Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF

radiotv10by radiotv10
17/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda batangiye urugendo mu Bihugu bigize Umuryango w’Ibikoresha Ururimi rw’Igifaransa (OIF) bashyikiriza Abakuru babyo ubutumwa bwa Perezida Paul Kagame bubasaba gushyigikira Kandidatire ya Louise Mushikiwabo uzahatanira kongera gutorerwa umwanya w’Umunyamabanga Mukuru w’uyu Muryango muri manda ya gatatu.

Kuri uyu wa Mbere, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiriye uruzinduko muri Djibouti, aho yakiriwe na Perezida w’iki Gihugu Ismaïl Omar Guelleh.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda yashyikirije Perezida wa Djibouti ubutumwa bwa mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, bumusaba gushyigikira kandidatire ya Louise Mushikiwabo ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa (OIF).

Minisitiri Nduhungirehe, nyuma yo kwakirwa na Perezida, yagize ati “Naje nk’Intumwa Yihariye ya Nyakubabwa Perezida Paul Kagame, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda kugira ngo nshyikirize Nyakubahwa Perezida Ismaïl Omar Guelleh ubutumwa bwo kugira ngo tumusabe gushyigikira Kandidatire ya Madame Louise Mushikiwabo kugira ngo yongere atorerwe kuba Umunyamabanga Mukuru w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa.”

Nduhungirehe avuga kandi ko ibiganiro bye na Perezida wa Djibouti byanagarutse ku bikorwa byakozwe na Louise Mushikiwabo mu gihe amaze ayobora OIF birimo amavugurura yakoze muri uyu Muryango agamije gutuma ukomeza gushikama, no kugirirwa icyizere n’abatuye Ibihugu biwugize, ndetse unubashywe ku ruhando mpuzamahanga.

Ati “Turashaka gukomeza muri uwo murongo wo kugira ngo ibyo yatangiye mu nzego z’uwo Muryango abikomeze.”

Banaganiriye kandi ku zindi ngingo zirimo umubano w’u Rwanda na Djibouti, ndetse n’amahoro n’umutekano mu karere no muri Afurika.

Ku rundi ruhande, Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire na we yerecyeje muri Mauritania, aho na we yakiriwe na Perezida w’iki Gihugu, Mohamed Ould Cheikh El Ghazouani.

Nelly Mukazayire na we yashyikirije Perezida Mohamed Ould Cheikh El Ghazouani ubutumwa bwa mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame bwo kumusaba gushyigikira Kandidatire ya Louise Mushikiwabo.

Mukazayire na we nyuma yo gutanga ubu butumwa yagize ati “Maze gutanga ubutumwa bwari bugenewe Perezida w’Igihugu abwohererejwe na mugenzi we. Ndashimira uko nakiriwe, ubutumwa bwakiriwe neza tunashimira umwanya twahawe wo kuganira na Perezida.”

Madamu Louise Mushikiwabo usanzwe ari Umunyamabanga wa OIF, azahatanira manda ye ya gatatu mu matora azaba mu mpera z’uyu mwaka, aho azahatana n’abarimo Umunyekongo, Juliana Amato Lumumba umukobwa wa Patrice Lumumba; wemejwe na Guverinoma ya DRC mu kwezi gushize kuzatanga kandidatire ye.

Perezida Kagame ubwo yitabiraga Inteko y’Abakuru b’Ibihugu bigize OIF ya 2018
Minisitiri Nduhungirehe yashyikirije Perezida wa Djibouti ubutumwa bumusaba gushyigikira kandidatire ya Mushikiwabo

Banagiranye ibiganiro
Nelly Mukazayire na we yerecyeje muri Mauritania
Yashyikirije Perezida Mohamed Ould Cheikh El Ghazouani ubutumwa bwa Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 5 =

Previous Post

Uko byagenze ngo umugabo arume imyanya y’ibanga y’umuhungu we

Next Post

Intambara yo muri Congo mu isura nshya: Ingabo z’u Burundi ziravugwaho gukoresha intwaro zikomeye

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Intambara yo muri Congo mu isura nshya: Ingabo z’u Burundi ziravugwaho gukoresha intwaro zikomeye

Intambara yo muri Congo mu isura nshya: Ingabo z’u Burundi ziravugwaho gukoresha intwaro zikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.