• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kamonyi: Umupadiri w’Umunya-Espagne umaze imyaka 20 atabarutse yashimiwe imbuto yereye ab’i Ngamba

radiotv10by radiotv10
21/06/2022
in MU RWANDA
0
Kamonyi: Umupadiri w’Umunya-Espagne umaze imyaka 20 atabarutse yashimiwe imbuto yereye ab’i Ngamba
Share on FacebookShare on Twitter

Padiri Jose Ramon Amunarriz ukomoka muri Espange, washinze ibikorwa bitandukanye mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, akaba amaze imyaka 20 yitabye Imana, yazirikanywe, hagarukwa ku bikorwa bye byiza yasize bikomeje kuzamura imibereho y’abatuye muri aka gace.

Jose Ramon Amunarriz wageze aha muri Ngamba mu 1984, yasanze aka gace ka Ngamba katarangwamo ibikorwa remezo nk’umuhanda, amashuri, ivuriro ndetse n’insengero cyane ko yasanze aba kristo basengera munsi y’igiti.

Byatumye agira ishyaka ryo kubaka kiliziya n’amwe mu mashuri kugira ngo abana batari babashije kugana ishuri, babashe kwiga.

Ibi ntibyari bihagije kuko abatuye aha batabashaga kugendererana kubera kutagira umuhanda, yiyemeza gukora umuhanda Runda-Gihara-Ngamba kugira ngo babashe guhahirana n’abandi.

Abo muri uyu Murenge w’Akarere ka Kamonyi, uhana imbibi n’Akarere ka Rulindo, ntibabashaga gukorera ingendo muri aka karere k’abaturanyi uko babyifuzaga kuko nta bwato bwahabaga, bituma Padiri Jose Ramon Amunarriz abazanira ubwato bwaborohereje kugeza umusaruro wabo ku isoko.

Nubwo yabikoraga ariko nubundi abari batuye aha ngo bagorwaga no kubona serivisi z’ubuvuzi cyane ko byabasabaga kujya Rutonde muri Rulindo cyangwa Remera Rukoma, ahitamo kubaka ivuriro ubu ryahindutse Ikigo Nderabuzuma cya Ngamba.

Ibi bigwi bya Padiri Jose Ramon Amunarriz watabarutse muri 2002, byagarutsweho mu muhango wo kumuzirikana wabaye ku Cyumweru tariki 19 Kamena 2022.

Byagarutsweho na Madamazela Milagros Sanz uzwi nka nyiranuma washinze akanitirirwa ibitaro bya Nyiranuma mu Biryogo na Kimisagara mu Mujyi wa Kigali, ubu akaba ari umwe batera inkunga bakanakurikirana imikorere n’imikoranire mu bikorwa byakozwe na Padiri Jose Ramon Amunarriz.

Nyiranuma yagize ati “Padiri Jose Ramon Amunarriz yageze hano nta nzu n’imwe yari ihari, agira umutima wo kuhageza ibikorwa remezo.”

Muri uyu muhango kandi wanahuriranye no guha impamyabumenyi abanyeshuri barangije mu mwaka wa 2020-2021, UWINTWARI Jean de monfort Umuyobozi mu kigo gishinzwe imyuga n’ubumenyi-ngiro (RTB) yashimiye uruhare uyu mu Padiri yagize rugamije guteza imbere ubumenyi ngiro.

Yagize ati “Uyu mupadiri yakoze icyo yagombaga gukora mu gihe cye, natwe twiteguye gukomeza ubufatanye bugamije kuzamura ireme ry’uburezi ndetse no kongerera ubushobozi abarimu bo muri iri shuri ndetse no kubaka ibyumba by’amashuri bishya n’izindi nyubako zifashishwa zirimo icyumba cy’abahungu.”

Padiri Cyiza Edmond Marie Rudahunga uyobora iri shuri ry’ubumenyi ngiro rya Father Ramon KABUGA TVET School, avuga ko uyu José Ramon Amunarriz ibikorwa yakoze byari bigamije gufasha abatuye muri Ngamba cyane ko nta terambere ryari rihari.

Gusa yavuze ko bimwe mu bikorwa remezo byasizwe na nyakwigendera, nk’imihanda, ubu biri kwangirika bityo agasaba Leta kubikurikirana ngo bisanwe.

Yagize ati “Ubu imihanda yakozwe na Pdiri Jose Ramon yatangiye kwangirika ku buryo kugera hano i Ngamba biba bigoye cyane ko ari agace gafite imigezi itemba myinshi bityo kuyambuka bikaba bisaba ibiraro ndetse no gusana umuhanda uva Gihara ugera Ngamba cyane ko wifashishwa n’abaza kwiga ndetse n’abaza kwivuza ku Kigo Nderabuzima cya Ngamba biramutse byitaweho imigenderanire yakorwa neza.”

Iri shuri ryitiriwe ‘Father Ramon TVET KABUGA’ ryashinzwe mu mwaka w’ 1997 na Padiri José Ramon Amunarriz watabarutse mu mwaka wa 2002 azize impanuka y’imodoka ku myaka 70, kugea ubu rikaba rifite abana 350.

Uzwi nka Nyiranuma wari uziranye na Padiri yamuvuze ibigwi
Uyu mupadiri yasize ibikorwa remezo muri Ngamba
Padiri uyobira iri shuri yongeye gushimira nyakwigendera
Yashimiwe gufasha abaturage
Abanyeshuri barangije mu ishuri ryashinzwe na Padiri bari mu byishimo

Emmanuel HAKIZIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Musanze: Umuyobozi yaramwijunditse kuko yavuganye n’itangazamakuru amubwira ko nta nkunga ateze kubona

Next Post

Minisitiri Gatabazi yavuze ku Badepite b’u Bwongereza basuye Ingabire Victoire iwe mu rugo

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Minisitiri Gatabazi yavuze ku Badepite b’u Bwongereza basuye Ingabire Victoire iwe mu rugo

Minisitiri Gatabazi yavuze ku Badepite b’u Bwongereza basuye Ingabire Victoire iwe mu rugo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.