Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kamonyi: Hazamuwe dosiye y’Umuyobozi mu z’ibanze ari mu maboko ya RIB

radiotv10by radiotv10
18/02/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umuyobozi muri RCA yafatiwe mu cyuho yakira ruswa ya 100.000Frw we yitaga ‘agashimwe’

Photo/Igihe

Share on FacebookShare on Twitter

Umukozi Ushinzwe Iterambere n’Ubukungu [SEDO] mu Kagari kamwe ko mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, ari mu maboko y’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rumukurikiranyeho gusaba no kwakira indonke y’ibihumbi 100 Frw, ndetse dosiye ye ikaba yamaze koherezwa mu Bushinjacyaha.

Uyu uri mu maboko ya RIB, ni Pascal usanzwe ari umukozi ushinzwe Iterambere n’Ubukungu (SEDO) w’Akagari ka Muganza, watawe muri yombi mu cyumweru gishize tariki 14 Gashyantare 2025.

Uyu mukozi mu nzego z’ibanze ufungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Runda, akekwaho kuba yarakiriye ruswa y’ibihumbi 100 Frw yahawe n’umuturage kugira ngo azamufashe mu bibazo by’imbibi z’ubutaka afitanye n’abaturanyi be.

Nyuma yo gutabwa muri yombi mu cyumweru gishize, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, rwakoze dosiye y’Ikirego; ndetse ruyishyikiriza Ubushinjacyaha kuri uyu wa Mbere tariki 17 Gashyantare 2025.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, rugira inama kureka ingeso yo kwaka no kwakira ruswa, kuko uru rwego rwahagurikiye kuyirwanya, kuko ari icyaha kigira ingaruka ku bukungu bw’Igihugu no ku zindi serivisi.

RIB isaba kandi abantu kujya batanga amakuru kuri iki cyaha cya ruswa, kugira ngo bafashe inzego za Leta kukirandura nk’intego yihawe n’Igihugu.

 

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

Ingingo ya 4 y’Itegeko no 054/2018 ryo ku wa 13/08/2018 ryerekeye kurwanya ruswa iteganya ko umuntu wese usaba, utanga cyangwa wakira, mu buryo ubwo ari bwo bwose, indonke iyo ari yo yose aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ashobora guhanishwa igifungo kirenze imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 14 =

Previous Post

Ibidasanzwe byagaragaye ubwo habaga mpanuka iteye ubwoba y’indege yaguye igaramye muri Canada

Next Post

Ubutegetsi bwa Perezida Ndayishimiye bwahagurukiwe n’abavuga ko bifuza kubohora u Burundi

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutegetsi bwa Perezida Ndayishimiye bwahagurukiwe n’abavuga ko bifuza kubohora u Burundi

Ubutegetsi bwa Perezida Ndayishimiye bwahagurukiwe n’abavuga ko bifuza kubohora u Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.