Thursday, August 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Israel ikomeje gushyira imbaraga mu mugambi wayo utavugwaho wo gufata Gaza

radiotv10by radiotv10
21/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Israel ikomeje gushyira imbaraga mu mugambi wayo utavugwaho wo gufata Gaza
Share on FacebookShare on Twitter

Israel yatangaje ko igiye kongera guhamagara abasirikare bunganira ibihumbi 60, ndetse ikanongerera igihe abandi ibihumbi 20 bari bahasanzwe, kugira ngo bifashishwe mu gitero cyayo gikomeye ku mujyi wa Gaza.

Uyu mujyi, usigaye ufatwa nk’igihome cya nyuma cy’umutwe wa Hamas uherereye mu majyaruguru ya Gaza, ubu uri kwinjirwamo n’ingabo za Israel aho zimaze kugera ku nkengero zawo.

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yasabye ko igitero cyihutishwa, nubwo cyari giteganyijwe kumara amezi atanu cyangwa arenga.

Ibi kandi byatumye hazamuka amajwi menshi y’abanenga uyu mwanzuro, haba imbere mu Gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko bizatuma ikibazo cy’inzara n’ibura ry’ibyangombwa by’ibanze muri Gaza kirushaho gukara, ndetse n’ubuzima bw’abashimuswe basigaye mu maboko ya Hamas bujya mu kaga gakomeye.

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Israel aherutse kuburira ko abasirikare bagenda bacika intege kubera guhamagarwa inshuro nyinshi, ariko ibyo ntibyitabweho.

Ikinyamakuru CNN cyatangaje ko ubushakashatsi buherutse kwerekana ko hafi 40% by’abasirikare bafite ubushake bucye bwo gukomeza gukora, mu gihe abagera kuri 13% ari bo gusa bafite ubushake bwinshi.

Ibi byerekana ko Israel ishobora guhura n’ikibazo mu gihe abaturage benshi bayo na bo bakomeje gusaba ko intambara yarangira.

Jean de Dieu NDAHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 2 =

Previous Post

Ikivugwaho gutera isubikwa ry’urubanza ruregwamo abarimo abasirikare ba RDF n’abanyamakuru

Next Post

Bamwe mu bafite ibinyabiziga boroherejwe ku isuzuma rishya rigiye gutangira mu Rwanda

Related Posts

Afurika yizeje kugira icyo ikora ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo

Afurika yizeje kugira icyo ikora ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
21/08/2025
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe watangaje ko witeguye guherekeza mu rugendo rwo gushyira mu bikorwa amasezerano y’Amahoro yasinywe hagati y’u...

Umubare w’abandura icyorezo cya Korera muri Sudan ukomeje gutumbagira

Umubare w’abandura icyorezo cya Korera muri Sudan ukomeje gutumbagira

by radiotv10
21/08/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima muri Sudani yatangaje ko iki gihugu gihangayikishijwe n’ubwiyongere bw’icyorezo cya Korera, aho nko mu cyumweru kimwe habonetse abantu 1...

Hatangajwe ibigaragaza ko ubutegetsi bwa Congo bwiteguye gukaza imirwano buhanganyemo na AFC/M23

Hatangajwe ibigaragaza ko ubutegetsi bwa Congo bwiteguye gukaza imirwano buhanganyemo na AFC/M23

by radiotv10
20/08/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riratangaza ko uruhande bahanganye, rukomeje gukoresha intwaro za rutura zirimo...

Umubare w’abahitanywe n’umwuzure muri Pakistan watumbagiye

Umubare w’abahitanywe n’umwuzure muri Pakistan watumbagiye

by radiotv10
20/08/2025
0

Imirimo yo gutabara irakomeje muri Pakistan nyuma y’umwuzure ukomeye watewe n’imvura nyinshi yaguye kuva ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, aho...

America n’u Burayi ntibumva kimwe inzira yifuzwa gukoreshwa mu kurangiza intambara yo muri Ukraine

America n’u Burayi ntibumva kimwe inzira yifuzwa gukoreshwa mu kurangiza intambara yo muri Ukraine

by radiotv10
20/08/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America n’Ibihugu by’i Burayi ntibumva kimwe ingingo yo gutegeka u Burusiya guhagarika intambara muri Ukraine nk’uburyo...

IZIHERUKA

Rwanda calls for addressing root causes of conflict in Africa
MU RWANDA

Rwanda calls for addressing root causes of conflict in Africa

by radiotv10
21/08/2025
0

Afurika yizeje kugira icyo ikora ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo

Afurika yizeje kugira icyo ikora ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo

21/08/2025
Igipimo cy’inyungu fatizo ku nguzanyo mu Rwanda cyazamuwe hasobanurwa n’impamvu

Igipimo cy’inyungu fatizo ku nguzanyo mu Rwanda cyazamuwe hasobanurwa n’impamvu

21/08/2025
Iby’ingenzi Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye n’Umuyobozi muri Loni

Iby’ingenzi Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye n’Umuyobozi muri Loni

21/08/2025
Izaba igaragaraho ifoto na nimero gusa-Ibindi byihariye ku Ndangamuntu-Koranabuhanga igiye guhabwa Abanyarwanda

Izaba igaragaraho ifoto na nimero gusa-Ibindi byihariye ku Ndangamuntu-Koranabuhanga igiye guhabwa Abanyarwanda

21/08/2025
APR ishobora kuzatangirana ikirarane, ihurizo kuri Super Cup,…-Iby’ingenzi kuri Shampiyona yatangarijwe amatariki

APR ishobora kuzatangirana ikirarane, ihurizo kuri Super Cup,…-Iby’ingenzi kuri Shampiyona yatangarijwe amatariki

21/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bamwe mu bafite ibinyabiziga boroherejwe ku isuzuma rishya rigiye gutangira mu Rwanda

Bamwe mu bafite ibinyabiziga boroherejwe ku isuzuma rishya rigiye gutangira mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda calls for addressing root causes of conflict in Africa

Afurika yizeje kugira icyo ikora ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo

Igipimo cy’inyungu fatizo ku nguzanyo mu Rwanda cyazamuwe hasobanurwa n’impamvu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.