Wednesday, March 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Karongi: Umusore bivugwa ko abakobwa baterereje kwiyahura yabigerageje ubugiragatu byanga

radiotv10by radiotv10
10/09/2022
in MU RWANDA
1
Karongi: Umusore bivugwa ko abakobwa baterereje kwiyahura yabigerageje ubugiragatu byanga
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore wo mu Murenge wa Rwankuba mu Karere ka Karongi, uvugwago kubenga abakobwa abanje kubarya amafaranga, yagerageje kwiyahura inshuro eshatu zose byanga. Bivugwa ko abo yabenze ari bo babimuterereje.

Ikinyamakuru Taarifa dukesha aya makuru, kivuga ko uyu musore wo mu Kagari ka Nyakamira muri uyu Murenge wa Rwankuba, yari afite ubukwe bwo gusezerana mu Murenge kuri uyu wa Kane tariki 08 Nzeri 2022 ariko bikaza gusubikwa kubera ibyo bibazo byo gushaka kwiyambura ubuzima.

Uwatanze amakuru, yavuze ko uyu musore yabanje kwiyahura akoresheje umugozi bikanga, ubundi agahita ajya gushaka umuti wica na wo akawunywa bikanga.

Nyuma ngo yaje gushaka Lisansi ngo yitwike ndetse aranabikora ariko abaturage bamuzimya atarashya, ubu akaba arwariye ku Kigo cy’Ubuzima cya Musango muri aka Kagari ka Nyamakira.

Abatanze amakuru, bavuga ko ibyakorwaga n’uyu musore atari gusa, bagakeka ko bishobora kuba ari ibitererezanyo, aho bavuga ko abakobwa yagiye abenga abanje kubarya amafaranga ari bo bashobora kuba babiri inyuma.

Fidel Dusabimana uyobora Akagari ka Nyakamira yavuze ko aya makuru yayumvise ndetse ko akomeje kuyakurikirana.

Yagize ati “ariko byarabaye kuko hari abampamagaye babimbwira.”

Uyu muyobozi avuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 09 Nzeri 2022, yahamagaye kuri telepfone uyu musore washatse kwiyambura ubuzima, bakanavugana ariko ko nta byinshi yamubwiye.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Leonidas NDAYISHIMIYE says:
    4 years ago

    Birababaje kumva umuntu agambirira kwiyambura ubuzima. Gusa abasore nabo bajye baba inyangamugayo bareke gukomeretsa imitima yabakobwa.

    Reply

Leave a Reply to Leonidas NDAYISHIMIYE Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 10 =

Previous Post

Hamenyekanye igihe amashuri azatangirira…Menya ingengabihe y’umwaka w’amashuri wa 2022-2023

Next Post

Kigali: Mu minsi 4 Polisi yafashe abashoferi 246 bakoreshaga Telefone batwaye

Related Posts

Nyanza: Uwo bivugwa ko ari Umunyekongo arakekwaho amahano adasanzwe

Umusore ukekwaho gusambanya ihene bamubona agakizwa n’amaguru aravugwaho indi myitwarire

by radiotv10
17/03/2026
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza ahari umusore ukekwaho gusambanya ihene y’umuturanyi bamubona agakizwa n’amaguru,...

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

by radiotv10
17/03/2026
0

Mu Mudugudu wa Gakoni, Akagali ka Karama  mu Murenge wa Ruhashya mu Karere ka Huye;  haravugwa urugomo rwakozwe n’abantu bakekwaho...

U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF

U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF

by radiotv10
17/03/2026
0

Bamwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda batangiye urugendo mu Bihugu bigize Umuryango w’Ibikoresha Ururimi rw’Igifaransa (OIF) bashyikiriza Abakuru babyo ubutumwa...

Uko byagenze ngo umugabo arume imyanya y’ibanga y’umuhungu we

Uko byagenze ngo umugabo arume imyanya y’ibanga y’umuhungu we

by radiotv10
17/03/2026
0

Mu Murenge wa Gashanda mu Karere ka Ngoma, haravugwa umugabo ukekwaho kuruma igitsina cy’umuhungu we nyuma yo kumukeka ko ari...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

How Rwandans continue to show strong interest in Digital National IDs

by radiotv10
17/03/2026
0

The ongoing registration for Rwanda’s digital national identity card is gradually attracting more citizens as the exercise continues across different...

IZIHERUKA

Nyanza: Uwo bivugwa ko ari Umunyekongo arakekwaho amahano adasanzwe
MU RWANDA

Umusore ukekwaho gusambanya ihene bamubona agakizwa n’amaguru aravugwaho indi myitwarire

by radiotv10
17/03/2026
0

Hagaragaye ifoto ya Netanyahu atanga amabwiriza yo kwica abayobozi bakuru muri Iran

Hagaragaye ifoto ya Netanyahu atanga amabwiriza yo kwica abayobozi bakuru muri Iran

17/03/2026
Hishwe undi muyobozi wo hejuru muri Iran uherutse kugenera ubutumwa Trump

Hishwe undi muyobozi wo hejuru muri Iran uherutse kugenera ubutumwa Trump

17/03/2026
Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

17/03/2026
Intambara yo muri Congo mu isura nshya: Ingabo z’u Burundi ziravugwaho gukoresha intwaro zikomeye

Intambara yo muri Congo mu isura nshya: Ingabo z’u Burundi ziravugwaho gukoresha intwaro zikomeye

17/03/2026
U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF

U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF

17/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Mu minsi 4 Polisi yafashe abashoferi 246 bakoreshaga Telefone batwaye

Kigali: Mu minsi 4 Polisi yafashe abashoferi 246 bakoreshaga Telefone batwaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusore ukekwaho gusambanya ihene bamubona agakizwa n’amaguru aravugwaho indi myitwarire

Hagaragaye ifoto ya Netanyahu atanga amabwiriza yo kwica abayobozi bakuru muri Iran

Hishwe undi muyobozi wo hejuru muri Iran uherutse kugenera ubutumwa Trump

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.