Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Itsinda ry’indwanyi kabuhariwe zaniyambajwe na DRCongo ryatangiye gufatirwa ibyemezo bikarishye

radiotv10by radiotv10
11/05/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje icyifuzo gikomeye inerura iby’abacancuro b’indwanyi b’Abarusiya bazanywe muri DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Itsinda ry’Indwanyi z’abacancuro rya Wagner Group, rikomeje gushyirwa ku rutonde rw’imitwe w’iterabwoba n’Ibihugu byo ku Mugabane w’u Burayi birimo u Bufaransa, bukomeje no gushishikariza ibindi kwemeza iri tsinda nk’umutwe w’iterabwoba, kugira ngo rikomanyirizwe ahantu hose.

Inteko Ishinga Amategeko y’u Bufaransa yatoye itegero ryemeza ko iri tsinda rikomoka mu Burusiya, ari uw’abacancuro bari mu murongo wa Politiki ya dupigane ya Perezida Vlarimir Putin.

Umwe mu Bashingamategeko b’u Bufaransa, Benjamin Haddad yagize ati “Urebye aho bakorera hose abacancuro ba Wagner bagenda bakwirakwiza ibikorwa bibi birimo guhungabanya umutekano n’urugomo.”

Benjamin Haddad yakomeje agira ati “Barica bakanakora iyicarubozo. Bakora ubuhotozi, bakanafata bugwate. Batera ubwoba kandi bagakoreshwa mu bikorwa byo kwimakaza umuco wo kudahana.”

Uyu mushingamategeko wo mu Nteko y’u Bufaransa yavuze ko abarwanyi ba Wagner atari abacancuro nk’abandi basanzwe bajyanwa n’amafaranga ahubwo “bagendagenda hose, bakava muri Mali bakajya muri Ukraine bagiye gutanga ubufasha mu bikorwa by’ubushotoranyi bya Perezida Putin bibangamira Demokarasi yacu.”

Abayobozi b’u Bufaransa kandi bashinja iri tsinda kuba ryaratobeje imigambi y’u Bufaransa mu Burengerazuba bwa Afurika byumwihariko muri Mali.

Benjamin Haddad yavuze ko yizeye ko uyu mwanzuro wafashwe n’Inteko yabo, uzabera urugero ibindi Bihugu binyamuryango w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burari, byo gushyira Wagner mu mitwe y’iterabwoba.

Perezida Volodymyr Zelenskyy w’Igihugu cya Ukraine gihanganye n’u Burusiya, yoherereje ubutumwa Inteko Ishinga Amategeko y’u Bufaransa, ayishimira kuba yafashe iki cyemezo, asaba Ibindi Bihugu kugenza nk’u Bufaransa.

Iri tsinda rya Wagner rifite abarwanyi biyambajwe na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu bikorwa byo guhanga n’umutwe wa M23, ndetse no mu gihe iki Gihugu cyari gikomeje kuvuga ko kiteguye gushoza intarambara ku Rwanda.

Perezida Paul Kagame yigeze kugaruka kuri aba bacancuro ba Wagner biyambajwe na DRC, avuga ko bizatuma ibintu birushaho kuba bibi.

Mu butumwa yatanze tariki 09 Murarama uyu mwaka, Perezida Kagame yagize ati “Niwumva ko ikibazo kirambirije ku bacancuro ujye umenya ko kabaye. Nibiza rero kuri twe guhangana n’abacancuro, twebwe rwose dufite ubushobozi burenze ubukenewe bwo guhangana n’abacancuro. Abacancuro ni abantu b’imburamumaro udashobora gutegeraho amakiriro. Rero Ibihugu birambirije ku bacancuro mujye mumenya ko muri mu kangaratete.”

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yanemeye ko aba bacancuro koko bari muri iki Gihugu, yavuze ko bagiye mu bikorwa gutoza abasirikare ba FARDC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 18 =

Previous Post

Ubutumwa bw’ingenzi bwahawe Abapolisi bagiye kujya mu butumwa bw’amahoro

Next Post

Umunyamakuru Kazungu Clever noneho agaragaje ikibazo cy’ingutu kitagarukwaho kiri mu byagwingije ‘Football’ nyarwanda

Related Posts

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

IZIHERUKA

How social media Is Changing the Meaning of Fame
IMYIDAGADURO

How social media Is Changing the Meaning of Fame

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru Kazungu Clever noneho agaragaje ikibazo cy’ingutu kitagarukwaho kiri mu byagwingije ‘Football’ nyarwanda

Umunyamakuru Kazungu Clever noneho agaragaje ikibazo cy’ingutu kitagarukwaho kiri mu byagwingije ‘Football’ nyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How social media Is Changing the Meaning of Fame

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.