Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Bavuze ibyo batungujwe ku munsi w’Intwari bifuza ko bitazongera

radiotv10by radiotv10
19/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Bavuze ibyo batungujwe ku munsi w’Intwari bifuza ko bitazongera
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza, bavuga ko batungujwe no gusabwa amafaranga yo gufasha abatishoboye ku munsi w’Intwari, bategekwa kuyatanga ku gahato, none barifuza ko bitazongera.

Abaganiriye na RADIOTV10, ni abo mu Kagari ka Nyakanazi muri uyu Murenge wa Murama, bavuga ko  baherutse gucibwa amafaranga 1 000 Frw yo gufasha abatishoboye ku munsi w’Intwari.

Bavuga ko babihatiwe kubikora bitwaje ko na bo bahawe amafaranga muri mushinga wa ‘GiveDirectly’ kandi bamwe muri bo bagashimangira ko bitakozwe uko byari bwikwiye.

Umwe muri bo  ati “Nyine baratubwiye ngo ni amafaranga yo kwitura Umusaza  Perezida Kagame) nkanjye byarantunguye ndeke kuvugira abandi kuko nta nama yabyo twigeze duhabwa.”

Undi yagize ati “Baradutunguye, ntabwo batugishije inama, baradutunguye. Umuturage iyo wamugushije inama afite uko abyakira, ariko iyo bibaye nk’agahato ntabwo abyakira neza.”

Abo mu Kagari ka Bunyetongo, bo bavuga ko batigeze bahatirwa gutanga amafaranga 1 000 kuko buri wese yatangaga uko yifite, yaba imyaka cyangwa ibiceri.

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco avuga ko ari ikibazo bakurikiranye ariko kobidakwiye ko abayobozi bahatira gutanga amafaranga yo gufasha, yihanangiriza umuyobozi  uwo ari we wese waca amafaranga umuturage bidaturutse mu byifuzo byabo.

Ati “Icyo ni ikibazo twakurikiranye, ntabwo biri mu nshingano z’ubuyobozi kwaka abaturage amafaranga. Kuba hari ababikoze babyikoreye ku giti cyabo, abantu bagize urwo ruhare ntakibazo ni igikorwa twanashima, ariko ubuyobozi burabizi ko nta muturage bwakwaka amafaranga ibyo twaranabibabwiye tukimara kumenya kiriya kibazo.”

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 9 =

Previous Post

U Bwongereza bwatanzeho u Rwanda urugero rw’Ibihugu by’indashyikirwa mu mikoranire y’ubukungu

Next Post

U Rwanda rwavuze icyo rudashobora gusabira imbabazi cyangwa uruhushya

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n'abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwavuze icyo rudashobora gusabira imbabazi cyangwa uruhushya

U Rwanda rwavuze icyo rudashobora gusabira imbabazi cyangwa uruhushya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.