Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Itsinda ry’indwanyi kabuhariwe zaniyambajwe na DRCongo ryatangiye gufatirwa ibyemezo bikarishye

radiotv10by radiotv10
11/05/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje icyifuzo gikomeye inerura iby’abacancuro b’indwanyi b’Abarusiya bazanywe muri DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Itsinda ry’Indwanyi z’abacancuro rya Wagner Group, rikomeje gushyirwa ku rutonde rw’imitwe w’iterabwoba n’Ibihugu byo ku Mugabane w’u Burayi birimo u Bufaransa, bukomeje no gushishikariza ibindi kwemeza iri tsinda nk’umutwe w’iterabwoba, kugira ngo rikomanyirizwe ahantu hose.

Inteko Ishinga Amategeko y’u Bufaransa yatoye itegero ryemeza ko iri tsinda rikomoka mu Burusiya, ari uw’abacancuro bari mu murongo wa Politiki ya dupigane ya Perezida Vlarimir Putin.

Umwe mu Bashingamategeko b’u Bufaransa, Benjamin Haddad yagize ati “Urebye aho bakorera hose abacancuro ba Wagner bagenda bakwirakwiza ibikorwa bibi birimo guhungabanya umutekano n’urugomo.”

Benjamin Haddad yakomeje agira ati “Barica bakanakora iyicarubozo. Bakora ubuhotozi, bakanafata bugwate. Batera ubwoba kandi bagakoreshwa mu bikorwa byo kwimakaza umuco wo kudahana.”

Uyu mushingamategeko wo mu Nteko y’u Bufaransa yavuze ko abarwanyi ba Wagner atari abacancuro nk’abandi basanzwe bajyanwa n’amafaranga ahubwo “bagendagenda hose, bakava muri Mali bakajya muri Ukraine bagiye gutanga ubufasha mu bikorwa by’ubushotoranyi bya Perezida Putin bibangamira Demokarasi yacu.”

Abayobozi b’u Bufaransa kandi bashinja iri tsinda kuba ryaratobeje imigambi y’u Bufaransa mu Burengerazuba bwa Afurika byumwihariko muri Mali.

Benjamin Haddad yavuze ko yizeye ko uyu mwanzuro wafashwe n’Inteko yabo, uzabera urugero ibindi Bihugu binyamuryango w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burari, byo gushyira Wagner mu mitwe y’iterabwoba.

Perezida Volodymyr Zelenskyy w’Igihugu cya Ukraine gihanganye n’u Burusiya, yoherereje ubutumwa Inteko Ishinga Amategeko y’u Bufaransa, ayishimira kuba yafashe iki cyemezo, asaba Ibindi Bihugu kugenza nk’u Bufaransa.

Iri tsinda rya Wagner rifite abarwanyi biyambajwe na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu bikorwa byo guhanga n’umutwe wa M23, ndetse no mu gihe iki Gihugu cyari gikomeje kuvuga ko kiteguye gushoza intarambara ku Rwanda.

Perezida Paul Kagame yigeze kugaruka kuri aba bacancuro ba Wagner biyambajwe na DRC, avuga ko bizatuma ibintu birushaho kuba bibi.

Mu butumwa yatanze tariki 09 Murarama uyu mwaka, Perezida Kagame yagize ati “Niwumva ko ikibazo kirambirije ku bacancuro ujye umenya ko kabaye. Nibiza rero kuri twe guhangana n’abacancuro, twebwe rwose dufite ubushobozi burenze ubukenewe bwo guhangana n’abacancuro. Abacancuro ni abantu b’imburamumaro udashobora gutegeraho amakiriro. Rero Ibihugu birambirije ku bacancuro mujye mumenya ko muri mu kangaratete.”

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yanemeye ko aba bacancuro koko bari muri iki Gihugu, yavuze ko bagiye mu bikorwa gutoza abasirikare ba FARDC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × five =

Previous Post

Ubutumwa bw’ingenzi bwahawe Abapolisi bagiye kujya mu butumwa bw’amahoro

Next Post

Umunyamakuru Kazungu Clever noneho agaragaje ikibazo cy’ingutu kitagarukwaho kiri mu byagwingije ‘Football’ nyarwanda

Related Posts

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
20/01/2026
0

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yabwiye abaturage ko intsinzi ikomeye yabonye mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka igaragaza ubuhangange bw’ishyaka rye,...

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

IZIHERUKA

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?
MU RWANDA

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru Kazungu Clever noneho agaragaje ikibazo cy’ingutu kitagarukwaho kiri mu byagwingije ‘Football’ nyarwanda

Umunyamakuru Kazungu Clever noneho agaragaje ikibazo cy’ingutu kitagarukwaho kiri mu byagwingije ‘Football’ nyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.