Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Inyungu z’uruganda imbere, ubuzima bw’abaturage inyuma…Ibi byo bizabazwa nde?

radiotv10by radiotv10
05/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Inyungu z’uruganda imbere, ubuzima bw’abaturage inyuma…Ibi byo bizabazwa nde?
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturiye uruganda rwa Gasmeth ruherereye mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi, bavuga ko badasiba kugaragaza ikibazo cy’ivumbi n’urusaku biterwa n’uru ruganda, ariko ntihagire igikorwa, ahubwo abahawe igisubizo bakerurirwa ko amafaranga rwinjiza muri Leta aruta ubuzima bwabo.

Uru ruganda rutunganya amashanyarazi muri nyiramugengeri ruri mu Kagari ka Murya, muri uriya Murenge wa Nzahaha, ruzamura ivumbi ryinshi, rikaruhukira mu ngo z’abaturage.

Uwitwa Bakinamurwango agira ati “Iyo twanitse imyenda ni ukuvuga ngo iyo tugiye kuyanura dusanga ari ivumbi gusa, tukongera tukamesa tukanika mu nzu ukazategereza igihe bizumira  kandi naho ridusangamo.”

Mukarurangwa ati “Nta mahwemo tubona kubera ivumbi. Rurara rudusakuriza twateka ibiryo ivumbi rikinjiramo ntawe umesa umwenda, mbega ibintu byose ruratubangamiye.”

Nubwo bimeze uko bavuga ko iki kibazo bakivuga muri munsi ariko ntihagire igikorwa nyamara bigaragara ko iri vumbi rishobora kubatera indwara z’ubuhumekero, bamwe bakabwirwa ko ngo inyungu z’uruganda ziruta ubuzima bwabo.

Bakinamurwango ati “Bavuga ko inyungu z’uruganda zirusha agaciro abaturage ngo kubera amafaranga rwinjiza muri Leta. Ariko rero njye mbona nta kintu cyagakwiye kuruta umuturage kuko byose ari abaturage.”

Ngo babwirwa ko amafaranga rwinjiza aruta ubizima bwabo

Mazimpaka Innocent na we ati “Tubivuga igihe kirekire cyane ntibigire icyo bitanga, uruganda ni abantu barukoresha, rero ntirwakagombye kuruta abaturage.”

RADIOTV10 yagerageje kumenya icyo ubuyobozi bw’uruganda ndetse n’ubw’akarere ka Rusizi buvuga ku kibazo cy’aba baturage ariko yaba Umuyobozi wako, Dr. Kibiliga Anicet ndetse n’umuyobozi w’uru ruganda banze kugira icyo babivugaho ntibanasubiza ubutumwa bugufi.

Icyakora Uwukiza Beatrice ukuriye Njyanama y’Akarere ka Rusizi yabwiye RADIOTV10 ko urwego ayoboye rugiye gukurikirana iki kibazo.

INKURU MU MASHUSHO

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 14 =

Previous Post

Karim Mostafa Benzema yamaze gutandukana Real Madrid ibyo wamenye kuri uyu munyabigwi

Next Post

Utavuga rumwe na Tshisekedi yamennye ibanga amaranye imyaka itatu ry’icyo yamwingingiye

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Utavuga rumwe na Tshisekedi yamennye ibanga amaranye imyaka itatu ry’icyo yamwingingiye

Utavuga rumwe na Tshisekedi yamennye ibanga amaranye imyaka itatu ry’icyo yamwingingiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.