Saturday, May 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya: Kabuga Félicien wari ukurikiranyweho kugira uruhare rukomeye muri Jenoside yapfuye

radiotv10by radiotv10
16/05/2026
in MU RWANDA
0
Hagaragajwe amakuru mashya ku gushakira Kabuga Igihugu azerecyezamo nyuma yo kutaburanishwa
Share on FacebookShare on Twitter

Félicien Kabuga wari ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, wari umaze imyaka itanu afatiwe i Paris mu Bufaransa, yitabiye Imana i La Hayemu Buholandi.

Urupfu rwa Félicien Kabuga rwemejwe n’Urwego IRMCT rushinzwe Imirimo y’insigarira y’izahozi ari Inkiko Mpuzamahanga Mpanabyaha zirimo urwari rwarashyiriweho u Rwanda ICTR/TPIR.

Uru rwego rwari rwanatangiye kuburanisha Kabuga, rwanategetse ko hakorwa iperereza ku by’urupfu rwa Kabuga nk’uko byategetswe na Perezida w’uru Rwego, Graciela Gatti Santana.

Uyu Mucamanza Graciela Gatti Santana kandi yanashyizeho Umucamanza Alphons Orie kugira ngo ayobore iri perereza rizashyira hanze icyateye urupfu rw’uyu warezwe gukora Jenoside.

Félicien Kabuga yitabye Imana nyuma y’imyaka itandatu yuzuye afatiwe i Paris mu Bufaransa aho yari amaze imyaka itatu acumbitse, aho yafashwe tariki 16 Gicurasi 2020 ku itariki nk’iy’uyu munsi ndetse nabwo hari ku wa Gatandatu.

Uyu mugabo wabayeho yihisha ubutabera, yamaze igihe kini akoresha umwirondoro muhimbano mu icumbi ryo mu gace ka Asnières-sur-Seine, hafi y’i Paris rwagati, nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ubutabera mu Bufaransa ubwo yari akimara gufatwa.

Kabuga yashinjwaga kugira uruhare rukomeye mu gutegura umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi no kuwutera inkunga mu buryo bukomeye, yari umwe mu bashinze akaba n’umuyobozi mukuru  wa Radio Télévision Libre des Mille Collines (RTLM) yamenyekanye cyane mu gukwirakwiza urwango no guhamagarira abantu mu buryo butaziguye gukora Jenoside yakorewe Abatutsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − one =

Previous Post

Ibyo abaturage bakeka ku nkongi y’umuriro yibasiye bitunguranye inzu yari irimo abana batatu

Next Post

The Lux Collective Enters Rwanda with Landmark Ultra-Luxury Tourism Circuit Partnership

Related Posts

The Lux Collective Enters Rwanda with Landmark Ultra-Luxury Tourism Circuit Partnership

The Lux Collective Enters Rwanda with Landmark Ultra-Luxury Tourism Circuit Partnership

by radiotv10
16/05/2026
0

Mauritius, 15 May 2026 – Global hospitality group The Lux Collective has marked its first entry into Rwanda through a...

Ibyo abaturage bakeka ku nkongi y’umuriro yibasiye bitunguranye inzu yari irimo abana batatu

Ibyo abaturage bakeka ku nkongi y’umuriro yibasiye bitunguranye inzu yari irimo abana batatu

by radiotv10
16/05/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Gitwa mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, baturanye n'umuryango wahishije inzu...

Nyamasheke: Barataka kubura amazi kubera ivomo ryafunzwe, WASAC ikavuga ko badashobotse

Nyamasheke: Barataka kubura amazi kubera ivomo ryafunzwe, WASAC ikavuga ko badashobotse

by radiotv10
16/05/2026
0

Hari abaturage bo mu kagari k’impala mu murenge wa Bushenge bataka ikibazo cyo kubura amazi meza aho ngo biba ngombwa...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Sosiyete Mpuzamahanga yinjiye mu mikoranire na Hoteli ikomeye mu Rwanda ya Cleo Lake Kivu Hotel

by radiotv10
15/05/2026
0

Sosiyete y’ibikorwa by’amahoteli The Lux Collective ifite icyicaro mu Birwa bya Maurice, yinjiye mu mikoranire n’iyo mu Rwanda ya Cleo...

Abandi Baperezida bategerejwe mu Rwanda mu cyumweru gitaha barimo uwarusuye muri iki

Abandi Baperezida bategerejwe mu Rwanda mu cyumweru gitaha barimo uwarusuye muri iki

by radiotv10
15/05/2026
0

I Kigali mu Rwanda hategerejwe inama mpuzamahanga yiga ku Ngufu za Nikeleyeri izaba mu cyumweru gitaha, izanitabirwa n’Abakuru b’Ibihugu babiri;...

IZIHERUKA

The Lux Collective Enters Rwanda with Landmark Ultra-Luxury Tourism Circuit Partnership
MU RWANDA

The Lux Collective Enters Rwanda with Landmark Ultra-Luxury Tourism Circuit Partnership

by radiotv10
16/05/2026
0

Hagaragajwe amakuru mashya ku gushakira Kabuga Igihugu azerecyezamo nyuma yo kutaburanishwa

Amakuru mashya: Kabuga Félicien wari ukurikiranyweho kugira uruhare rukomeye muri Jenoside yapfuye

16/05/2026
Ibyo abaturage bakeka ku nkongi y’umuriro yibasiye bitunguranye inzu yari irimo abana batatu

Ibyo abaturage bakeka ku nkongi y’umuriro yibasiye bitunguranye inzu yari irimo abana batatu

16/05/2026
Perezida Trump yahishuye bimwe mu byo yemeranyijweho na Xi Jinping w’u Bushinwa

Perezida Trump yahishuye bimwe mu byo yemeranyijweho na Xi Jinping w’u Bushinwa

16/05/2026
Nyamasheke: Barataka kubura amazi kubera ivomo ryafunzwe, WASAC ikavuga ko badashobotse

Nyamasheke: Barataka kubura amazi kubera ivomo ryafunzwe, WASAC ikavuga ko badashobotse

16/05/2026
How to Recover From a Busy Week Without Losing Your Whole Weekend

How to Recover From a Busy Week Without Losing Your Whole Weekend

16/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
The Lux Collective Enters Rwanda with Landmark Ultra-Luxury Tourism Circuit Partnership

The Lux Collective Enters Rwanda with Landmark Ultra-Luxury Tourism Circuit Partnership

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Lux Collective Enters Rwanda with Landmark Ultra-Luxury Tourism Circuit Partnership

Amakuru mashya: Kabuga Félicien wari ukurikiranyweho kugira uruhare rukomeye muri Jenoside yapfuye

Ibyo abaturage bakeka ku nkongi y’umuriro yibasiye bitunguranye inzu yari irimo abana batatu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.