Tuesday, May 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Karongi: Ubwoba bwatashye abaturage ubwo babonaga imodoka itwara abagenzi iri gukongoka

radiotv10by radiotv10
17/06/2022
in MU RWANDA
0
Karongi: Ubwoba bwatashye abaturage ubwo babonaga imodoka itwara abagenzi iri gukongoka
Share on FacebookShare on Twitter

Ubwo abaturage babonaga imodoka itwara abagenzi ya sosiyete ya RITCO iri gushya ubwo yari igeze i Karongi, babanje kwikanga ko yaba ihiriyemo abagenzi, ku bw’amahirwe basanga ntawahiriyemo.

Iyi modoka ya sosiyete itwara abagenzi ya RITCO, yahiye ubwo yari igeze i Rubengera mu Karere Karongi yerecyeza mu Karere ka Rusizi.

Bamwe mu babonye iyi modoka iri kugurumana, babanje kugira igishyika ko yaba ihiriyemo abantu ari na bwo bamwe batangiraga gutabaza inzego, na zo zihutira kuhagera ariko zisanga yamaze gufatwa n’umuriro mwinshi.

Aba baturage baje kumenya ko nta muntu wahiriyemo kuko ubwo yatangiraga gushya, abari bayirimo bahise bayisohokamo gusa abenshi baburiyemo ibyabo kuko bihutiye gukiza amagara.

Iyi modoka yo mu bwoko bwa bus, yahiye ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba (18:00’) ubwo yari igeze ku cyapa cya cya Rubengera irimo gukuramo abantu, itangira gushya, abari bayirimo bihutira kuyivamo vuba na bwangu.

Umwe mu bari bayirimo yavuze ko ikibazo cyaturutse ku mapine kuko bumvise atangiye kunuka no gucumba umwotsi bagatangira gukiza amagara bamwe banaca no mu madirishya.

Uyu muturage avuga ko yasimbukiye mu idirishya akagwa hasi kuko abantu benshi basohokaga bamwe banyura mu muryango abandi bashaka aho banyura ngo badahiramo.

Yagize ati “Nabonye abantu ari benshi bari kubyigana ndasimbuka ngwa nicaye, navunitse umugongo n’akaboko.”

Inzego zirimo Polisi y’u Rwanda, zaje gutabara, zahageze iyi modoka yamaze gukongoka kuko umuriro wari mwinshi cyane.

Iyi modoka yahiye irakongoka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − eight =

Previous Post

Umutekano ubererekeye uwundi: APR itsinze Police ihita itwara shampiyona ya gatatu yikurikiranya

Next Post

M23 yemeje ko Bunagana ikiri mu maboko yayo, iti “nta ngabo zahadukura”

Related Posts

Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025

Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025

by radiotv10
05/05/2026
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), cyatangaje ko mu mwaka wa 2025, umubare w’abana banditswe mu irangamimerere mu Rwanda ari 356 838,...

Mu Rwanda hashobora gutangira gahunda ishobora gutuma imodoka zose zihindurwa iz’amashanyarazi cyangwa Gaze

Mu Rwanda hashobora gutangira gahunda ishobora gutuma imodoka zose zihindurwa iz’amashanyarazi cyangwa Gaze

by radiotv10
04/05/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko iri mu biganiro n’ibigo bibiri byo hanze bishobora guhindura imodoka za Lisansi na Mazutu, zikagirwa...

Amakuru mashya: Inyubako ikoreramo RDB yafunzwe by’agateganyo

Amakuru mashya: Inyubako ikoreramo RDB yafunzwe by’agateganyo

by radiotv10
04/05/2026
0

Ubuyobozi bw’Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB), bwatangaje ko inyubako nshya rukoreramo kuva muri 2023 n'ibindi bigo binyuranye, igiye kuba...

BREAKING: Hatangajwe itariki y’ibirori byo Kwita Izina abana b’Ingagi

BREAKING: Hatangajwe itariki y’ibirori byo Kwita Izina abana b’Ingagi

by radiotv10
05/05/2026
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB), rwatangaje ko ibirori byo Kwita Izina abana b’Ingagi by’uyu mwaka bigiye kuba ku nshuro...

Habaye igikorwa cy’urukundo nyuma yuko umuturage agize ibyago agapfusha amatungo 30 icyarimwe

Habaye igikorwa cy’urukundo nyuma yuko umuturage agize ibyago agapfusha amatungo 30 icyarimwe

by radiotv10
04/05/2026
0

Umuturege wo mu Murenge wa Mpanga mu Karere ka Kirehe, wapfushije amatungo 33 arimo inka 15 nyuma yo gukubitwa n’inkuba,...

IZIHERUKA

Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025
IMIBEREHO MYIZA

Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025

by radiotv10
05/05/2026
0

Mu Rwanda hashobora gutangira gahunda ishobora gutuma imodoka zose zihindurwa iz’amashanyarazi cyangwa Gaze

Mu Rwanda hashobora gutangira gahunda ishobora gutuma imodoka zose zihindurwa iz’amashanyarazi cyangwa Gaze

04/05/2026
Menya agaciro k’isakoshi Miss Jolly yagaragaye afite

Menya agaciro k’isakoshi Miss Jolly yagaragaye afite

04/05/2026
Nyuma y’umunsi umwe Perezida Kagame agiriye uruzinduko muri Tanzania, Ruto wa Kenya nawe yerecyejeyo

Nyuma y’umunsi umwe Perezida Kagame agiriye uruzinduko muri Tanzania, Ruto wa Kenya nawe yerecyejeyo

04/05/2026
Umwe mu baregwa hamwe n’umunyamakuru ‘Djihad’ yabuze mu Rukiko

Umwe mu baregwa hamwe n’umunyamakuru ‘Djihad’ yabuze mu Rukiko

04/05/2026
Hamenyekanye andi makuru arambuye yerecyeye igikorwa gitegerejwemo ikirangirire Lamar mu Rwanda

Amakuru mashya: Dj Toxxyk yafatiwe icyemezo n’Urukiko gituma ahita afungurwa

05/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yemeje ko Bunagana ikiri mu maboko yayo, iti “nta ngabo zahadukura”

M23 yemeje ko Bunagana ikiri mu maboko yayo, iti "nta ngabo zahadukura"

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025

Mu Rwanda hashobora gutangira gahunda ishobora gutuma imodoka zose zihindurwa iz’amashanyarazi cyangwa Gaze

Menya agaciro k’isakoshi Miss Jolly yagaragaye afite

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.