Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Isengesho rya Muhoozi ku Rwanda n Uganda yise iwabo hombi

radiotv10by radiotv10
04/04/2022
in MU RWANDA
0
Isengesho rya Muhoozi ku Rwanda n Uganda yise iwabo hombi
Share on FacebookShare on Twitter

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni akaba n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku Butaka, yasengeye Uganda n’u Rwanda yita ko ari Ibihugu by’iwabo byombi, abisabira umugisha ku Mana.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba uri no kugira uruhare mu kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda wari umaze igihe urimo igitotsi, yanditse isengesho kuri Twitter ye asabira ibi Bihugu byombi by’ibituranyi.

Iri sengesho rigufi, yatangiye agira ati “Isengesho rya Uganda n’u Rwanda, iwacu hombi.”

Iri sengesho yanditse mu ijoro ryatambutse, yakomeje agira ati “Nyagasani duhe umugisha uturinde. Nyagasani wigaragarize muri twe, Ubuntu bwabwe bube kuri twe, uduhe guhorana nawe kandi uduhe amahoro.”

Muhoozi ukunze gukoresha urubuga nkoranyambaga rwa Twitter, muri iyi minsi akunze kugaruka cyane ku mubano w’u Rwanda na Uganda, aho akunze kugaragaza ko ibihugu byombi ari ibivandimwe ndetse ko ntawashaka kubangamira umubano wabyo ngo bimugwe amahoro.

Kuri iki Cyumweru kandi yanagarutse ku birego biherutse gushinja igisirikare cy’u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23 wubuye imirwano muri Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ibi birego byazamutse mu ntangiro z’icyumweru gishize ubwo iyi mirwano yuburaga, ubuyobozi bwa Kivu ya Ruguru n’ubw’Igisirikare cya Congo, bakerekana abagabo babiri bavuga ko ari abafashwe mpiri muri iyo mirwano kandi ko ari abo mu Gisirikare cy’u Rwanda.

Lt Gen Muhoozi wunze mu ry’ubuyobozi bw’u Rwanda, yavuze ko bariya bagabo bagaragajwe, badashobora kuba mu Gisirikare cy’u Rwanda kubera uburyo gisanzwe kizwiho gukora kinyamwuga.

Mu butumwa buherekejwe n’amafoto ya bamwe mu basirikare b’u Rwanda, Muhoozi yagize ati “Ndizera ntashidikanya ko nta musirikare wa RDF uri muri M23 yagabye igitero hafi ya Bunagana. Uku ni ko RDF basa. Ni igisirikare cy’intangarugero cyane.”

Mu cyumweru gishize, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yinjiye bidasubirwaho mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Nyuma y’uko iki gikorwa cyo kwinjira DRC muri EAC kibaye, Muhoozi yavuze ko Perezida Paul Kagame, Yoweri Kaguta Musevensi na Felix Tshisekedi, bahuje imbaraga bahita barandura umutwe wa M23 kuko ari umutwe udakanganye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Kwibuka28: Ibikorwa biteganyijwe, Kwibukira ku nzibutso bizakorwa ariko ntibigomba kurenza amasaha 2

Next Post

Perezida Kagame ategerejwe muri Zambia mu ruzinduko rw’iminsi 2

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame ategerejwe muri Zambia mu ruzinduko rw’iminsi 2

Perezida Kagame ategerejwe muri Zambia mu ruzinduko rw’iminsi 2

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.