Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Israel Mbonyi yongeye gukora ibyashobora abahanzi bacye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
26/12/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Israel Mbonyi yongeye gukora ibyashobora abahanzi bacye mu Rwanda

Israel Mbonyi yongera guca impaka

Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Nyagasani, Israel Mbonyi, yongeye kuzuza BK Arena mu gitaramo ngarukamwa ‘Icyambu Live Concert’, nk’uko byari bimeze mu gitaramo nk’iki umwaka ushize.

Uyu muhanzi ukunzwe n’ingeri zose, yaba abakijijwe n’abadakijijwe, abato n’abakuru, yakoze iki gitaramo kuri uyu wa Mbere tariki 25 Ukuboza 2023, ubwo Abaturarwanda bifatanyaga n’abatuye Isi mu kwizihiza umunsi wa Noheli wibutsa Abakristu ivuka rya Yezu.

Muri iki gitaramo cyabereye mu nyubako y’imyidagaduro izwi nka BK Arena, abantu bari bakubise buzuye, dore ko batangiye kuhagera izuba rikiva mu masaha y’igicamunsi kuri uyu wa Mbere.

Israel Mbonyi wabanje guharurirwa inzira y’urubyiniro n’umuhanzi Yvan Ngenzi, yaje kuza ku rubyiniro mu masaha ya kare ubwo yinjiraga aririmba indirimbo ye yisa ‘Nk’umusirikare’ yanitiriye album aherutse gushyira hanze.

Ubwo yageraga ku rubyiniro, byabaye nk’ibihindura isura, kuko abitabiriye iki gitaramo bose bahagurukiye rimwe bagaragaza akanyamuneza kadasanzwe.

Uyu muhanzi na we uzi kuzamura ijwi rikirangira, yakomereje ku ndirimbo ze zirimo iyo yise ‘yaratwimanye’, yaririmbanye n’abitabiriye iki gitaramo.

Uyu muhanzi kandi wanaririmbye indirimbo ze zamenyekanye mu gihe cyo hambere, yananyuzagamo akaririmba indirimbo ze nshya ziganjemo izo mu rurimi rw’Ikiswahili nka ‘Nina Siri’ imaze kuba ikimenyabose muri Afurika y’Iburasirazuba.

Yasoreje ku ndirimbo yise ‘Number one’ na yo yakunzwe n’abatari bacye, banabigaragarije mu kuyimusaba, ubwo bifuzaga indirimbo asorezaho, bose bagahuriza kuri iyi.

Iki gitaramo cyanitabiriwe n’abaturage bo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, cyagaragayemo n’abahanzi bakomeye bari baje nk’abitabiriye igitaramo, barimo umuhanzi The Ben uri mu kwezi kwa buki, ndetse n’Umunya-Tanzania Ommy Dimpoz ufite izina rikomeye mu karere.

The Ben ari mu baje mu gitaramo (Photo/Inyarwanda)

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Imbere y’imbaga y’Abakristu Karidinali Kambanda yamaganiye kure ibyo guha umugisha abatinganyi

Next Post

Ubutumwa bwagaragaye muri telefone y’ukekwa ko yiyahuye bwumvikanamo igishobora kuba cyabimuteye

Related Posts

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

by radiotv10
18/11/2025
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah yagaragaje ko umuhanzi Bill Ruzima watawe muri yombi, afite impano, ariko ko...

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

by radiotv10
18/11/2025
0

Nyuma yuko Umuririmbyi w’Indirimbo zo kuramya Uwiteka, Ishimwe Vestine ashyize hanze ubutumwa bamwe bakabufata nk’ubuca amarenga ko ishyamba atari ryeru...

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

by radiotv10
18/11/2025
0

Umuririmbyi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine uririmbana n’umuvandimwe Dorcas, yashyize hanze ubutumwa buca amarenga ko mu rugo...

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

by radiotv10
18/11/2025
0

Umuhanzi Bill Ruzima uri mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB kubera ibyaha byo kunywa no gutunda urumogi, bivugwa ko yemera...

Men and fashion: How Rwandan men are redefining style

Kwambara neza no kuberwa ntibikiri iby’abakobwa gusa ubu n’abasore bo mu Rwanda barabiyobotse

by radiotv10
18/11/2025
0

Mu myaka yshize, imyambarire no kwiyitaho byari iby’abakobwa n’abagore. Abasore n’abagabo benshi bumvaga ibyo guhitamo imyenda myiza no kwisiga amavuta...

IZIHERUKA

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi
IMYIDAGADURO

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

by radiotv10
18/11/2025
0

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

18/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bwagaragaye muri telefone y’ukekwa ko yiyahuye bwumvikanamo igishobora kuba cyabimuteye

Ubutumwa bwagaragaye muri telefone y’ukekwa ko yiyahuye bwumvikanamo igishobora kuba cyabimuteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.