• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byagenze ngo umugabo arume imyanya y’ibanga y’umuhungu we

radiotv10by radiotv10
17/03/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko byagenze ngo umugabo arume imyanya y’ibanga y’umuhungu we
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Gashanda mu Karere ka Ngoma, haravugwa umugabo ukekwaho kuruma igitsina cy’umuhungu we nyuma yo kumukeka ko ari umugabo wari uri kumusambanyiriza umugore we.

Ibi byabereye mu Mudugugu wa Kanege mu Kagari ka Muenge mu Murenge wa Gashanda, aho uyu mugabo witwa Rugerinyange Vedaste yahise atabwa muri yombi.

Abaturage bo muri aka gace, bavuga ko uwo mugabo yarumye ubugabo w’umuhungu we witwa Niyomugabo Jean Bosco kubera gufuhira umugore we, dore ko yamukegaho kumuca inyuma.

Umwe mu baturage, aganira n’ikinyamakuru cyitwa Ukweli Times dukesha aya makuru, yagize ati “Yamurumye azi ko ari we umusambanyiriza umugore, ntabwo yamurumye azi ko ari umwana we. Byarangiye amuriye igitsina cyarakomeretse cyane ariko ntabwo cyavuyeho.”

Aba baturage bavuga ko ubwo uyu mugabo yarumaga igitsina cy’umuhungu we, yumvise amubwira ati “papa uranyishe mbabarira.” Akaba ari bwo yahise amureka.

Uyu muhungu warumwe igitsina n’umubyeyi we, avuga ko yasanze ari kumwe na nyina, agahita amusingira akamuruma ku gitsina.

Ati “Twagiye hasi ahita afata araruma nibwo bamunkuyeho yaragiye kuyicaho. Sinzi icyabimuteye nta n’urushyi yankojeje cyangwa ingumi, yaraje araruma ni bwo navugije induru baza bamunkuraho.”

Umugore w’uyu mugabo na we yemeza ibi byabaye ku muhungu wabo, akavuga ko byabaye ubwo umugabo we yasangaga bari kwarura inzoga.

Yagize ati “Nari kumwe n’uyu muhungu amfatiye itoroshi nanjye ndimo kudaha mu kidomoro. Yari yabanje kumpamagara ngo nzane inzoga nzicururize mu Nyungwe, mbyanze yahise aza ansanga mu cyumba n’uyu ahita amukwega bitura hasi.”

Aya makuru kandi anemezwa n’Ubuyobozi bw’Inzego z’Ibanze nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi w’Umudugudu wa Kanege, Nkurunziza Hassan.

Uyu muyobozi avuga ko biriya byabaye ahagana saa tatu z’ijoro ubwo uwo mugabo bita Rugerinyange yageraga iwe akaruma umuhungu we witwa Niyomugabo Jean Bosco ubwo yasangaga ari kumwe n’umuugore we akagira ngo n’umugabo wari waje kumuca inyuma.

Yagize ati “Natwe twahise duhuruza haza Polisi haza DASSO uwo mugabo Rugerinyange Vedaste bahise bamutwara arimo arabazwa n’inzego z’Umutekano na RIB ibyo yakoze.”

Uyu Muyobozi avuga ko uyu mugabo n’umugore we n’ubundi basanzwe bagirana amakimbirane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − two =

Previous Post

How Rwandans continue to show strong interest in Digital National IDs

Next Post

U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF

U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.