Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Itegeko rishya ritishimiwe n’abahanzi Nyarwanda ryongeye kuvugwaho n’umwe mu bagize Guverinoma

radiotv10by radiotv10
22/08/2024
in MU RWANDA
0
Itegeko rishya ritishimiwe n’abahanzi Nyarwanda ryongeye kuvugwaho n’umwe mu bagize Guverinoma
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Sandrine Umutoni yamaze impungenge abahanzi batanyuzwe n’itegeko rishya ryerekeye kurengera umutungo bwite mu by’ubwenge, ko ritazabangamira uburenganzira bwabo nk’uko bamwe babiketse.

Iri tegeko rishya ryasohotse mu Igazeti ya Leta yo ku ya 31 Nyakanga 2024, ririmo ingingo zitanyuze bamwe mu bahanzi Nyarwanda, nk’ingingo ya 301, yemera ikoreshwa rya bimwe mu bihangano by’abahanzi mu ruhame, bitagombye ko bitangirwa uburenganzira.

Umuhanzi Tom Close wagaragaje ko atanyuzwe na bimwe mu biteganywa n’iri tegeko, mu butumwa aherutse gutanga, yagize ati “Ba nyakubahwa igihangano cy’umuhanzi cyagakwiriye kumuha inyungu, yahitamo kuyigomwa ku nyungu rusange akaba ariwe wifatira icyemezo.”

Gusa Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yizeje abahanzi ko iri tegeko rigiye gusuzumwa kugira ngo ibibangamiye abahanzi bibe byagororwa.

Dr. Utumatwishima yagize ati “Ingingo ya 301 ya IP Law (intellectual property law) tuzafatanya n’inzego zose zagize uruhare mu gushyiraho itegeko tuyisuzume ibe yanozwa. Abahanzi, ababareberera inyungu, abanyamategeko, aba DJs n’abategura ibitaramo, mwese tuzaganira vuba cyane, dufatanyije tuzabinoza twihangane.”

Kuri uyu wa Kane tariki 22 Kanama 2024, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Sandrine Umutoni, yizeje aba bahanzi ko iri tegeko ritazabangamira uburenganzira bwabo.

Yagize ati “Ku bo mu ruganda rw’ubuhanzi, itegeko riheruka gusohoka ntirizabambura uburenganzira ku mutungo mu by’ubwenge w’ibihangano byanyu.”

Yakomeje agira ati “Inzego zateguye, izemeje ndetse n’izizakurikirana iyubahirizwa ry’iri tegeko, zizatanga umucyo kuri iyi ngingo yihariye, icyayiteye, ndetse n’ibisobanuro by’izindi ngingo, zirimo n’izirebana n’amasezerano mpuzamahanga u Rwanda rwemeje.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Ubuhanzi, yaboneyeho gushima uruhare rw’uruganda rw’ubuhanzi bigira mu iterambere ry’ubukungu bw’Igihugu.

Yavuze ko amategeko ashyirwaho agamije iyubahirizwa ry’uburenganzira bw’abahanzi no kurengera umutungo bwite mu by’ubwenge, kandi ko rizakomeza kunonosorwa ndetse no kuganirwaho n’abo rireba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + four =

Previous Post

India: Hatangajwe icyakurikiye nyuma y’ibyago byatewe na Gaze bigasiga benshi mu marira

Next Post

Abajyanama b’Umujyi wa Kigali biyongera ku bashyizweho na Perezida Kagame bamenyekanye

Related Posts

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

IZIHERUKA

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)
MU RWANDA

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

06/01/2026
Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abajyanama b’Umujyi wa Kigali biyongera ku bashyizweho na Perezida Kagame bamenyekanye

Abajyanama b’Umujyi wa Kigali biyongera ku bashyizweho na Perezida Kagame bamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.