Sunday, March 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO BASKETBALL

Ikipe y’i Burundi yasezerewe kubera gutsimbarara ku kutambara ‘Visit Rwanda’ yatanze ubutumwa

radiotv10by radiotv10
13/03/2024
in BASKETBALL, SIPORO
1
Ikipe y’i Burundi yasezerewe kubera gutsimbarara ku kutambara ‘Visit Rwanda’ yatanze ubutumwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Dynamo Basketball Club yo mu Gihugu cy’u Burundi, yasezerwe mu irushanwa Nyafurika rya BAL (Basketball Africa Leauge) kubera kwanga kwambara umwambaro wanditseho ‘Visit Rwanda’, yageneye ubutumwa abakunzi bayo.

Ubuyobozi bwa Dynamo BBC, mu butumwa bwanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Werurwe, bwashimiye abakunzi b’iyi kipe.

Ubu butumwa bugira buti “Nshuti bafana nk’uko mubizi, Dynamo BBC yamaze gusezererwa muri BAL. Turabashimira mwese ku bwo kudushyigikira kuva ku ntangiro kugeza uyu munsi, kandi turabizeza ko tuzagaruka dukomeye kurushaho.”

Iyi kipe kuri uyu wa Kabiri yari yatanze ubutumwa ibugenera Perezida w’Igihugu cyabo Evariste Ndayishimiye, imusaba kubemerera bakambara umwambaro wa Visit Rwanda kugira ngo badasezererwa, muri ubu butumwa batanze kuri uyu wa Gatatu, bagaragaje ko baharaniye ishyaka ry’Igihugu.

Gusezererwa kw’iyi kipe, kwemejwe kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Werurwe 2024 nyuma yo guterwa mpaga ku nshuro ya kabiri mu mukino wagombaga kuyihuza n’ikipe ya Petro de Luanda yo muri Angola.

Ni mu gihe mpaga yo ku nshuro ya mbere yayitewe ubwo yagombaga gukina n’ikipe ya FUS Rabat yo muri Maroc, wo wagombaga kuba ku Cyumweru tariki 10 Werurwe 2024.

Iyi kipe y’i Burundi yari yitabiriye iri rushanwa ry’umukino wa Basketball, yatewe izi mpaga inshuro ebyiri, kubera kwanga gukurikiza amategeko n’amabwiriza y’iri rushanwa rya BAL (Basketball Africa League) riri kubera muri Afurika y’Epfo, aho yanze kwambara umwambaro w’umuterankunga mukuru ari we ‘Visit Rwanda’.

Ni itegeko bashyizweho n’Ubutegetsi bw’i Burundi, bumaze igihe bushinja u Rwanda gufasha umutwe wa RED-Tabara, byanatumye iki Gihugu gifunga imipaka igihuza n’u Rwanda rutahwemye guhakana ibi birego.

RADIOTV10

Comments 1

  1. MUSANGANYA Amin Iddy says:
    2 years ago

    Mwabavandimwe mwe reka mbabwire,umwenge buke rurushya amaguru,kubaka izina biragora gusa kurisenya ni nkoguhumbya,gusa rimwe na rimwe politique mbi zihombya rubanda

    Reply

Leave a Reply to MUSANGANYA Amin Iddy Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − six =

Previous Post

Iby’ingenzi wamenya ku mwanya ubayeho bwa mbere mu buyobozi bw’u Rwanda n’uwawuhawe

Next Post

Izamuka ry’amafaranga abagenzi bishyura mu ngendo bishobora kugera no ku biciro ku masoko?

Related Posts

Mu butumwa bwumvikanamo umujinya umukinnyi wakanyujijeho anenze CAF kubera icyemezo cyayo cyazamuye impaka

Mu butumwa bwumvikanamo umujinya umukinnyi wakanyujijeho anenze CAF kubera icyemezo cyayo cyazamuye impaka

by radiotv10
20/03/2026
0

Uwahoze ari myugariro w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Serge Branco, yanenze Perezida wa CAF, Patrice Motsepe, avuga ko abona akorera mu...

Ikipe ya Senegal yari yegukanye Igikombe cya Afurika byarangiye icyambuwe nyuma y’amezi 2

Ikipe ya Senegal yari yegukanye Igikombe cya Afurika byarangiye icyambuwe nyuma y’amezi 2

by radiotv10
18/03/2026
0

Nyuma y'amezi abiri yegukanye Igikombe cya Afurika cya 2025 cyabereye muri Morocco, ikipe y'Igihugu ya Senegal yacyambuwe gihabwa iya Morocco...

Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu Amavubi yitegura FIFA Series

Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu Amavubi yitegura FIFA Series

by radiotv10
17/03/2026
0

Ku cyicaro cy’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), habereye ikiganiro n’itangazamakuru cyagarutse ku kwerekana umutoza mushya w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda,...

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda Leonidas yerecyeje kuri RADIOTV10

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda Leonidas yerecyeje kuri RADIOTV10

by radiotv10
16/03/2026
0

Umunyamakuru Leonidas Ndayisaba uzwi mu biganiro bya Siporo akaba umwe mu bafite uburambe mu mwuga w'itangazamakuru, yerecyeje kuri RADIOTV10 mu...

Emery Bayisenge na Mugisha Didier ba Rayon ntibazagaragara mu mikino ya Al-Merriekh na Police FC

Emery Bayisenge na Mugisha Didier ba Rayon ntibazagaragara mu mikino ya Al-Merriekh na Police FC

by radiotv10
15/03/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports yemeje ko abakinnyi bayo Mugisha Didier na Emery Bayisenge batazagaragara ku mukino wo kuri uyu wa...

IZIHERUKA

Madamu Jeannette Kagame yahaye umukoro abagore bo mu Rugaga rushamikiye kuri FPR-Inkotanyi
MU RWANDA

Madamu Jeannette Kagame yahaye umukoro abagore bo mu Rugaga rushamikiye kuri FPR-Inkotanyi

by radiotv10
21/03/2026
0

Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe

Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe

21/03/2026
Umutwe mushya wavutse muri Congo utangiye ugaragaza intego ufite

Umutwe mushya wavutse muri Congo utangiye ugaragaza intego ufite

21/03/2026
Umuhanzi Ngombwa wahanze indirimbo nyinshi z’urugamba rwo kwibohora yitabye Imana

Umuhanzi Ngombwa wahanze indirimbo nyinshi z’urugamba rwo kwibohora yitabye Imana

21/03/2026
FARDC yagaragaje abo ivuga ko ari abarwanyi ba AFC/M23 biyemeje kuyishyikiriza ku bushake

FARDC yagaragaje abo ivuga ko ari abarwanyi ba AFC/M23 biyemeje kuyishyikiriza ku bushake

20/03/2026
Mu butumwa bwumvikanamo umujinya umukinnyi wakanyujijeho anenze CAF kubera icyemezo cyayo cyazamuye impaka

Mu butumwa bwumvikanamo umujinya umukinnyi wakanyujijeho anenze CAF kubera icyemezo cyayo cyazamuye impaka

20/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Izamuka ry’amafaranga abagenzi bishyura mu ngendo bishobora kugera no ku biciro ku masoko?

Izamuka ry’amafaranga abagenzi bishyura mu ngendo bishobora kugera no ku biciro ku masoko?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Madamu Jeannette Kagame yahaye umukoro abagore bo mu Rugaga rushamikiye kuri FPR-Inkotanyi

Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe

Umutwe mushya wavutse muri Congo utangiye ugaragaza intego ufite

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.