• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kamonyi: Igikekwa nk’intandaro yatumye Gitifu afata icyemezo cyo kwegura

radiotv10by radiotv10
08/09/2023
in MU RWANDA
0
Kamonyi: Igikekwa nk’intandaro yatumye Gitifu afata icyemezo cyo kwegura
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karama mu Karere ka Kamonyi, asohoye itangazo bivugwa ko ritavuzweho rumwe n’ubuyobozi bw’Akarere, uyu muyobozi yamaze kwandika ibaruwa asezera.

Niyobuhungiro Obed, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karama, yanditse ibaruwa isezera ku nshingano ze, kuri uyu wa Gatanu.

Ni amakuru yanemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kamonyi, Abiyingoma Gérard wabwiye ikinyamakuru Umuseke ati “Hari ubusabe bwe twabonye yanditse asaba guhagarika akazi ku mpamvu ze bwite.”

Abiyingoma avuga ko nta bisobanuro birambuye bikubiye muri ubwo busabe bwa Niyobuhungiro Obed wanditse asezera ku nshingano zo kuyobora Umurenge wa Karama.

Kwegura k’uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karama, kubayeho nyuma y’iminsi micye, hacicikanye itangazo yasohoye, avuga ko nta rusengero rwemerewe gukora amateraniro, rudasanzwe rufite ibyangombwa.

Nanone kandi uyu Niyobuhungiro Obed yasabaga Abaturage ko bagomba kujya bajya guteranira ahasanzwe hemewe, ari ho mu nsengero na zo zibifitiye uburenganzira.

Bivugwa ko iri tangazo ryasohowe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge, ari ryo ryazamuye ukudahuza n’ubuyobozi bw’Akarere, buvuga ko iryo tangazo ritari riri mu bubasha bwe.

Bikekwa ko ibi ari byo ntandaro yatumye uyu muyobozi yandikira ubuyobozi bw’Akarere asezera ku nshingano ze.

Nanone ariko hari amakuru avuga ko uyu muyobozi wanigeze gufungwa, yarangwaga n’imikorere idatanga umusaruro wifuzwa kuko yagaragazaga intege nke mu nshingano ze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + fourteen =

Previous Post

Abayobozi bashyizweho na Perezida babanje kunyura imbere y’urwego ruzabemeza

Next Post

Abanyagirirwa muri za Gare: Ibitangazwa n’Umujyi wa Kigali ntibyumvikanamo icyabarema agatema

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Abanyagirirwa muri za Gare: Ibitangazwa n’Umujyi wa Kigali ntibyumvikanamo icyabarema agatema

Abanyagirirwa muri za Gare: Ibitangazwa n’Umujyi wa Kigali ntibyumvikanamo icyabarema agatema

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.