Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kamonyi: Umupadiri w’Umunya-Espagne umaze imyaka 20 atabarutse yashimiwe imbuto yereye ab’i Ngamba

radiotv10by radiotv10
21/06/2022
in MU RWANDA
0
Kamonyi: Umupadiri w’Umunya-Espagne umaze imyaka 20 atabarutse yashimiwe imbuto yereye ab’i Ngamba
Share on FacebookShare on Twitter

Padiri Jose Ramon Amunarriz ukomoka muri Espange, washinze ibikorwa bitandukanye mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, akaba amaze imyaka 20 yitabye Imana, yazirikanywe, hagarukwa ku bikorwa bye byiza yasize bikomeje kuzamura imibereho y’abatuye muri aka gace.

Jose Ramon Amunarriz wageze aha muri Ngamba mu 1984, yasanze aka gace ka Ngamba katarangwamo ibikorwa remezo nk’umuhanda, amashuri, ivuriro ndetse n’insengero cyane ko yasanze aba kristo basengera munsi y’igiti.

Byatumye agira ishyaka ryo kubaka kiliziya n’amwe mu mashuri kugira ngo abana batari babashije kugana ishuri, babashe kwiga.

Ibi ntibyari bihagije kuko abatuye aha batabashaga kugendererana kubera kutagira umuhanda, yiyemeza gukora umuhanda Runda-Gihara-Ngamba kugira ngo babashe guhahirana n’abandi.

Abo muri uyu Murenge w’Akarere ka Kamonyi, uhana imbibi n’Akarere ka Rulindo, ntibabashaga gukorera ingendo muri aka karere k’abaturanyi uko babyifuzaga kuko nta bwato bwahabaga, bituma Padiri Jose Ramon Amunarriz abazanira ubwato bwaborohereje kugeza umusaruro wabo ku isoko.

Nubwo yabikoraga ariko nubundi abari batuye aha ngo bagorwaga no kubona serivisi z’ubuvuzi cyane ko byabasabaga kujya Rutonde muri Rulindo cyangwa Remera Rukoma, ahitamo kubaka ivuriro ubu ryahindutse Ikigo Nderabuzuma cya Ngamba.

Ibi bigwi bya Padiri Jose Ramon Amunarriz watabarutse muri 2002, byagarutsweho mu muhango wo kumuzirikana wabaye ku Cyumweru tariki 19 Kamena 2022.

Byagarutsweho na Madamazela Milagros Sanz uzwi nka nyiranuma washinze akanitirirwa ibitaro bya Nyiranuma mu Biryogo na Kimisagara mu Mujyi wa Kigali, ubu akaba ari umwe batera inkunga bakanakurikirana imikorere n’imikoranire mu bikorwa byakozwe na Padiri Jose Ramon Amunarriz.

Nyiranuma yagize ati “Padiri Jose Ramon Amunarriz yageze hano nta nzu n’imwe yari ihari, agira umutima wo kuhageza ibikorwa remezo.”

Muri uyu muhango kandi wanahuriranye no guha impamyabumenyi abanyeshuri barangije mu mwaka wa 2020-2021, UWINTWARI Jean de monfort Umuyobozi mu kigo gishinzwe imyuga n’ubumenyi-ngiro (RTB) yashimiye uruhare uyu mu Padiri yagize rugamije guteza imbere ubumenyi ngiro.

Yagize ati “Uyu mupadiri yakoze icyo yagombaga gukora mu gihe cye, natwe twiteguye gukomeza ubufatanye bugamije kuzamura ireme ry’uburezi ndetse no kongerera ubushobozi abarimu bo muri iri shuri ndetse no kubaka ibyumba by’amashuri bishya n’izindi nyubako zifashishwa zirimo icyumba cy’abahungu.”

Padiri Cyiza Edmond Marie Rudahunga uyobora iri shuri ry’ubumenyi ngiro rya Father Ramon KABUGA TVET School, avuga ko uyu José Ramon Amunarriz ibikorwa yakoze byari bigamije gufasha abatuye muri Ngamba cyane ko nta terambere ryari rihari.

Gusa yavuze ko bimwe mu bikorwa remezo byasizwe na nyakwigendera, nk’imihanda, ubu biri kwangirika bityo agasaba Leta kubikurikirana ngo bisanwe.

Yagize ati “Ubu imihanda yakozwe na Pdiri Jose Ramon yatangiye kwangirika ku buryo kugera hano i Ngamba biba bigoye cyane ko ari agace gafite imigezi itemba myinshi bityo kuyambuka bikaba bisaba ibiraro ndetse no gusana umuhanda uva Gihara ugera Ngamba cyane ko wifashishwa n’abaza kwiga ndetse n’abaza kwivuza ku Kigo Nderabuzima cya Ngamba biramutse byitaweho imigenderanire yakorwa neza.”

Iri shuri ryitiriwe ‘Father Ramon TVET KABUGA’ ryashinzwe mu mwaka w’ 1997 na Padiri José Ramon Amunarriz watabarutse mu mwaka wa 2002 azize impanuka y’imodoka ku myaka 70, kugea ubu rikaba rifite abana 350.

Uzwi nka Nyiranuma wari uziranye na Padiri yamuvuze ibigwi
Uyu mupadiri yasize ibikorwa remezo muri Ngamba
Padiri uyobira iri shuri yongeye gushimira nyakwigendera
Yashimiwe gufasha abaturage
Abanyeshuri barangije mu ishuri ryashinzwe na Padiri bari mu byishimo

Emmanuel HAKIZIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Musanze: Umuyobozi yaramwijunditse kuko yavuganye n’itangazamakuru amubwira ko nta nkunga ateze kubona

Next Post

Minisitiri Gatabazi yavuze ku Badepite b’u Bwongereza basuye Ingabire Victoire iwe mu rugo

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri Gatabazi yavuze ku Badepite b’u Bwongereza basuye Ingabire Victoire iwe mu rugo

Minisitiri Gatabazi yavuze ku Badepite b’u Bwongereza basuye Ingabire Victoire iwe mu rugo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.