Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Karongi: Umusore bivugwa ko abakobwa baterereje kwiyahura yabigerageje ubugiragatu byanga

radiotv10by radiotv10
10/09/2022
in MU RWANDA
1
Karongi: Umusore bivugwa ko abakobwa baterereje kwiyahura yabigerageje ubugiragatu byanga
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore wo mu Murenge wa Rwankuba mu Karere ka Karongi, uvugwago kubenga abakobwa abanje kubarya amafaranga, yagerageje kwiyahura inshuro eshatu zose byanga. Bivugwa ko abo yabenze ari bo babimuterereje.

Ikinyamakuru Taarifa dukesha aya makuru, kivuga ko uyu musore wo mu Kagari ka Nyakamira muri uyu Murenge wa Rwankuba, yari afite ubukwe bwo gusezerana mu Murenge kuri uyu wa Kane tariki 08 Nzeri 2022 ariko bikaza gusubikwa kubera ibyo bibazo byo gushaka kwiyambura ubuzima.

Uwatanze amakuru, yavuze ko uyu musore yabanje kwiyahura akoresheje umugozi bikanga, ubundi agahita ajya gushaka umuti wica na wo akawunywa bikanga.

Nyuma ngo yaje gushaka Lisansi ngo yitwike ndetse aranabikora ariko abaturage bamuzimya atarashya, ubu akaba arwariye ku Kigo cy’Ubuzima cya Musango muri aka Kagari ka Nyamakira.

Abatanze amakuru, bavuga ko ibyakorwaga n’uyu musore atari gusa, bagakeka ko bishobora kuba ari ibitererezanyo, aho bavuga ko abakobwa yagiye abenga abanje kubarya amafaranga ari bo bashobora kuba babiri inyuma.

Fidel Dusabimana uyobora Akagari ka Nyakamira yavuze ko aya makuru yayumvise ndetse ko akomeje kuyakurikirana.

Yagize ati “ariko byarabaye kuko hari abampamagaye babimbwira.”

Uyu muyobozi avuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 09 Nzeri 2022, yahamagaye kuri telepfone uyu musore washatse kwiyambura ubuzima, bakanavugana ariko ko nta byinshi yamubwiye.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Leonidas NDAYISHIMIYE says:
    3 years ago

    Birababaje kumva umuntu agambirira kwiyambura ubuzima. Gusa abasore nabo bajye baba inyangamugayo bareke gukomeretsa imitima yabakobwa.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − 4 =

Previous Post

Hamenyekanye igihe amashuri azatangirira…Menya ingengabihe y’umwaka w’amashuri wa 2022-2023

Next Post

Kigali: Mu minsi 4 Polisi yafashe abashoferi 246 bakoreshaga Telefone batwaye

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
18/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Mu minsi 4 Polisi yafashe abashoferi 246 bakoreshaga Telefone batwaye

Kigali: Mu minsi 4 Polisi yafashe abashoferi 246 bakoreshaga Telefone batwaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.