Friday, August 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kabarondo: Bavuze icyo bahanishwa iyo bafatiwe mu ikosa ryorohereje babona nk’igihano kihanukiriye

radiotv10by radiotv10
08/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kabarondo: Bavuze icyo bahanishwa iyo bafatiwe mu ikosa ryorohereje babona nk’igihano kihanukiriye
Share on FacebookShare on Twitter

Abakora akazi ko gutwara abantu n’imizigo ku magare [Abanyonzi] mu mujyi wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko iyo bafashwe barengeje amasaha bahawe, bacibwa amande bakanafatirwa amagare bakayasubizwa nyuma y’ukwezi, bakavuga ko ari igihano kiremereye ugereranyije n’ikosa.

Aba banyonzi basabwe kutarenza saa kumi n’ebyiri z’umugoroba (18:00’) bakiri mu kazi, bavuga ko iyo hari abayirengeje, basabwa kwishyura amande, ubundi bagategereza ukwezi kose kugira ngo basubizwe amagare yabo.

Umwe yagize ati “Iyo badutwariye amagare byibura barimarana ukwezi. Wagenda wasaba Polisi igare ngo ‘muzagaruke tuzaba tubabwira’. Urumva igare rimara ukwezi ryinjiza amafaranga ibihumbi bitatu cyangwa bine ku munsi, ubwo mu kwezi urumva ararenga ibihumbi ijana na mirongo…”

Undi ati “Niba bagufashe ku itariki ya mbere, ugomba kugaruka ku itariki ya mbere [z’ukundi kwezi]. Urumva umaze ukwezi utunze urugo, wishyura inzu, uhaha, wasanga abana baranambye.”

Aba banyonzi bavuga ko batumva impamvu amagare yabo amara ukwezi, nyamara baba banishyuye amande, bagasaba ko hagumishwaho igihano kimwe cy’amande, ariko ibyo binyamitende byabo bigakomeza gukora.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana yavuze ko ubusanzwe ibihano nk’ibi byemerezwa n’Inama Njyanama z’Uturere, bityo ko uru rwego rugiye kuvugana n’ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza kugira ngo bumenye neza igihe cyemejwe na Njyanama y’aka Karere

Ati “Aya mabwiriza yashyizweho na Njyanama z’Uturere, usanga rero ateganya ati ‘Niba wenda umuntu yarengeje amasaha ya saa kumi n’ebyiri ahanishwa amande angana gutya no kumara iminsi ingana gutya igare batararimusubiza’.”

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + nine =

Previous Post

M23 yangeye gukora igishimangira ubushobozi bwayo nubwo uruhande bahanganye rwakajije imirwano

Next Post

Urukiko rukomeye muri America rwafashe icyemezo ku kirego cyaregwagamo ibidakwiye byakorewe muri Congo

Related Posts

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

by radiotv10
08/08/2025
0

Polisi ikorera mu Mujyi wa Kigali, iratangaza ko yafashe abantu 10 mu Karere ka Nyarugenge bakurikiranyweho ibikorwa by’ubujura bwo gutobora...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
08/08/2025
0

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

by radiotv10
08/08/2025
0

Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda rwahaye ibihano byo guhagarika abanyamategeko 21 bunganira abandi (Abavoka) barimo Me Thierry Kevin Gatete usanzwe azwi...

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

by radiotv10
08/08/2025
0

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bwakiriye Umunyarwanda Francois Gasana woherejwe na Norvège kugira ngo aburanishirizwe mu Rwanda ku byaha bya Jenoside...

Eng.-Genocide suspect François Gasana handed over to Rwanda by Norway

Eng.-Genocide suspect François Gasana handed over to Rwanda by Norway

by radiotv10
08/08/2025
0

The National Public Prosecution Authority (NPPA) has confirmed the extradition of Francois Gasana, also known as Franky Dusabe, from the...

IZIHERUKA

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka
MU RWANDA

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

by radiotv10
08/08/2025
0

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

08/08/2025
Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

08/08/2025
Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

08/08/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-AFC/M23 refutes UN accusations of involvement in civilian killings

08/08/2025
Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urukiko rukomeye muri America rwafashe icyemezo ku kirego cyaregwagamo ibidakwiye byakorewe muri Congo

Urukiko rukomeye muri America rwafashe icyemezo ku kirego cyaregwagamo ibidakwiye byakorewe muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.