Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Isengesho rya Muhoozi ku Rwanda n Uganda yise iwabo hombi

radiotv10by radiotv10
04/04/2022
in MU RWANDA
0
Isengesho rya Muhoozi ku Rwanda n Uganda yise iwabo hombi
Share on FacebookShare on Twitter

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni akaba n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku Butaka, yasengeye Uganda n’u Rwanda yita ko ari Ibihugu by’iwabo byombi, abisabira umugisha ku Mana.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba uri no kugira uruhare mu kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda wari umaze igihe urimo igitotsi, yanditse isengesho kuri Twitter ye asabira ibi Bihugu byombi by’ibituranyi.

Iri sengesho rigufi, yatangiye agira ati “Isengesho rya Uganda n’u Rwanda, iwacu hombi.”

Iri sengesho yanditse mu ijoro ryatambutse, yakomeje agira ati “Nyagasani duhe umugisha uturinde. Nyagasani wigaragarize muri twe, Ubuntu bwabwe bube kuri twe, uduhe guhorana nawe kandi uduhe amahoro.”

Muhoozi ukunze gukoresha urubuga nkoranyambaga rwa Twitter, muri iyi minsi akunze kugaruka cyane ku mubano w’u Rwanda na Uganda, aho akunze kugaragaza ko ibihugu byombi ari ibivandimwe ndetse ko ntawashaka kubangamira umubano wabyo ngo bimugwe amahoro.

Kuri iki Cyumweru kandi yanagarutse ku birego biherutse gushinja igisirikare cy’u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23 wubuye imirwano muri Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ibi birego byazamutse mu ntangiro z’icyumweru gishize ubwo iyi mirwano yuburaga, ubuyobozi bwa Kivu ya Ruguru n’ubw’Igisirikare cya Congo, bakerekana abagabo babiri bavuga ko ari abafashwe mpiri muri iyo mirwano kandi ko ari abo mu Gisirikare cy’u Rwanda.

Lt Gen Muhoozi wunze mu ry’ubuyobozi bw’u Rwanda, yavuze ko bariya bagabo bagaragajwe, badashobora kuba mu Gisirikare cy’u Rwanda kubera uburyo gisanzwe kizwiho gukora kinyamwuga.

Mu butumwa buherekejwe n’amafoto ya bamwe mu basirikare b’u Rwanda, Muhoozi yagize ati “Ndizera ntashidikanya ko nta musirikare wa RDF uri muri M23 yagabye igitero hafi ya Bunagana. Uku ni ko RDF basa. Ni igisirikare cy’intangarugero cyane.”

Mu cyumweru gishize, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yinjiye bidasubirwaho mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Nyuma y’uko iki gikorwa cyo kwinjira DRC muri EAC kibaye, Muhoozi yavuze ko Perezida Paul Kagame, Yoweri Kaguta Musevensi na Felix Tshisekedi, bahuje imbaraga bahita barandura umutwe wa M23 kuko ari umutwe udakanganye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Kwibuka28: Ibikorwa biteganyijwe, Kwibukira ku nzibutso bizakorwa ariko ntibigomba kurenza amasaha 2

Next Post

Perezida Kagame ategerejwe muri Zambia mu ruzinduko rw’iminsi 2

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame ategerejwe muri Zambia mu ruzinduko rw’iminsi 2

Perezida Kagame ategerejwe muri Zambia mu ruzinduko rw’iminsi 2

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.