Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Izamuka ry’amafaranga abagenzi bishyura mu ngendo bishobora kugera no ku biciro ku masoko?

radiotv10by radiotv10
14/03/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Izamuka ry’amafaranga abagenzi bishyura mu ngendo bishobora kugera no ku biciro ku masoko?
Share on FacebookShare on Twitter

Leta y’u Rwanda yahagaritse amafaranga yari imaze imyaka itatu yunganira ku giciro cy’abakoresha imodoka zitwara abagenzi mu buryo rusange, nubwo Banki Nkuru y’u Rwanda yari iherutse gutangaza ko bikwiye gukoranwa ubushishozi akagenda akurwaho mu byiciro, kuko bishobora gutumbagiza ibiciro ku masoko.

Icyemezo cyo gukura nkunganire y’amafaranga Leta yongereraga kuri buri mugenzi utega imodoka, cyari giherutse kuvugwaho, ariko kikaba cyatangajwe ku mugaragaro ku wa Kabiri tariki 12 Werurwe 2024.

Iki cyemezo kizatangira kubahirizwa ku wa Gatandatu tariki 16 Werurwe, kizatuma ibiciro by’ingendo bihita byiyongera ku bagenzi, aho nk’umuntu wavaga mu mujyi rwagati yerecyeza kimironko wishyuraga 253 Frw, ubu azajya yishyura arwishyura 355. Iibi bivuze ko hiyongereyeho 102 Frw, akaba 204 Frw mu gihe agomba kugenda akanagaruka.

Iki ni icyemezo cyatangajwe nyuma y’umunsi umwe Guverinoma y’u Rwanda itangaje ko umusaruro mbumbe w’ubukungu wazamutse ku muvuduko wa 8,4% muri 2023, nyamara muri 2019 bwari bwazamutse ku muvuduko wa 9,2%. Iri gabanuka ry’umuvuduko rikaba ryari ryaratewe n’icyorezo cya COVID-19 cyageze mu Rwanda muri 2020.

Ni mu gieh kandi irya nkunganire yashyirwaga mu ngendo, yari yatangiye gushyirwamo mu rwego rwo guhangana n’ingaruka z’iki cyorezo.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigabi, Dr Uzziel Ndagijimana avuga ko nubwo iyi nkunganire yakuwemo umuvuduko w’izamuka ry’ubukungu utarasubira uko wahoze mbere ya COVID, ariko uhagaze neza.

Yagize ati “Ni ukuvuga ngo mbere ya COVID-19 twari ku rugero rusaga 9%, muri 2021 twagize 10,9%, muri 2022 tugira 8,2%, umwaka ushize tugira 8,4% byose byiyongera ku byari byagezweho mu mwaka ubanza. Ni ukuvuga ngo guhera icyo gihe kugera uyu munsi ubukungu bwarazamutse cyane, aho turi uyu munsi hari hejuru cyane tugereranyije n’aho twari turi mbere ya Covid.”

Depite Frank Habineza yari aherutse kugira icyo avuga kuri izi ngingo zombi z’izamuka ry’ubukungu ndetse no gukura nkunganire mu gutwara abagenzi, avuga ko byaba byitondewe.

Yari yagize ati “Hari abagaragaza ko ubukungu nubwo imibare igaragaza ko buhagaze neza; ariko mu mifuka y’abaturage ntabwo birahagarara neza, zngaruka ziracyahari.”

Ukwezi kwa Mutarama 2024 kwasize umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ku masoko ugeze kuri 5% uvuye kuri 21% byariho mu mpera z’umwaka wa 2022.

Banki Nkuru y’u Rwanda kandi iherutse gutangaza ko nihatabaho ibindi bibazo, uyu mwaka uzarangira umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ukiri kuri iyi mibare myiza, ndetse ko hifuzwa ko uyu muvuduko ugomba kuba hagati ya 2% na 8%.

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa aherutse kuvuga ko basabye ko icyemezo cyo gukuraho amafaranga Leta yishyuriraga abagenzi ku giciro cy’ingenda, cyashyirwa mu bikorwa mu buryo butagira ingaruka ku mibereho y’abaturage.

Yari yagize ati “Ntabwo turamenya uko leta izabikora, ariko icyo twasabye ni uko byakorwa ntibibe icyarimwe kugira ngo bye kugira ingaruka ku bantu no kuri iyi mibare tureba.”

Goverinoma y’u Rwanda yo yatangaje ko yari imaze gutanga miliyari 91 Frw muri iyi gahunda yo kunganira abagenzi ku biciro by’ingendo, ndetse ivuga ko ayashyirwagamo, agiye kujya mu bindi bikorwa byunganira imibereho y’abaturage.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + seven =

Previous Post

Ikipe y’i Burundi yasezerewe kubera gutsimbarara ku kutambara ‘Visit Rwanda’ yatanze ubutumwa

Next Post

Muhanga: Umuyobozi wakundaga kuguza amafaranga abaturage no kwikopesha aravugwaho ubuhemu

Related Posts

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

IZIHERUKA

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi
FOOTBALL

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

28/01/2026
Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhanga: Umuyobozi wakundaga kuguza amafaranga abaturage no kwikopesha aravugwaho ubuhemu

Muhanga: Umuyobozi wakundaga kuguza amafaranga abaturage no kwikopesha aravugwaho ubuhemu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.