Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Inzego z’umutekano za Uganda na Congo zagize ibyo zemeranyaho

radiotv10by radiotv10
11/11/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Inzego z’umutekano za Uganda na Congo zagize ibyo zemeranyaho
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego za Uganda n’iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zatangije gahunda ihuriweho yo kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka, ndetse no kongera imbaraga mu mutekano ku mipaka ihuriweho n’ibi Bihugu.

Ibi Bihugu byemeje iyi gahunda nyuma y’inama y’iminsi ibiri yahuje amatsinda y’abantu 30 baturutse mu nzego z’umutekano muri Teritwari ya Aru muri DRC, ndetse n’abo mu Turere twa West Nile, Arua, na Maracha two muri Uganda, ibice bihana imbibi.

Ni inama yari igamije kongera ubufatanye mu gushakira umuti ibibazo bihungabanya umutekano ku mupaka uhuza ibi Bihugu muri ibi bice bikoranaho bya Uganda na DDC, birimo ubucuruzi bunyuranyije n’amategeko, ubujura bw’imodoka ndetse n’ubujura bwitwaje intwaro.

Amatsinda y’izi ntumwa, yari ayobowe n’Umuyobozi wa Teritwari ya Aru (DRC), Col Richard Mbambi ndetse na RCC (Resident City Commissioner) Komisiteri wa Arua (Uganda), Kumakech Swaib.

RCC Kumakech yagaragaye ingaruka ziterwa n’ibibazo by’umutekano byambukiranya imipaka, ati “Ibyaga byambukiranya umupaka bigira ingaruka mu gukomeza guteza imbere imibanire y’Ibihugu byombi.”

Lt Col Nathan Bainomugisha wari uhagarariye Burigade ya 409 y’igisirikare cya Uganda, yasabye ko hongerwa imbaraga mu butasi bwo ku mupaka.

Ati “Igikenewe, ni uguhuza ibikorwa, gukorana ndetse no guhanahana amakuru y’ubutasi, mu rwego rwo kurindira umutekano w’abaturage bacu ku mpande zombi.”

Gen Taban Amin we yavuze ko Ibihugu byombi (Uganda na DRC) bifite ibyo bihuriyeho, yaba mu mibereho y’abaturage ndese no mu muco, bityo ko impande zombi zisabwa gukorana mu kurwanya ibyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 6 =

Previous Post

Nyuma yuko hatangajwe ko mu Rwanda nta muntu urwaye Marburg uhari harakurikiraho iki?

Next Post

Uwafatanywe ibyo yinjije mu Rwanda abikuye muri Congo yagaragaje imyitwarire ifatwa nk’amayeri

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho

Uwafatanywe ibyo yinjije mu Rwanda abikuye muri Congo yagaragaje imyitwarire ifatwa nk’amayeri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.