Saturday, May 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Karongi: Ubwoba bwatashye abaturage ubwo babonaga imodoka itwara abagenzi iri gukongoka

radiotv10by radiotv10
17/06/2022
in MU RWANDA
0
Karongi: Ubwoba bwatashye abaturage ubwo babonaga imodoka itwara abagenzi iri gukongoka
Share on FacebookShare on Twitter

Ubwo abaturage babonaga imodoka itwara abagenzi ya sosiyete ya RITCO iri gushya ubwo yari igeze i Karongi, babanje kwikanga ko yaba ihiriyemo abagenzi, ku bw’amahirwe basanga ntawahiriyemo.

Iyi modoka ya sosiyete itwara abagenzi ya RITCO, yahiye ubwo yari igeze i Rubengera mu Karere Karongi yerecyeza mu Karere ka Rusizi.

Bamwe mu babonye iyi modoka iri kugurumana, babanje kugira igishyika ko yaba ihiriyemo abantu ari na bwo bamwe batangiraga gutabaza inzego, na zo zihutira kuhagera ariko zisanga yamaze gufatwa n’umuriro mwinshi.

Aba baturage baje kumenya ko nta muntu wahiriyemo kuko ubwo yatangiraga gushya, abari bayirimo bahise bayisohokamo gusa abenshi baburiyemo ibyabo kuko bihutiye gukiza amagara.

Iyi modoka yo mu bwoko bwa bus, yahiye ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba (18:00’) ubwo yari igeze ku cyapa cya cya Rubengera irimo gukuramo abantu, itangira gushya, abari bayirimo bihutira kuyivamo vuba na bwangu.

Umwe mu bari bayirimo yavuze ko ikibazo cyaturutse ku mapine kuko bumvise atangiye kunuka no gucumba umwotsi bagatangira gukiza amagara bamwe banaca no mu madirishya.

Uyu muturage avuga ko yasimbukiye mu idirishya akagwa hasi kuko abantu benshi basohokaga bamwe banyura mu muryango abandi bashaka aho banyura ngo badahiramo.

Yagize ati “Nabonye abantu ari benshi bari kubyigana ndasimbuka ngwa nicaye, navunitse umugongo n’akaboko.”

Inzego zirimo Polisi y’u Rwanda, zaje gutabara, zahageze iyi modoka yamaze gukongoka kuko umuriro wari mwinshi cyane.

Iyi modoka yahiye irakongoka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 12 =

Previous Post

Umutekano ubererekeye uwundi: APR itsinze Police ihita itwara shampiyona ya gatatu yikurikiranya

Next Post

M23 yemeje ko Bunagana ikiri mu maboko yayo, iti “nta ngabo zahadukura”

Related Posts

The Lux Collective Enters Rwanda with Landmark Ultra-Luxury Tourism Circuit Partnership

The Lux Collective Enters Rwanda with Landmark Ultra-Luxury Tourism Circuit Partnership

by radiotv10
16/05/2026
0

Mauritius, 15 May 2026 – Global hospitality group The Lux Collective has marked its first entry into Rwanda through a...

Hagaragajwe amakuru mashya ku gushakira Kabuga Igihugu azerecyezamo nyuma yo kutaburanishwa

Amakuru mashya: Kabuga Félicien wari ukurikiranyweho kugira uruhare rukomeye muri Jenoside yapfuye

by radiotv10
16/05/2026
0

Félicien Kabuga wari ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, wari umaze imyaka itanu afatiwe i Paris...

Ibyo abaturage bakeka ku nkongi y’umuriro yibasiye bitunguranye inzu yari irimo abana batatu

Ibyo abaturage bakeka ku nkongi y’umuriro yibasiye bitunguranye inzu yari irimo abana batatu

by radiotv10
16/05/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Gitwa mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, baturanye n'umuryango wahishije inzu...

Nyamasheke: Barataka kubura amazi kubera ivomo ryafunzwe, WASAC ikavuga ko badashobotse

Nyamasheke: Barataka kubura amazi kubera ivomo ryafunzwe, WASAC ikavuga ko badashobotse

by radiotv10
16/05/2026
0

Hari abaturage bo mu kagari k’impala mu murenge wa Bushenge bataka ikibazo cyo kubura amazi meza aho ngo biba ngombwa...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Sosiyete Mpuzamahanga yinjiye mu mikoranire na Hoteli ikomeye mu Rwanda ya Cleo Lake Kivu Hotel

by radiotv10
15/05/2026
0

Sosiyete y’ibikorwa by’amahoteli The Lux Collective ifite icyicaro mu Birwa bya Maurice, yinjiye mu mikoranire n’iyo mu Rwanda ya Cleo...

IZIHERUKA

The Lux Collective Enters Rwanda with Landmark Ultra-Luxury Tourism Circuit Partnership
MU RWANDA

The Lux Collective Enters Rwanda with Landmark Ultra-Luxury Tourism Circuit Partnership

by radiotv10
16/05/2026
0

Hagaragajwe amakuru mashya ku gushakira Kabuga Igihugu azerecyezamo nyuma yo kutaburanishwa

Amakuru mashya: Kabuga Félicien wari ukurikiranyweho kugira uruhare rukomeye muri Jenoside yapfuye

16/05/2026
Ibyo abaturage bakeka ku nkongi y’umuriro yibasiye bitunguranye inzu yari irimo abana batatu

Ibyo abaturage bakeka ku nkongi y’umuriro yibasiye bitunguranye inzu yari irimo abana batatu

16/05/2026
Perezida Trump yahishuye bimwe mu byo yemeranyijweho na Xi Jinping w’u Bushinwa

Perezida Trump yahishuye bimwe mu byo yemeranyijweho na Xi Jinping w’u Bushinwa

16/05/2026
Nyamasheke: Barataka kubura amazi kubera ivomo ryafunzwe, WASAC ikavuga ko badashobotse

Nyamasheke: Barataka kubura amazi kubera ivomo ryafunzwe, WASAC ikavuga ko badashobotse

16/05/2026
How to Recover From a Busy Week Without Losing Your Whole Weekend

How to Recover From a Busy Week Without Losing Your Whole Weekend

16/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yemeje ko Bunagana ikiri mu maboko yayo, iti “nta ngabo zahadukura”

M23 yemeje ko Bunagana ikiri mu maboko yayo, iti "nta ngabo zahadukura"

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Lux Collective Enters Rwanda with Landmark Ultra-Luxury Tourism Circuit Partnership

Amakuru mashya: Kabuga Félicien wari ukurikiranyweho kugira uruhare rukomeye muri Jenoside yapfuye

Ibyo abaturage bakeka ku nkongi y’umuriro yibasiye bitunguranye inzu yari irimo abana batatu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.