurikiranyweho gukura amenyo umwana we amukubise umwuko amuhoye 200Frw

27/06/2025
Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

27/06/2025
Min.Nduhungirehe yakosoye ibyatangajwe n’ikinyamakuru ku masezerano asinywa n’u Rwanda na Congo

Min.Nduhungirehe yakosoye ibyatangajwe n’ikinyamakuru ku masezerano asinywa n’u Rwanda na Congo

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Utavuga rumwe na Tshisekedi yamennye ibanga amaranye imyaka itatu ry’icyo yamwingingiye

Utavuga rumwe na Tshisekedi yamennye ibanga amaranye imyaka itatu ry’icyo yamwingingiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

Two other senior RDF officers have completed their studies in Uganda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.