Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Isengesho rya Muhoozi ku Rwanda n Uganda yise iwabo hombi

radiotv10by radiotv10
04/04/2022
in MU RWANDA
0
Isengesho rya Muhoozi ku Rwanda n Uganda yise iwabo hombi
Share on FacebookShare on Twitter

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni akaba n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku Butaka, yasengeye Uganda n’u Rwanda yita ko ari Ibihugu by’iwabo byombi, abisabira umugisha ku Mana.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba uri no kugira uruhare mu kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda wari umaze igihe urimo igitotsi, yanditse isengesho kuri Twitter ye asabira ibi Bihugu byombi by’ibituranyi.

Iri sengesho rigufi, yatangiye agira ati “Isengesho rya Uganda n’u Rwanda, iwacu hombi.”

Iri sengesho yanditse mu ijoro ryatambutse, yakomeje agira ati “Nyagasani duhe umugisha uturinde. Nyagasani wigaragarize muri twe, Ubuntu bwabwe bube kuri twe, uduhe guhorana nawe kandi uduhe amahoro.”

Muhoozi ukunze gukoresha urubuga nkoranyambaga rwa Twitter, muri iyi minsi akunze kugaruka cyane ku mubano w’u Rwanda na Uganda, aho akunze kugaragaza ko ibihugu byombi ari ibivandimwe ndetse ko ntawashaka kubangamira umubano wabyo ngo bimugwe amahoro.

Kuri iki Cyumweru kandi yanagarutse ku birego biherutse gushinja igisirikare cy’u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23 wubuye imirwano muri Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ibi birego byazamutse mu ntangiro z’icyumweru gishize ubwo iyi mirwano yuburaga, ubuyobozi bwa Kivu ya Ruguru n’ubw’Igisirikare cya Congo, bakerekana abagabo babiri bavuga ko ari abafashwe mpiri muri iyo mirwano kandi ko ari abo mu Gisirikare cy’u Rwanda.

Lt Gen Muhoozi wunze mu ry’ubuyobozi bw’u Rwanda, yavuze ko bariya bagabo bagaragajwe, badashobora kuba mu Gisirikare cy’u Rwanda kubera uburyo gisanzwe kizwiho gukora kinyamwuga.

Mu butumwa buherekejwe n’amafoto ya bamwe mu basirikare b’u Rwanda, Muhoozi yagize ati “Ndizera ntashidikanya ko nta musirikare wa RDF uri muri M23 yagabye igitero hafi ya Bunagana. Uku ni ko RDF basa. Ni igisirikare cy’intangarugero cyane.”

Mu cyumweru gishize, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yinjiye bidasubirwaho mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Nyuma y’uko iki gikorwa cyo kwinjira DRC muri EAC kibaye, Muhoozi yavuze ko Perezida Paul Kagame, Yoweri Kaguta Musevensi na Felix Tshisekedi, bahuje imbaraga bahita barandura umutwe wa M23 kuko ari umutwe udakanganye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Kwibuka28: Ibikorwa biteganyijwe, Kwibukira ku nzibutso bizakorwa ariko ntibigomba kurenza amasaha 2

Next Post

Perezida Kagame ategerejwe muri Zambia mu ruzinduko rw’iminsi 2

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame ategerejwe muri Zambia mu ruzinduko rw’iminsi 2

Perezida Kagame ategerejwe muri Zambia mu ruzinduko rw’iminsi 2

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.