Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kamonyi: Umupadiri w’Umunya-Espagne umaze imyaka 20 atabarutse yashimiwe imbuto yereye ab’i Ngamba

radiotv10by radiotv10
21/06/2022
in MU RWANDA
0
Kamonyi: Umupadiri w’Umunya-Espagne umaze imyaka 20 atabarutse yashimiwe imbuto yereye ab’i Ngamba
Share on FacebookShare on Twitter

Padiri Jose Ramon Amunarriz ukomoka muri Espange, washinze ibikorwa bitandukanye mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, akaba amaze imyaka 20 yitabye Imana, yazirikanywe, hagarukwa ku bikorwa bye byiza yasize bikomeje kuzamura imibereho y’abatuye muri aka gace.

Jose Ramon Amunarriz wageze aha muri Ngamba mu 1984, yasanze aka gace ka Ngamba katarangwamo ibikorwa remezo nk’umuhanda, amashuri, ivuriro ndetse n’insengero cyane ko yasanze aba kristo basengera munsi y’igiti.

Byatumye agira ishyaka ryo kubaka kiliziya n’amwe mu mashuri kugira ngo abana batari babashije kugana ishuri, babashe kwiga.

Ibi ntibyari bihagije kuko abatuye aha batabashaga kugendererana kubera kutagira umuhanda, yiyemeza gukora umuhanda Runda-Gihara-Ngamba kugira ngo babashe guhahirana n’abandi.

Abo muri uyu Murenge w’Akarere ka Kamonyi, uhana imbibi n’Akarere ka Rulindo, ntibabashaga gukorera ingendo muri aka karere k’abaturanyi uko babyifuzaga kuko nta bwato bwahabaga, bituma Padiri Jose Ramon Amunarriz abazanira ubwato bwaborohereje kugeza umusaruro wabo ku isoko.

Nubwo yabikoraga ariko nubundi abari batuye aha ngo bagorwaga no kubona serivisi z’ubuvuzi cyane ko byabasabaga kujya Rutonde muri Rulindo cyangwa Remera Rukoma, ahitamo kubaka ivuriro ubu ryahindutse Ikigo Nderabuzuma cya Ngamba.

Ibi bigwi bya Padiri Jose Ramon Amunarriz watabarutse muri 2002, byagarutsweho mu muhango wo kumuzirikana wabaye ku Cyumweru tariki 19 Kamena 2022.

Byagarutsweho na Madamazela Milagros Sanz uzwi nka nyiranuma washinze akanitirirwa ibitaro bya Nyiranuma mu Biryogo na Kimisagara mu Mujyi wa Kigali, ubu akaba ari umwe batera inkunga bakanakurikirana imikorere n’imikoranire mu bikorwa byakozwe na Padiri Jose Ramon Amunarriz.

Nyiranuma yagize ati “Padiri Jose Ramon Amunarriz yageze hano nta nzu n’imwe yari ihari, agira umutima wo kuhageza ibikorwa remezo.”

Muri uyu muhango kandi wanahuriranye no guha impamyabumenyi abanyeshuri barangije mu mwaka wa 2020-2021, UWINTWARI Jean de monfort Umuyobozi mu kigo gishinzwe imyuga n’ubumenyi-ngiro (RTB) yashimiye uruhare uyu mu Padiri yagize rugamije guteza imbere ubumenyi ngiro.

Yagize ati “Uyu mupadiri yakoze icyo yagombaga gukora mu gihe cye, natwe twiteguye gukomeza ubufatanye bugamije kuzamura ireme ry’uburezi ndetse no kongerera ubushobozi abarimu bo muri iri shuri ndetse no kubaka ibyumba by’amashuri bishya n’izindi nyubako zifashishwa zirimo icyumba cy’abahungu.”

Padiri Cyiza Edmond Marie Rudahunga uyobora iri shuri ry’ubumenyi ngiro rya Father Ramon KABUGA TVET School, avuga ko uyu José Ramon Amunarriz ibikorwa yakoze byari bigamije gufasha abatuye muri Ngamba cyane ko nta terambere ryari rihari.

Gusa yavuze ko bimwe mu bikorwa remezo byasizwe na nyakwigendera, nk’imihanda, ubu biri kwangirika bityo agasaba Leta kubikurikirana ngo bisanwe.

Yagize ati “Ubu imihanda yakozwe na Pdiri Jose Ramon yatangiye kwangirika ku buryo kugera hano i Ngamba biba bigoye cyane ko ari agace gafite imigezi itemba myinshi bityo kuyambuka bikaba bisaba ibiraro ndetse no gusana umuhanda uva Gihara ugera Ngamba cyane ko wifashishwa n’abaza kwiga ndetse n’abaza kwivuza ku Kigo Nderabuzima cya Ngamba biramutse byitaweho imigenderanire yakorwa neza.”

Iri shuri ryitiriwe ‘Father Ramon TVET KABUGA’ ryashinzwe mu mwaka w’ 1997 na Padiri José Ramon Amunarriz watabarutse mu mwaka wa 2002 azize impanuka y’imodoka ku myaka 70, kugea ubu rikaba rifite abana 350.

Uzwi nka Nyiranuma wari uziranye na Padiri yamuvuze ibigwi
Uyu mupadiri yasize ibikorwa remezo muri Ngamba
Padiri uyobira iri shuri yongeye gushimira nyakwigendera
Yashimiwe gufasha abaturage
Abanyeshuri barangije mu ishuri ryashinzwe na Padiri bari mu byishimo

Emmanuel HAKIZIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − eight =

Previous Post

Musanze: Umuyobozi yaramwijunditse kuko yavuganye n’itangazamakuru amubwira ko nta nkunga ateze kubona

Next Post

Minisitiri Gatabazi yavuze ku Badepite b’u Bwongereza basuye Ingabire Victoire iwe mu rugo

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri Gatabazi yavuze ku Badepite b’u Bwongereza basuye Ingabire Victoire iwe mu rugo

Minisitiri Gatabazi yavuze ku Badepite b’u Bwongereza basuye Ingabire Victoire iwe mu rugo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.