Monday, April 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ishyaka rya Tshisekedi ryatangije ku mugaragaro inzira zo guhindura Itegeko Nshinga rya Congo

radiotv10by radiotv10
20/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ishyaka rya Tshisekedi ryatangije ku mugaragaro inzira zo guhindura Itegeko Nshinga rya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro Union Sacrée de la Nation ry’imitwe ya Politiki ribarizwamo Perezida Felix Tshisekedi wa DRC, ryatangaje ko ryafunguye urubuga rwo kwakira ibitekerezo ku guhindura Itegeko Nshinga ry’iki Gihugu, mu mugambi yatangije uzamuha ububasha bwo kongera kwiyamamaza.

Iri Huriro rya Tshisekedi ryabitangaje mu itangazo ryashyize hanze kuri uyu wa Mbere tariki 20 Mata 2026, ryashyizweho umukono n’Umunyamabanga Uhoraho akaba n’Umuvugizi waryo, André Mbata Betu Kumesu Mangu.

Muri iri tangazo, avuga ko iki cyemezo cyo kwakira ibitekerezo cyafashwe hakurikijwe “imyigaragambyo myinshi yo gushyigikira gahunda yo kuvugurura Itegeko Nshinga yateguwe n’abaturage bacu i Kinshasa, mu Ntara, no mu mahanga hirya no hino muri Afurika, Amerika, Aziya, u Burayi, na Oseyaniya.”

Yakomeje agira ati “kandi dukurikije inyandiko zagenewe Ubuyobozi Bukuru bwa Union Sacrée de la Nation (USN) n’ibikorwa byinshi bisaba kuvugurura Itegeko Nshinga ryo ku wa 18 Gashyantare 2006, ubu riyobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Ubunyamabanga Buhoraho buratumira Amashyaka/amatsinda ya politiki, amashyirahamwe, abanyamuryango bakomeye ba USN, amadini, imiryango itari iya leta iharanira uburenganzira bwa muntu, amashyirahamwe y’abanyamwuga, amasendika y’abakozi, abahanga muri rusange, cyane cyane abanyamategeko, ndetse n’abandi bose bashishikajwe n’ishyaka ry’abanyekongo, baba abari mu gihugu cyangwa abari mu mahanga, gutanga ibitekerezo byabo bitarenze ku wa Gatatu, tariki ya 20 Gicurasi 2026.”

Ubunyamabanga Bukuru bw’iri Huriro, buvuga ko kandi hazashyirwaho komite tekiniki izaba ishinzwe kwiga no gusesengura ibitekerezo bitandukanye bizatangwa kugira ngo hazakorwe raporo izashyikirizwa Perezida Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo.

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo ni we watangije umugambi wo guhindura Itegeko Nshinga ry’Igihugu cye, kugira ngo azabone ububasha bwo kongera kwiyamamariza kuyobora iki Gihugu.

Ni umugambi atavugwaho rumwe, wanamaganiwe kure n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo, byumwihariko Joseph Kabila wasimbuwe na Tshisekedi.

Kabila kandi aherutse gutangaza ko Tshisekedi yamwihindutse ku masezerano bari bagiranye ubwo yajyaga ku butegetsi, kuko bari bumvikanye ko bazajya babusimburanwaho, ariko akaba yarafashe inzira ye.

Tshisekedi agiye gucirwa inzira yo kuzongera kwiyamamariza kuyobora Congo, mu gihe byemejwe ko na Manda ya mbere atari yayitsindiye, ndetse ubutegetsi bwe bukaba bukomeje kunengwa imbaraga nke n’iburabubasha mu gushakira umuti ibibazo biri mu Gihugu cye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − two =

Previous Post

Ku munsi wa mbere umunyamakuru DC Clement agejejwe imbere y’Urukiko ntiyaburanye

Related Posts

Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi

Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi

by radiotv10
20/04/2026
0

Igisirikare cya Israel (IDF) cyatangiye gukora iperereza ku musirikare wacyo wagaragaye mu ifoto yasakaye akubita ishusho ya Yezu mu Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guhindura isura nubwo hasinywe amasezerano

Imirwano muri Congo ikomeje guhindura isura nubwo hasinywe amasezerano

by radiotv10
20/04/2026
0

Imirwano ihanganishije Ihuriro AFC/M23 n’uruhande bahanganye rugizwe na FARDC n’abafasha iki gisirikare cya DRC, irakomeje mu bice byo muri Kivu...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

MONUSCO yashimye intambwe yatewe mu biganiro bya AFC/M23 na Leta ya Congo i Burayi

by radiotv10
20/04/2026
0

Ubuyobozi bw'Ubutumwa bw'Umuryango w'Abibumbye mu burasirazuba bwa DRC (MONUSO) bwashimye intambwe yatewe mu biganiro byahuje Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi...

Amakuru mashya: Iran yemeje ko yafunguye Umuhora wa Hormuz wari wateje ibibazo bikomeye ku Isi

Amakuru mashya: Iran yemeje ko yafunguye Umuhora wa Hormuz wari wateje ibibazo bikomeye ku Isi

by radiotv10
17/04/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araqchi, yatangaje ko inzira ya Hormuz yafunguwe nyuma y’amasezerano yo guhagarika intambara yumvikanyweho muri...

Muri Minembwe bishobora gukomera: Abasirikare b’u Burundi benshi bagaragaye bafite intwaro berecyezayo

Muri Minembwe bishobora gukomera: Abasirikare b’u Burundi benshi bagaragaye bafite intwaro berecyezayo

by radiotv10
17/04/2026
0

Abasirikare benshi b'u Burundi bagaragaye mu gace ka Bibokoboko muri Segiteri ya Mutambala muri Teritwari ya Fizi mu Ntara Kivu...

IZIHERUKA

Ishyaka rya Tshisekedi ryatangije ku mugaragaro inzira zo guhindura Itegeko Nshinga rya Congo
AMAHANGA

Ishyaka rya Tshisekedi ryatangije ku mugaragaro inzira zo guhindura Itegeko Nshinga rya Congo

by radiotv10
20/04/2026
0

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ku munsi wa mbere umunyamakuru DC Clement agejejwe imbere y’Urukiko ntiyaburanye

20/04/2026
Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

20/04/2026
Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi

Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi

20/04/2026
Nyamasheke: Gitifu na mudugudu ntibavuga rumwe ku mafaranga yakwa abaturage kugira ngo bahabwe serivisi

Nyamasheke: Gitifu na mudugudu ntibavuga rumwe ku mafaranga yakwa abaturage kugira ngo bahabwe serivisi

20/04/2026
Nyuma y’amezi abiri Kiliziya Gatulika mu Rwanda yapfushije undi Mupadiri

Nyuma y’amezi abiri Kiliziya Gatulika mu Rwanda yapfushije undi Mupadiri

20/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ishyaka rya Tshisekedi ryatangije ku mugaragaro inzira zo guhindura Itegeko Nshinga rya Congo

Ku munsi wa mbere umunyamakuru DC Clement agejejwe imbere y’Urukiko ntiyaburanye

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.