Ihuriro Union Sacrée de la Nation ry’imitwe ya Politiki ribarizwamo Perezida Felix Tshisekedi wa DRC, ryatangaje ko ryafunguye urubuga rwo kwakira ibitekerezo ku guhindura Itegeko Nshinga ry’iki Gihugu, mu mugambi yatangije uzamuha ububasha bwo kongera kwiyamamaza.
Iri Huriro rya Tshisekedi ryabitangaje mu itangazo ryashyize hanze kuri uyu wa Mbere tariki 20 Mata 2026, ryashyizweho umukono n’Umunyamabanga Uhoraho akaba n’Umuvugizi waryo, André Mbata Betu Kumesu Mangu.
Muri iri tangazo, avuga ko iki cyemezo cyo kwakira ibitekerezo cyafashwe hakurikijwe “imyigaragambyo myinshi yo gushyigikira gahunda yo kuvugurura Itegeko Nshinga yateguwe n’abaturage bacu i Kinshasa, mu Ntara, no mu mahanga hirya no hino muri Afurika, Amerika, Aziya, u Burayi, na Oseyaniya.”
Yakomeje agira ati “kandi dukurikije inyandiko zagenewe Ubuyobozi Bukuru bwa Union Sacrée de la Nation (USN) n’ibikorwa byinshi bisaba kuvugurura Itegeko Nshinga ryo ku wa 18 Gashyantare 2006, ubu riyobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Ubunyamabanga Buhoraho buratumira Amashyaka/amatsinda ya politiki, amashyirahamwe, abanyamuryango bakomeye ba USN, amadini, imiryango itari iya leta iharanira uburenganzira bwa muntu, amashyirahamwe y’abanyamwuga, amasendika y’abakozi, abahanga muri rusange, cyane cyane abanyamategeko, ndetse n’abandi bose bashishikajwe n’ishyaka ry’abanyekongo, baba abari mu gihugu cyangwa abari mu mahanga, gutanga ibitekerezo byabo bitarenze ku wa Gatatu, tariki ya 20 Gicurasi 2026.”
Ubunyamabanga Bukuru bw’iri Huriro, buvuga ko kandi hazashyirwaho komite tekiniki izaba ishinzwe kwiga no gusesengura ibitekerezo bitandukanye bizatangwa kugira ngo hazakorwe raporo izashyikirizwa Perezida Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo.
Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo ni we watangije umugambi wo guhindura Itegeko Nshinga ry’Igihugu cye, kugira ngo azabone ububasha bwo kongera kwiyamamariza kuyobora iki Gihugu.
Ni umugambi atavugwaho rumwe, wanamaganiwe kure n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo, byumwihariko Joseph Kabila wasimbuwe na Tshisekedi.
Kabila kandi aherutse gutangaza ko Tshisekedi yamwihindutse ku masezerano bari bagiranye ubwo yajyaga ku butegetsi, kuko bari bumvikanye ko bazajya babusimburanwaho, ariko akaba yarafashe inzira ye.
Tshisekedi agiye gucirwa inzira yo kuzongera kwiyamamariza kuyobora Congo, mu gihe byemejwe ko na Manda ya mbere atari yayitsindiye, ndetse ubutegetsi bwe bukaba bukomeje kunengwa imbaraga nke n’iburabubasha mu gushakira umuti ibibazo biri mu Gihugu cye.
RADIOTV10










