Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Israel Mbonyi yongeye gukora ibyashobora abahanzi bacye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
26/12/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Israel Mbonyi yongeye gukora ibyashobora abahanzi bacye mu Rwanda

Israel Mbonyi yongera guca impaka

Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Nyagasani, Israel Mbonyi, yongeye kuzuza BK Arena mu gitaramo ngarukamwa ‘Icyambu Live Concert’, nk’uko byari bimeze mu gitaramo nk’iki umwaka ushize.

Uyu muhanzi ukunzwe n’ingeri zose, yaba abakijijwe n’abadakijijwe, abato n’abakuru, yakoze iki gitaramo kuri uyu wa Mbere tariki 25 Ukuboza 2023, ubwo Abaturarwanda bifatanyaga n’abatuye Isi mu kwizihiza umunsi wa Noheli wibutsa Abakristu ivuka rya Yezu.

Muri iki gitaramo cyabereye mu nyubako y’imyidagaduro izwi nka BK Arena, abantu bari bakubise buzuye, dore ko batangiye kuhagera izuba rikiva mu masaha y’igicamunsi kuri uyu wa Mbere.

Israel Mbonyi wabanje guharurirwa inzira y’urubyiniro n’umuhanzi Yvan Ngenzi, yaje kuza ku rubyiniro mu masaha ya kare ubwo yinjiraga aririmba indirimbo ye yisa ‘Nk’umusirikare’ yanitiriye album aherutse gushyira hanze.

Ubwo yageraga ku rubyiniro, byabaye nk’ibihindura isura, kuko abitabiriye iki gitaramo bose bahagurukiye rimwe bagaragaza akanyamuneza kadasanzwe.

Uyu muhanzi na we uzi kuzamura ijwi rikirangira, yakomereje ku ndirimbo ze zirimo iyo yise ‘yaratwimanye’, yaririmbanye n’abitabiriye iki gitaramo.

Uyu muhanzi kandi wanaririmbye indirimbo ze zamenyekanye mu gihe cyo hambere, yananyuzagamo akaririmba indirimbo ze nshya ziganjemo izo mu rurimi rw’Ikiswahili nka ‘Nina Siri’ imaze kuba ikimenyabose muri Afurika y’Iburasirazuba.

Yasoreje ku ndirimbo yise ‘Number one’ na yo yakunzwe n’abatari bacye, banabigaragarije mu kuyimusaba, ubwo bifuzaga indirimbo asorezaho, bose bagahuriza kuri iyi.

Iki gitaramo cyanitabiriwe n’abaturage bo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, cyagaragayemo n’abahanzi bakomeye bari baje nk’abitabiriye igitaramo, barimo umuhanzi The Ben uri mu kwezi kwa buki, ndetse n’Umunya-Tanzania Ommy Dimpoz ufite izina rikomeye mu karere.

The Ben ari mu baje mu gitaramo (Photo/Inyarwanda)

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 5 =

Previous Post

Imbere y’imbaga y’Abakristu Karidinali Kambanda yamaganiye kure ibyo guha umugisha abatinganyi

Next Post

Ubutumwa bwagaragaye muri telefone y’ukekwa ko yiyahuye bwumvikanamo igishobora kuba cyabimuteye

Related Posts

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddy Boo ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banitaga ‘Umwamikazi wazo’, yagaragaje ko umwaka ushize wamubereye uw’imitwaro, ariko...

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuvangamiziki Shema Arnaud uzwi nka DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibyaha birimo ibishingiye ku mpanuka aherutse gukora ubwo yagongaga umupolisi akitaba Imana,...

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Umuhanga mu kuvangavanga imiziki, Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk uherutse gutabwa muri yombi nyuma yo kugonga umupolisi agahita yitaba...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bwagaragaye muri telefone y’ukekwa ko yiyahuye bwumvikanamo igishobora kuba cyabimuteye

Ubutumwa bwagaragaye muri telefone y’ukekwa ko yiyahuye bwumvikanamo igishobora kuba cyabimuteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.