Wednesday, July 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Karongi: Abatishoboye batunguwe n’icyemezo bafatiwe nyuma yo gutoranywa ngo bazafashwe

radiotv10by radiotv10
04/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Karongi: Abatishoboye batunguwe n’icyemezo bafatiwe nyuma yo gutoranywa ngo bazafashwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage batishoboye bo mu Murenge wa Rugabano mu Karere ka Karongi, batoranyijwe ngo bazahabwe akazi muri VUP, bamenyeshejwe ko utarishyura umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza bwa Mutuelle de Sante, azakurwamo.

Ni icyemezo kitanyuze bamwe muri aba baturage, bavuga ko mu gihe batoranyijwe nk’abatishoboye, badakwiye gushyirirwaho andi mananiza yatuma bakomwa ku mahirwe bari babonye.

Mukawera Selaphine ati “Baraje baradutora kuko dukennye batubwira ko tuzabona akazi muri VUP, ubwo rero baje kubihindura ngo tubanze dutange mituweri kandi ntayo dufite.”

Mukagatare Jacqueline nawe ati “Twageze ku agari bakajya batubwira ngo utabanza gutanga mituweli nta kazi bamuha, harimo benshi bagiye bayatangira ku Kagari ngo bazakunde babone ako kazi.”

Nubwo basabwa kwishyura mituweli mbere yo kubona akazi muri VUP y’uyu mwaka , abakoze mu y‘uyu mwaka ushize bavuga ko bambuwe amafaranga y’igice cya nyuma bamwe bakifuza ko aho kubishyuza mituweli ngo babone akazi, ahubwo bakwiye kubishyura amafaranga yabo.

Mukandayisenga Rehema agira ati “Kandi dufite amafaranga yacu batatwishyuye y’umwaka ushize, sindabona aya mbere nakoreye. bamfitiye ibihumbi cumi na kimwe ngo nyahereho nishyure mituweri.”

Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Mukarutesi Vestine yabwiye RADIOTV10 ko abaturage babaye barasabwe kubanza kwishyura imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza ngo bakunde babahe akazi muri VUP, byaba ari amakosa.

Ati “Umuturage atanga mituweli kubera ko yigishijwe akumva ibyiza byayo. Uwakora rero ibinyuranye n’ibyo, icyo gihe twabimubaza abaye ari Gitifu cyangwa SEDO tumenye ayo makuru twabakurikirana kuko ibyo ntabwo byemewe.”

Mukarutesi Vestine anavuga ko amafaranga abaturage batahembwe y’umwaka ushize bagomba guhita bayabona. Ati “Bitarenze ejo rwose abaturage bazaguhamagara bakubwira ko babonye amafaranga yabo.”

Kugeza ubu mu baturage 33 560 bo mu Murenge wa Rugabano bagomba kwishyura mituweri uyu mwaka, abagera ku 25 791 ni bo bamaze kwishyura imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza bigashyira uyu murenge ku mwanya wa cyenda mu Mirenge 13 igize Akarere ka Karongi.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + twenty =

Previous Post

Sena y’u Rwanda yagize icyo ivuga ku nkuru y’akababaro y’Umusenateri witabye Imana

Next Post

Uganda: Umugabo yavuze icyamuteye kwiyicira umwana we w’imyaka 2

Related Posts

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko ikibazo cy’ibura ry’amazi riri kugaragara muri iyi minsi, cyatewe n’igabanuka ry’ayo mu mugezi wa Nyabarongo...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Uganda: Umugabo yavuze icyamuteye kwiyicira umwana we w’imyaka 2

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.