Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO BASKETBALL

Ikipe y’i Burundi yasezerewe kubera gutsimbarara ku kutambara ‘Visit Rwanda’ yatanze ubutumwa

radiotv10by radiotv10
13/03/2024
in BASKETBALL, SIPORO
1
Ikipe y’i Burundi yasezerewe kubera gutsimbarara ku kutambara ‘Visit Rwanda’ yatanze ubutumwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Dynamo Basketball Club yo mu Gihugu cy’u Burundi, yasezerwe mu irushanwa Nyafurika rya BAL (Basketball Africa Leauge) kubera kwanga kwambara umwambaro wanditseho ‘Visit Rwanda’, yageneye ubutumwa abakunzi bayo.

Ubuyobozi bwa Dynamo BBC, mu butumwa bwanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Werurwe, bwashimiye abakunzi b’iyi kipe.

Ubu butumwa bugira buti “Nshuti bafana nk’uko mubizi, Dynamo BBC yamaze gusezererwa muri BAL. Turabashimira mwese ku bwo kudushyigikira kuva ku ntangiro kugeza uyu munsi, kandi turabizeza ko tuzagaruka dukomeye kurushaho.”

Iyi kipe kuri uyu wa Kabiri yari yatanze ubutumwa ibugenera Perezida w’Igihugu cyabo Evariste Ndayishimiye, imusaba kubemerera bakambara umwambaro wa Visit Rwanda kugira ngo badasezererwa, muri ubu butumwa batanze kuri uyu wa Gatatu, bagaragaje ko baharaniye ishyaka ry’Igihugu.

Gusezererwa kw’iyi kipe, kwemejwe kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Werurwe 2024 nyuma yo guterwa mpaga ku nshuro ya kabiri mu mukino wagombaga kuyihuza n’ikipe ya Petro de Luanda yo muri Angola.

Ni mu gihe mpaga yo ku nshuro ya mbere yayitewe ubwo yagombaga gukina n’ikipe ya FUS Rabat yo muri Maroc, wo wagombaga kuba ku Cyumweru tariki 10 Werurwe 2024.

Iyi kipe y’i Burundi yari yitabiriye iri rushanwa ry’umukino wa Basketball, yatewe izi mpaga inshuro ebyiri, kubera kwanga gukurikiza amategeko n’amabwiriza y’iri rushanwa rya BAL (Basketball Africa League) riri kubera muri Afurika y’Epfo, aho yanze kwambara umwambaro w’umuterankunga mukuru ari we ‘Visit Rwanda’.

Ni itegeko bashyizweho n’Ubutegetsi bw’i Burundi, bumaze igihe bushinja u Rwanda gufasha umutwe wa RED-Tabara, byanatumye iki Gihugu gifunga imipaka igihuza n’u Rwanda rutahwemye guhakana ibi birego.

RADIOTV10

Comments 1

  1. MUSANGANYA Amin Iddy says:
    2 years ago

    Mwabavandimwe mwe reka mbabwire,umwenge buke rurushya amaguru,kubaka izina biragora gusa kurisenya ni nkoguhumbya,gusa rimwe na rimwe politique mbi zihombya rubanda

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 16 =

Previous Post

Iby’ingenzi wamenya ku mwanya ubayeho bwa mbere mu buyobozi bw’u Rwanda n’uwawuhawe

Next Post

Izamuka ry’amafaranga abagenzi bishyura mu ngendo bishobora kugera no ku biciro ku masoko?

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije
MU RWANDA

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

09/04/2026
Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Izamuka ry’amafaranga abagenzi bishyura mu ngendo bishobora kugera no ku biciro ku masoko?

Izamuka ry’amafaranga abagenzi bishyura mu ngendo bishobora kugera no ku biciro ku masoko?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.