Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Izi Camera ziziyongera kandi ikigamijwe si ugusoromamo abantu amafaranga- CP Kabera

radiotv10by radiotv10
17/11/2021
in MU RWANDA
0
Izi Camera ziziyongera kandi ikigamijwe si ugusoromamo abantu amafaranga- CP Kabera
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, avuga ko abantu bakomeza kwinubira camera ziri gushyirwa ku mihanda mu rwego rwo gukaza umutekano wo mu muhanda, bakwiye kumenya ko ibi bikoresho biziyongera kandi ko bitagamije gusoroma amafaranga mu bantu nk’uko babivuga.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yabivuze mu kiganiro Zinduka gitambuka kuri Radio 10 kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Ugushyingo 2021.

Muri iki kiganiro cyagarutse ku bimaze iminsi bivugwa na bamwe mu batwara ibinyabiziga mu Rwanda biyasira bavuga ko Camera zifashishwa na Polisi mu gucunga umutekano wo mu muhanda, zikaba zikomeje kubaca amande menshi.

CP John Bosco Kabera avuga ko abantu batari bakwiye kuba bamagana ziriya Camera kuko atari cyo kibazo ahubwo ikibazo ari bo barenga ku mategeko y’umuhanda.

Ati “Icyo nababwira, izi Camera ziziyongera. Muti kubera iki? Kubera ko ikigamijwe ari umutekano w’abantu mu muhanda, ikindi ni uko Abapolisi baziyongera.”

Akomeza agira ati “Ikigamijwe ni uko umutekano w’abanyarwanda mu muhanda, ugomba kwitabwaho, izo mpanuka zikagabanuka, inkomere zikagabanuka, impfu zikagabanuka, ibikorwa remezo byangirika bikagabanuka ntabwo ikigamijwe ari amafaranga nk’uko abantu babivuga.”

Avuga ko ziriya camera ziri mu bwoko bubiri, nk’ubuzwi nka sofia, ziba ziri ahantu runaka hafi y’icyapa kandi ko kiba kiyibanziriza kigaragaza umuvuduko umuyobozi w’ikinyabiziga atagomba kurenza.

Ati “Abantu rero batekereza ko iyo akirenze biba birangiye, ni cyo kibazo abantu benshi bafite, iyo uyirengeje rero iyo camera iragufata ikakwandikira.”

Avuga ko amafaranga acibwa abakoze ariya makosa atajya mu isanduku ya Polisi y’u Rwanda ahubwo ko ajya mu isanduku ya Leta.

Ati “Nta muntu wari waza kuri Polisi ngo yishyure amafaranga. Amafaranga bayishyura kuri banki ntibayishyura Polisi.”

Akomeza agira ati “Icyo dusaba abana nta n’ubahatira kwishyura, nta n’ubahatira gukora amakosa…abantu nibubahirize amategeko.”

RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − two =

Previous Post

Muhanga: Gitifu wari warahamijwe gusambanya ku gahato umukobwa akamwanduza indwara idakira yahanaguweho ibyaha

Next Post

Nyagatare: RIB yataye muri yombi Gitifu ukurikiranyweho gutanga ruswa

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyagatare: RIB yataye muri yombi Gitifu ukurikiranyweho gutanga ruswa

Nyagatare: RIB yataye muri yombi Gitifu ukurikiranyweho gutanga ruswa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.