Wednesday, September 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Bavuze ibyo batungujwe ku munsi w’Intwari bifuza ko bitazongera

radiotv10by radiotv10
19/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Bavuze ibyo batungujwe ku munsi w’Intwari bifuza ko bitazongera
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza, bavuga ko batungujwe no gusabwa amafaranga yo gufasha abatishoboye ku munsi w’Intwari, bategekwa kuyatanga ku gahato, none barifuza ko bitazongera.

Abaganiriye na RADIOTV10, ni abo mu Kagari ka Nyakanazi muri uyu Murenge wa Murama, bavuga ko  baherutse gucibwa amafaranga 1 000 Frw yo gufasha abatishoboye ku munsi w’Intwari.

Bavuga ko babihatiwe kubikora bitwaje ko na bo bahawe amafaranga muri mushinga wa ‘GiveDirectly’ kandi bamwe muri bo bagashimangira ko bitakozwe uko byari bwikwiye.

Umwe muri bo  ati “Nyine baratubwiye ngo ni amafaranga yo kwitura Umusaza  Perezida Kagame) nkanjye byarantunguye ndeke kuvugira abandi kuko nta nama yabyo twigeze duhabwa.”

Undi yagize ati “Baradutunguye, ntabwo batugishije inama, baradutunguye. Umuturage iyo wamugushije inama afite uko abyakira, ariko iyo bibaye nk’agahato ntabwo abyakira neza.”

Abo mu Kagari ka Bunyetongo, bo bavuga ko batigeze bahatirwa gutanga amafaranga 1 000 kuko buri wese yatangaga uko yifite, yaba imyaka cyangwa ibiceri.

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco avuga ko ari ikibazo bakurikiranye ariko kobidakwiye ko abayobozi bahatira gutanga amafaranga yo gufasha, yihanangiriza umuyobozi  uwo ari we wese waca amafaranga umuturage bidaturutse mu byifuzo byabo.

Ati “Icyo ni ikibazo twakurikiranye, ntabwo biri mu nshingano z’ubuyobozi kwaka abaturage amafaranga. Kuba hari ababikoze babyikoreye ku giti cyabo, abantu bagize urwo ruhare ntakibazo ni igikorwa twanashima, ariko ubuyobozi burabizi ko nta muturage bwakwaka amafaranga ibyo twaranabibabwiye tukimara kumenya kiriya kibazo.”

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

U Bwongereza bwatanzeho u Rwanda urugero rw’Ibihugu by’indashyikirwa mu mikoranire y’ubukungu

Next Post

U Rwanda rwavuze icyo rudashobora gusabira imbabazi cyangwa uruhushya

Related Posts

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburengenazira bwa Muntu; yateranye mu buryo bw’igitaraganya, uhagarariye u Rwanda yavuze ko iki Gihugu...

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

by radiotv10
16/09/2025
0

Amashuri yose yo mu Mujyi wa Kigali; guhera ku y’incuke kugeza ku makuru na za kaminuza, yibukijwe ko mu cyumweru...

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/09/2025
0

Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35, wasanzwe muri ruhurura iri mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarungege mu...

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

by radiotv10
16/09/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero barasaba gusanirwa ikiraro cyangiritse ku muhamda werecyeza ku ruganda...

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

by radiotv10
16/09/2025
0

The Government of Rwanda has announced that by 2025, households with access to electricity have reached 85%, up from less...

IZIHERUKA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar
MU RWANDA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

16/09/2025
Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwavuze icyo rudashobora gusabira imbabazi cyangwa uruhushya

U Rwanda rwavuze icyo rudashobora gusabira imbabazi cyangwa uruhushya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.