Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Inyungu z’uruganda imbere, ubuzima bw’abaturage inyuma…Ibi byo bizabazwa nde?

radiotv10by radiotv10
05/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Inyungu z’uruganda imbere, ubuzima bw’abaturage inyuma…Ibi byo bizabazwa nde?
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturiye uruganda rwa Gasmeth ruherereye mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi, bavuga ko badasiba kugaragaza ikibazo cy’ivumbi n’urusaku biterwa n’uru ruganda, ariko ntihagire igikorwa, ahubwo abahawe igisubizo bakerurirwa ko amafaranga rwinjiza muri Leta aruta ubuzima bwabo.

Uru ruganda rutunganya amashanyarazi muri nyiramugengeri ruri mu Kagari ka Murya, muri uriya Murenge wa Nzahaha, ruzamura ivumbi ryinshi, rikaruhukira mu ngo z’abaturage.

Uwitwa Bakinamurwango agira ati “Iyo twanitse imyenda ni ukuvuga ngo iyo tugiye kuyanura dusanga ari ivumbi gusa, tukongera tukamesa tukanika mu nzu ukazategereza igihe bizumira  kandi naho ridusangamo.”

Mukarurangwa ati “Nta mahwemo tubona kubera ivumbi. Rurara rudusakuriza twateka ibiryo ivumbi rikinjiramo ntawe umesa umwenda, mbega ibintu byose ruratubangamiye.”

Nubwo bimeze uko bavuga ko iki kibazo bakivuga muri munsi ariko ntihagire igikorwa nyamara bigaragara ko iri vumbi rishobora kubatera indwara z’ubuhumekero, bamwe bakabwirwa ko ngo inyungu z’uruganda ziruta ubuzima bwabo.

Bakinamurwango ati “Bavuga ko inyungu z’uruganda zirusha agaciro abaturage ngo kubera amafaranga rwinjiza muri Leta. Ariko rero njye mbona nta kintu cyagakwiye kuruta umuturage kuko byose ari abaturage.”

Ngo babwirwa ko amafaranga rwinjiza aruta ubizima bwabo

Mazimpaka Innocent na we ati “Tubivuga igihe kirekire cyane ntibigire icyo bitanga, uruganda ni abantu barukoresha, rero ntirwakagombye kuruta abaturage.”

RADIOTV10 yagerageje kumenya icyo ubuyobozi bw’uruganda ndetse n’ubw’akarere ka Rusizi buvuga ku kibazo cy’aba baturage ariko yaba Umuyobozi wako, Dr. Kibiliga Anicet ndetse n’umuyobozi w’uru ruganda banze kugira icyo babivugaho ntibanasubiza ubutumwa bugufi.

Icyakora Uwukiza Beatrice ukuriye Njyanama y’Akarere ka Rusizi yabwiye RADIOTV10 ko urwego ayoboye rugiye gukurikirana iki kibazo.

INKURU MU MASHUSHO

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Karim Mostafa Benzema yamaze gutandukana Real Madrid ibyo wamenye kuri uyu munyabigwi

Next Post

Utavuga rumwe na Tshisekedi yamennye ibanga amaranye imyaka itatu ry’icyo yamwingingiye

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Utavuga rumwe na Tshisekedi yamennye ibanga amaranye imyaka itatu ry’icyo yamwingingiye

Utavuga rumwe na Tshisekedi yamennye ibanga amaranye imyaka itatu ry’icyo yamwingingiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.