Thursday, May 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iran yaburiye America na Israel ko igitero gishya cyose cyatuma habaho akaga kadasanzwe

radiotv10by radiotv10
21/05/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Iran yaburiye America na Israel ko igitero gishya cyose cyatuma habaho akaga kadasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cya Iran cyavuze ko kizafungura ipaji nshya y’urugamba kikagura intambara igihe Leta Zunze Ubumwe za America na Israel zatangiza ibitero bishya, nyuma yuko haketswe umugambi w’ibindi bitero simusiga biri gutegurwa.

Ubuyobozi bw’Ikigo gishya cya Iran cyo mu kigobe cya Perse cyashyizweho, kuri uyu wa Gatatu cyatangaje icyo cyise ‘controlled maritime zone’ ku muhora wa Hormuz.

Aya mabwiriza y’iki kigo gishya cya Iran, agena ko amato yose yifuza gutambuka, ashyiraho ubuhuzabikorwa bwo kugaragaza inzira buzanyuranye, ubundi agahabwa uburenganzira n’ubuyobozi.

Ubuyobozi bw’iki kigo kizwi nka Persian Gulf Strait, bwagaragaje kuri X [Twitter] ikarita igaragaza ibice byose byo mu nyanja birebwa na kiriya cyemezo bigenzurwa na Iran.

Igisirikare cya Iran cyabaye nk’igitera ubwoba Leta Zunze Ubumwe za America na Israel ko ibitero bashobora kugaba, byasiga akaga gakomeye, kuko na cyo cyahita cyagura intambara, nyuma yuko havuzwe ko hari umugambi w’ibitero simusiga biriya Bihugu biri gutegura.

Perezida Donald Trump aherutse aherutse gutangaza niba “tugiye kurangiza umugambi, cyangwa baremera gusinya amasezerano.” Ashaka kuvuga ko igihe Iran yakomeza kwinangira gusinya amasezerano yahura n’akaga gakomeye.

Mohammad Bagher Ghalibaf uhagarariye Iran mu buhuza, yatangaje ko Abanya-Iran “bakwiye kwizera” ko Ingabo z’Igihugu zakoresheje umwanya w’agahenge nk’uwo “kongera imbaraga zazo.”

Nanone kandi Perezida w’u Bushinwa wakiriye mugenzi we w’u Burusiya, Vladimir Putin nyuma yo kwakira Donald Trump, yavuze ko guhagarika intambara America na Israel batangije kuri Iran, ari “ingenzi cyane”, kandi ko “kubura imirwano ari ibintu bidakwiye na gato, ahubwo ko hakwiye gukomeza inzira y’ibiganiro.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 11 =

Previous Post

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yabonye inshingano nshya ku rwego rwa Afurika y’Iburasirazuba

Related Posts

Guverinoma ya Botswana yitandukanyije n’itangazo ryayitiriwe ko yahaye ikiruhuko abafana ba Arsenal

Guverinoma ya Botswana yitandukanyije n’itangazo ryayitiriwe ko yahaye ikiruhuko abafana ba Arsenal

by radiotv10
20/05/2026
0

Guverinoma ya Botswana yavuze ko nta kirihuko rusange cyagenewe abafana ba Arsenal nyuma yuko hagiye itangazo ryacuzwe ryavugaga ko abakunzi...

Umugabo yapfuye akorana imibanano n’umugore utari we ubwo yacaga inyuma uwe wabyabye

Umugabo yapfuye akorana imibanano n’umugore utari we ubwo yacaga inyuma uwe wabyabye

by radiotv10
20/05/2026
0

Umugabo w’imyaka 50 wo mu Karere ka Luuka mu Burasirazuba bwa Uganda, yapfuye ari gukorana imibonano mpuzabitsina n’umugore w’umuturanyi mu...

Gen.Muhoozi yavuze ikizakorerwa imodoka ihenze yafatiriwe n’wahoze ari Perezidante w’Inteko

Gen.Muhoozi yavuze ikizakorerwa imodoka ihenze yafatiriwe n’wahoze ari Perezidante w’Inteko

by radiotv10
20/05/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko imodoko yo mu bwoko bwa Rolls-Royce ya Anita Annet Among...

Ubutumwa Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umuhungu wabo urangije muri Kaminuza y’Abanyamerika

Ubutumwa Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umuhungu wabo urangije muri Kaminuza y’Abanyamerika

by radiotv10
20/05/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida w’u Burundi Evaritse Ndayishimiye yashimiye umwana wabo urangije amasomo muri Kaminuza y’Abanyamerika, ishami ryayo...

AFC/M23 yemeje ko hari abantu 180 bari kugenzurwaho icyorezo cya Ebola i Goma

AFC/M23 yemeje ko hari abantu 180 bari kugenzurwaho icyorezo cya Ebola i Goma

by radiotv10
19/05/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko nyuma yuko mu mujyi wa Goma hagaragaye umuntu umwe wanduye icyorezo cya Ebola, hari abantu 189...

IZIHERUKA

Iran yaburiye America na Israel ko igitero gishya cyose cyatuma habaho akaga kadasanzwe
AMAHANGA

Iran yaburiye America na Israel ko igitero gishya cyose cyatuma habaho akaga kadasanzwe

by radiotv10
21/05/2026
0

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yabonye inshingano nshya ku rwego rwa Afurika y’Iburasirazuba

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yabonye inshingano nshya ku rwego rwa Afurika y’Iburasirazuba

21/05/2026
Hatangajwe icyemezo cyafatiwe Umuyobozi wabitse mu Biro by’Akagari umubiri w’uwazize Jenoside akanawushyingura bisanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe Umuyobozi wabitse mu Biro by’Akagari umubiri w’uwazize Jenoside akanawushyingura bisanzwe

21/05/2026
U Rwanda n’u Burusiya mu biganiro by’iminsi itatu ku bufatanye mu bya gisirikare

U Rwanda n’u Burusiya mu biganiro by’iminsi itatu ku bufatanye mu bya gisirikare

21/05/2026
Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bitabiriye ibirori byo kwizihiza Umunsi wa ba Sogokuru muri Green Hills (Amafoto)

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bitabiriye ibirori byo kwizihiza Umunsi wa ba Sogokuru muri Green Hills (Amafoto)

21/05/2026
Hagaragajwe igishobora gukorwa ku cyemezo ku bya Kabuga cyababaje benshi

Dosiye ya Kabuga waregwaga uruhare muri Jenoside yashyinguwe burundu nyuma y’urupfu rwe

20/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iran yaburiye America na Israel ko igitero gishya cyose cyatuma habaho akaga kadasanzwe

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yabonye inshingano nshya ku rwego rwa Afurika y’Iburasirazuba

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe Umuyobozi wabitse mu Biro by’Akagari umubiri w’uwazize Jenoside akanawushyingura bisanzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.