Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Karongi: Ubwoba bwatashye abaturage ubwo babonaga imodoka itwara abagenzi iri gukongoka

radiotv10by radiotv10
17/06/2022
in MU RWANDA
0
Karongi: Ubwoba bwatashye abaturage ubwo babonaga imodoka itwara abagenzi iri gukongoka
Share on FacebookShare on Twitter

Ubwo abaturage babonaga imodoka itwara abagenzi ya sosiyete ya RITCO iri gushya ubwo yari igeze i Karongi, babanje kwikanga ko yaba ihiriyemo abagenzi, ku bw’amahirwe basanga ntawahiriyemo.

Iyi modoka ya sosiyete itwara abagenzi ya RITCO, yahiye ubwo yari igeze i Rubengera mu Karere Karongi yerecyeza mu Karere ka Rusizi.

Bamwe mu babonye iyi modoka iri kugurumana, babanje kugira igishyika ko yaba ihiriyemo abantu ari na bwo bamwe batangiraga gutabaza inzego, na zo zihutira kuhagera ariko zisanga yamaze gufatwa n’umuriro mwinshi.

Aba baturage baje kumenya ko nta muntu wahiriyemo kuko ubwo yatangiraga gushya, abari bayirimo bahise bayisohokamo gusa abenshi baburiyemo ibyabo kuko bihutiye gukiza amagara.

Iyi modoka yo mu bwoko bwa bus, yahiye ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba (18:00’) ubwo yari igeze ku cyapa cya cya Rubengera irimo gukuramo abantu, itangira gushya, abari bayirimo bihutira kuyivamo vuba na bwangu.

Umwe mu bari bayirimo yavuze ko ikibazo cyaturutse ku mapine kuko bumvise atangiye kunuka no gucumba umwotsi bagatangira gukiza amagara bamwe banaca no mu madirishya.

Uyu muturage avuga ko yasimbukiye mu idirishya akagwa hasi kuko abantu benshi basohokaga bamwe banyura mu muryango abandi bashaka aho banyura ngo badahiramo.

Yagize ati “Nabonye abantu ari benshi bari kubyigana ndasimbuka ngwa nicaye, navunitse umugongo n’akaboko.”

Inzego zirimo Polisi y’u Rwanda, zaje gutabara, zahageze iyi modoka yamaze gukongoka kuko umuriro wari mwinshi cyane.

Iyi modoka yahiye irakongoka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

Umutekano ubererekeye uwundi: APR itsinze Police ihita itwara shampiyona ya gatatu yikurikiranya

Next Post

M23 yemeje ko Bunagana ikiri mu maboko yayo, iti “nta ngabo zahadukura”

Related Posts

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na...

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

IZIHERUKA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose
MU RWANDA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yemeje ko Bunagana ikiri mu maboko yayo, iti “nta ngabo zahadukura”

M23 yemeje ko Bunagana ikiri mu maboko yayo, iti "nta ngabo zahadukura"

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.