Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iyaba twashobora gukora byinshi n’ahandi- Perezida Kagame afungura inyubako ya Radiant yatwaye Miliyari 22Frw

radiotv10by radiotv10
23/05/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Iyaba twashobora gukora byinshi n’ahandi- Perezida Kagame afungura inyubako ya Radiant yatwaye Miliyari 22Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko atari ngombwa gushimira Leta korohereza abashoramari gukora ibikorwa by’iterambere nk’inyubako yujujwe na Sosiyete y’Ubwishingizi ya Radiant, kuko ari inshingano zayo, ahubwo ko iyaba byashobokaga ngo bikorerwe n’ibindi bigo no mu bindi bice by’Igihugu.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 23 Gicurasi 2024, ubwo yafunguraga ku mugaragaro inyubako izakoreramo icyicaro gikuru cya Sosiyete y’Ubwishingizi ya Radiant Insurance Company Ltd yubatse mu Mudugudu wa Imena mu Kagari ka Kiyovu, Umurenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali.

Perezida Kagame yavuze ko igikorwa nk’iki cy’iterambere, ari kimwe mu byo Igihugu cyifuza kugira kuko bikizanira amahirwe mu rugendo rwo gukomeza guteza imbere ubukungu bwacyo.

Ati “Amafaranga yagiye kuri iyi nyubako n’ibindi, ni byo twifuza kubona mu Gihugu cyacu, yaba muri uyu mujyi mu murwa mukuru, n’ahandi mu Ntara no mu Turere, turashaka kubona ishoramari ritera imbere, ibikorwa by’iterambere by’ubukungu bigenda neza.”

Perezida Kagame yavuze ko ari inshingano za Leta mu gufasha abikorera kugera ku bikorwa nk’ibi, yaba mu gushyiraho amategeko ndetse na Politiki byorohereza abashoramari.

Yavuze ko hari ibibazo bikiriho koko, yizeza ko iyo bimenyekanye ibishoboka bishakirwa umuti, bikajya ku ruhande kugira ngo abikorera bakomeze gukorera mu mwuka uborohera.

Perezida Kagame avuga ko yaba inzego za Leta ndetse n’iz’abikorera, iteka baba bafite ibyo bagomba gukora kugira ngo ishoramari nk’iri rigende neza kandi rigirire akamaro abaturage.

Yavuze ko Leta ihora ifite izo nshingano zo korohereza no gufasha ishoramari nk’iri gukorera ahantu heza, kandi ikabikora itagamije gushimirwa.

Ati “Ibyo kuvuga ko twagize uruhare mu gutuma ibi bikorwa bishoboka, mukimuka aho mwari muri mukaza aha biteza imbere ibikorwa kurusha, n’ubundi ni yo nshingano dufite, iyaba twashoboraga gukora byinshi no ku bandi n’ahandi, byadushimisha.”

Nanone kandi kuba sosiyete nk’iyi yarabashije kubyaza umusaruro amahirwe y’ibyo yafashijwemo na Leta, na byo ari ibyo gushimira.

Ati “Ni byiza ko mutapfushije ubusa iyo nkunga mwatewe, ibikorwa hano birivugira, uru ni urugero, kuba njye naje hano gufatanya namwe gufungura iyi nyubako byari ukubashyigikira ariko no kugira ngo n’abandi barebereho, bibe urugero no mu bindi bikorwa nk’ibi cyangwa n’ibindi bitandukanye bishoboka.”

Inyubako ya Radiant inogeye ijisho

Yashimye uburyo yubatswe

Perezida Kagame yavuze ko yashimye iki gikorwa, avuga ko nubwo atatembereye muri iyi nyubako yose, ariko yabonye igaragara neza, ariko ko naramuka agize icyo abona cyo kunenga azakibwira ubuyobozi bw’iyi sosiyete.

Avuga ko akunda kunenga iyo abonye ibitanoze, ariko ko biba bigamije kugira ngo ibikwiye gukosorwa bikosorwe. Ati “Kunenga ntabwo ari ukutanyurwa, kunenga ni ukugira ngo ibikorwa birusheho kumera neza, ntakindi biba bigamije.”

Avuga ko mu rugendo rwo kwiyubaka k’u Rwanda, hari intambwe ishimishije igaragara yatewe, kandi ko byagiye bigerwaho kubera kugenda habaho kunoza no kwibutswa ibyo abantu bakwiye gukora neza.

Ati “Hari ubwo ikintu gikozwe neza n’igikozwe nabi kandi ubundi biri mu ntera imwe, hari ubwo ikiguzi cyabyo kiba kingana. Ushobora kubaka inzu nziza nk’iyi, ukaba uyibona ko ari nziza nk’uku, undi akubaka indi isa nk’iyi biteye kimwe, bifite urugero rumwe, ibivuyemo ntibise kandi byatwaye amafaranga angana.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze kandi ko agenda anabigaragaza mu zindi nzego atari mu bikorwa remezo gusa nk’ibi, ariko byose biba bigamije kugira ngo ibikosorwa bikosorwe, kuko iyo bidakosowe bigira ikiguzi kindi bitwara, cyangwa ingaruka bizana.

Ati “Ariko muri ibyo byose ndashima ko mwakoze iki gikorwa ndetse n’imirimo mukora yatumye mushobora ibi, n’ibizakorerwamo n’ibindi.”

Perezida Kagame yavuze ko atazahwema gushyigikira abandi bakora ibyiza nk’ibi, kuko biba bigamije ineza y’abaturage ndetse bikazanira n’inyungu ubukungu bw’Igihugu.

Iyi nyubako izakoreramo icyiciro Gikuru cya Sosiyete y’Ubwishingizi ya Radiant, ifite agaciro ka miliyari 22 Frw, ikaba yarubatswe mu gihe cy’imyaka itanu. Izanakoreramo kandi ibindi bigo by’ubucuruzi nk’Amabanki ndetse n’ibindi.

Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro iyi nyubako
Umukuru w’u Rwanda avuga ko ibikorwa nk’ibi ari byo Igihugu cyifuza

Iyi nyubako ifite agaciro ka miliyari 22 Frw

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − nine =

Previous Post

Umunyarwenya uzwi mu Rwanda na we yatanze kandidatire ngo azahatanire kuba Umudepite

Next Post

Hatangajwe undi muti ugiye kuvugutirwa ikibazo cy’ibirombe bihitana ubuzima bwa bamwe mu Rwanda

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe undi muti ugiye kuvugutirwa ikibazo cy’ibirombe bihitana ubuzima bwa bamwe mu Rwanda

Hatangajwe undi muti ugiye kuvugutirwa ikibazo cy’ibirombe bihitana ubuzima bwa bamwe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.