Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Inzego z’umutekano za Uganda na Congo zagize ibyo zemeranyaho

radiotv10by radiotv10
11/11/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Inzego z’umutekano za Uganda na Congo zagize ibyo zemeranyaho
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego za Uganda n’iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zatangije gahunda ihuriweho yo kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka, ndetse no kongera imbaraga mu mutekano ku mipaka ihuriweho n’ibi Bihugu.

Ibi Bihugu byemeje iyi gahunda nyuma y’inama y’iminsi ibiri yahuje amatsinda y’abantu 30 baturutse mu nzego z’umutekano muri Teritwari ya Aru muri DRC, ndetse n’abo mu Turere twa West Nile, Arua, na Maracha two muri Uganda, ibice bihana imbibi.

Ni inama yari igamije kongera ubufatanye mu gushakira umuti ibibazo bihungabanya umutekano ku mupaka uhuza ibi Bihugu muri ibi bice bikoranaho bya Uganda na DDC, birimo ubucuruzi bunyuranyije n’amategeko, ubujura bw’imodoka ndetse n’ubujura bwitwaje intwaro.

Amatsinda y’izi ntumwa, yari ayobowe n’Umuyobozi wa Teritwari ya Aru (DRC), Col Richard Mbambi ndetse na RCC (Resident City Commissioner) Komisiteri wa Arua (Uganda), Kumakech Swaib.

RCC Kumakech yagaragaye ingaruka ziterwa n’ibibazo by’umutekano byambukiranya imipaka, ati “Ibyaga byambukiranya umupaka bigira ingaruka mu gukomeza guteza imbere imibanire y’Ibihugu byombi.”

Lt Col Nathan Bainomugisha wari uhagarariye Burigade ya 409 y’igisirikare cya Uganda, yasabye ko hongerwa imbaraga mu butasi bwo ku mupaka.

Ati “Igikenewe, ni uguhuza ibikorwa, gukorana ndetse no guhanahana amakuru y’ubutasi, mu rwego rwo kurindira umutekano w’abaturage bacu ku mpande zombi.”

Gen Taban Amin we yavuze ko Ibihugu byombi (Uganda na DRC) bifite ibyo bihuriyeho, yaba mu mibereho y’abaturage ndese no mu muco, bityo ko impande zombi zisabwa gukorana mu kurwanya ibyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − ten =

Previous Post

Nyuma yuko hatangajwe ko mu Rwanda nta muntu urwaye Marburg uhari harakurikiraho iki?

Next Post

Uwafatanywe ibyo yinjije mu Rwanda abikuye muri Congo yagaragaje imyitwarire ifatwa nk’amayeri

Related Posts

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

IZIHERUKA

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda
IMIBEREHO MYIZA

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

12/01/2026
Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho

Uwafatanywe ibyo yinjije mu Rwanda abikuye muri Congo yagaragaje imyitwarire ifatwa nk’amayeri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.