Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kamonyi: Igikekwa nk’intandaro yatumye Gitifu afata icyemezo cyo kwegura

radiotv10by radiotv10
08/09/2023
in MU RWANDA
0
Kamonyi: Igikekwa nk’intandaro yatumye Gitifu afata icyemezo cyo kwegura
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karama mu Karere ka Kamonyi, asohoye itangazo bivugwa ko ritavuzweho rumwe n’ubuyobozi bw’Akarere, uyu muyobozi yamaze kwandika ibaruwa asezera.

Niyobuhungiro Obed, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karama, yanditse ibaruwa isezera ku nshingano ze, kuri uyu wa Gatanu.

Ni amakuru yanemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kamonyi, Abiyingoma Gérard wabwiye ikinyamakuru Umuseke ati “Hari ubusabe bwe twabonye yanditse asaba guhagarika akazi ku mpamvu ze bwite.”

Abiyingoma avuga ko nta bisobanuro birambuye bikubiye muri ubwo busabe bwa Niyobuhungiro Obed wanditse asezera ku nshingano zo kuyobora Umurenge wa Karama.

Kwegura k’uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karama, kubayeho nyuma y’iminsi micye, hacicikanye itangazo yasohoye, avuga ko nta rusengero rwemerewe gukora amateraniro, rudasanzwe rufite ibyangombwa.

Nanone kandi uyu Niyobuhungiro Obed yasabaga Abaturage ko bagomba kujya bajya guteranira ahasanzwe hemewe, ari ho mu nsengero na zo zibifitiye uburenganzira.

Bivugwa ko iri tangazo ryasohowe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge, ari ryo ryazamuye ukudahuza n’ubuyobozi bw’Akarere, buvuga ko iryo tangazo ritari riri mu bubasha bwe.

Bikekwa ko ibi ari byo ntandaro yatumye uyu muyobozi yandikira ubuyobozi bw’Akarere asezera ku nshingano ze.

Nanone ariko hari amakuru avuga ko uyu muyobozi wanigeze gufungwa, yarangwaga n’imikorere idatanga umusaruro wifuzwa kuko yagaragazaga intege nke mu nshingano ze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 1 =

Previous Post

Abayobozi bashyizweho na Perezida babanje kunyura imbere y’urwego ruzabemeza

Next Post

Abanyagirirwa muri za Gare: Ibitangazwa n’Umujyi wa Kigali ntibyumvikanamo icyabarema agatema

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo
IBYAMAMARE

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

by radiotv10
15/01/2026
0

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyagirirwa muri za Gare: Ibitangazwa n’Umujyi wa Kigali ntibyumvikanamo icyabarema agatema

Abanyagirirwa muri za Gare: Ibitangazwa n’Umujyi wa Kigali ntibyumvikanamo icyabarema agatema

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.