Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Izi Camera ziziyongera kandi ikigamijwe si ugusoromamo abantu amafaranga- CP Kabera

radiotv10by radiotv10
17/11/2021
in MU RWANDA
0
Izi Camera ziziyongera kandi ikigamijwe si ugusoromamo abantu amafaranga- CP Kabera
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, avuga ko abantu bakomeza kwinubira camera ziri gushyirwa ku mihanda mu rwego rwo gukaza umutekano wo mu muhanda, bakwiye kumenya ko ibi bikoresho biziyongera kandi ko bitagamije gusoroma amafaranga mu bantu nk’uko babivuga.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yabivuze mu kiganiro Zinduka gitambuka kuri Radio 10 kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Ugushyingo 2021.

Muri iki kiganiro cyagarutse ku bimaze iminsi bivugwa na bamwe mu batwara ibinyabiziga mu Rwanda biyasira bavuga ko Camera zifashishwa na Polisi mu gucunga umutekano wo mu muhanda, zikaba zikomeje kubaca amande menshi.

CP John Bosco Kabera avuga ko abantu batari bakwiye kuba bamagana ziriya Camera kuko atari cyo kibazo ahubwo ikibazo ari bo barenga ku mategeko y’umuhanda.

Ati “Icyo nababwira, izi Camera ziziyongera. Muti kubera iki? Kubera ko ikigamijwe ari umutekano w’abantu mu muhanda, ikindi ni uko Abapolisi baziyongera.”

Akomeza agira ati “Ikigamijwe ni uko umutekano w’abanyarwanda mu muhanda, ugomba kwitabwaho, izo mpanuka zikagabanuka, inkomere zikagabanuka, impfu zikagabanuka, ibikorwa remezo byangirika bikagabanuka ntabwo ikigamijwe ari amafaranga nk’uko abantu babivuga.”

Avuga ko ziriya camera ziri mu bwoko bubiri, nk’ubuzwi nka sofia, ziba ziri ahantu runaka hafi y’icyapa kandi ko kiba kiyibanziriza kigaragaza umuvuduko umuyobozi w’ikinyabiziga atagomba kurenza.

Ati “Abantu rero batekereza ko iyo akirenze biba birangiye, ni cyo kibazo abantu benshi bafite, iyo uyirengeje rero iyo camera iragufata ikakwandikira.”

Avuga ko amafaranga acibwa abakoze ariya makosa atajya mu isanduku ya Polisi y’u Rwanda ahubwo ko ajya mu isanduku ya Leta.

Ati “Nta muntu wari waza kuri Polisi ngo yishyure amafaranga. Amafaranga bayishyura kuri banki ntibayishyura Polisi.”

Akomeza agira ati “Icyo dusaba abana nta n’ubahatira kwishyura, nta n’ubahatira gukora amakosa…abantu nibubahirize amategeko.”

RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

Muhanga: Gitifu wari warahamijwe gusambanya ku gahato umukobwa akamwanduza indwara idakira yahanaguweho ibyaha

Next Post

Nyagatare: RIB yataye muri yombi Gitifu ukurikiranyweho gutanga ruswa

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda
IBYAMAMARE

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

by radiotv10
02/01/2026
0

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyagatare: RIB yataye muri yombi Gitifu ukurikiranyweho gutanga ruswa

Nyagatare: RIB yataye muri yombi Gitifu ukurikiranyweho gutanga ruswa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.