Friday, November 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Izamuka ry’amafaranga abagenzi bishyura mu ngendo bishobora kugera no ku biciro ku masoko?

radiotv10by radiotv10
14/03/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Izamuka ry’amafaranga abagenzi bishyura mu ngendo bishobora kugera no ku biciro ku masoko?
Share on FacebookShare on Twitter

Leta y’u Rwanda yahagaritse amafaranga yari imaze imyaka itatu yunganira ku giciro cy’abakoresha imodoka zitwara abagenzi mu buryo rusange, nubwo Banki Nkuru y’u Rwanda yari iherutse gutangaza ko bikwiye gukoranwa ubushishozi akagenda akurwaho mu byiciro, kuko bishobora gutumbagiza ibiciro ku masoko.

Icyemezo cyo gukura nkunganire y’amafaranga Leta yongereraga kuri buri mugenzi utega imodoka, cyari giherutse kuvugwaho, ariko kikaba cyatangajwe ku mugaragaro ku wa Kabiri tariki 12 Werurwe 2024.

Iki cyemezo kizatangira kubahirizwa ku wa Gatandatu tariki 16 Werurwe, kizatuma ibiciro by’ingendo bihita byiyongera ku bagenzi, aho nk’umuntu wavaga mu mujyi rwagati yerecyeza kimironko wishyuraga 253 Frw, ubu azajya yishyura arwishyura 355. Iibi bivuze ko hiyongereyeho 102 Frw, akaba 204 Frw mu gihe agomba kugenda akanagaruka.

Iki ni icyemezo cyatangajwe nyuma y’umunsi umwe Guverinoma y’u Rwanda itangaje ko umusaruro mbumbe w’ubukungu wazamutse ku muvuduko wa 8,4% muri 2023, nyamara muri 2019 bwari bwazamutse ku muvuduko wa 9,2%. Iri gabanuka ry’umuvuduko rikaba ryari ryaratewe n’icyorezo cya COVID-19 cyageze mu Rwanda muri 2020.

Ni mu gieh kandi irya nkunganire yashyirwaga mu ngendo, yari yatangiye gushyirwamo mu rwego rwo guhangana n’ingaruka z’iki cyorezo.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigabi, Dr Uzziel Ndagijimana avuga ko nubwo iyi nkunganire yakuwemo umuvuduko w’izamuka ry’ubukungu utarasubira uko wahoze mbere ya COVID, ariko uhagaze neza.

Yagize ati “Ni ukuvuga ngo mbere ya COVID-19 twari ku rugero rusaga 9%, muri 2021 twagize 10,9%, muri 2022 tugira 8,2%, umwaka ushize tugira 8,4% byose byiyongera ku byari byagezweho mu mwaka ubanza. Ni ukuvuga ngo guhera icyo gihe kugera uyu munsi ubukungu bwarazamutse cyane, aho turi uyu munsi hari hejuru cyane tugereranyije n’aho twari turi mbere ya Covid.”

Depite Frank Habineza yari aherutse kugira icyo avuga kuri izi ngingo zombi z’izamuka ry’ubukungu ndetse no gukura nkunganire mu gutwara abagenzi, avuga ko byaba byitondewe.

Yari yagize ati “Hari abagaragaza ko ubukungu nubwo imibare igaragaza ko buhagaze neza; ariko mu mifuka y’abaturage ntabwo birahagarara neza, zngaruka ziracyahari.”

Ukwezi kwa Mutarama 2024 kwasize umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ku masoko ugeze kuri 5% uvuye kuri 21% byariho mu mpera z’umwaka wa 2022.

Banki Nkuru y’u Rwanda kandi iherutse gutangaza ko nihatabaho ibindi bibazo, uyu mwaka uzarangira umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ukiri kuri iyi mibare myiza, ndetse ko hifuzwa ko uyu muvuduko ugomba kuba hagati ya 2% na 8%.

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa aherutse kuvuga ko basabye ko icyemezo cyo gukuraho amafaranga Leta yishyuriraga abagenzi ku giciro cy’ingenda, cyashyirwa mu bikorwa mu buryo butagira ingaruka ku mibereho y’abaturage.

Yari yagize ati “Ntabwo turamenya uko leta izabikora, ariko icyo twasabye ni uko byakorwa ntibibe icyarimwe kugira ngo bye kugira ingaruka ku bantu no kuri iyi mibare tureba.”

Goverinoma y’u Rwanda yo yatangaje ko yari imaze gutanga miliyari 91 Frw muri iyi gahunda yo kunganira abagenzi ku biciro by’ingendo, ndetse ivuga ko ayashyirwagamo, agiye kujya mu bindi bikorwa byunganira imibereho y’abaturage.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − 1 =

Previous Post

Ikipe y’i Burundi yasezerewe kubera gutsimbarara ku kutambara ‘Visit Rwanda’ yatanze ubutumwa

Next Post

Muhanga: Umuyobozi wakundaga kuguza amafaranga abaturage no kwikopesha aravugwaho ubuhemu

Related Posts

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

by radiotv10
14/11/2025
0

Investor Eugene Nyagahene, founder of Tele 10 Group and owner of a five-star hotel in Karongi District, has announced a...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice by’Uturere dutatu mu Rwanda

by radiotv10
14/11/2025
0

Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu REG, yateguje ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice bimwe byo mu Turere twa Nyarugenge, Nyamasheke na...

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

by radiotv10
14/11/2025
0

Abakoresha Gare ya Nyanza barasaba ko yakongerwa cyangwa igasanwa, kuko yabaye nto cyane ugereranyije n’umubare w’ibinyabiziga n’abagenzi biyongereye muri iyi...

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwakoze mu nzego za Leta wanifuzaga kuba Umudepite uregwa Jenoside

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwakoze mu nzego za Leta wanifuzaga kuba Umudepite uregwa Jenoside

by radiotv10
14/11/2025
0

Musonera Germain wakoze mu biro bya Minisitiri w’Intebe, wanifuzaga kuba Umudepite akaza gutabwa muri yombi akurikiranyweho ibyaha bya Jenoside, yakatiwe...

IZIHERUKA

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga
MU RWANDA

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

14/11/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice by’Uturere dutatu mu Rwanda

14/11/2025
Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

14/11/2025
Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhanga: Umuyobozi wakundaga kuguza amafaranga abaturage no kwikopesha aravugwaho ubuhemu

Muhanga: Umuyobozi wakundaga kuguza amafaranga abaturage no kwikopesha aravugwaho ubuhemu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.