Kazungu Claver ntakiri umuvugizi wa APR Football Club

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Kazungu Claver wari umuvugizi w’ikipe ya APR Football Club kuva mu 2016 ntakiri muri uyu mwanya guhera kuri uyu wa mbere tariki 19 Nyakanga 2021 nyuma y’impinduka zakozwe mu nama yateranye n’ubundi kuri uyu wa mbere.

Mu gitondo cy’uyu wa mbere tariki 19 Nyakanga 2021 nibwo Kazungu Claver yatandukanye na APR FC mu kazi ko kuyivugira, akazi yari amazemo imyaka itanu (5) kuva mu 2016.

Izindi Nkuru

Uvbwo yari ageze mu kiganiro cya siporo cya RADIO&TV10 cy’uyu wa mbere, ikiganiro yinjiyemo atinzeho gato, Kazungu yavuze ko avuye mu nama ya APR FC, inama yari ikubiyemo ingingo yo gusesa amasezerano yari afitanye nayo yo kuyibera umuvugizi.

“Nanyuze mu kanama. Ntabwo nkiri umuvugizi wa APR FC, ndagira ngo n’abantu bakomeza kumpamagara bambaza amakuru, ntabwo nkiri umuvugizi wa APR FC” Kazungu

Kazungu Claver ni umwe mu banyamakuru barambye mu mwuga w’itangazamakuru rya siporo umwe mu batangije gahunda yo kogeza imikino yo ku mugabane w’u Burayi. Kuri ubu ni umwe mu bakora ikiganiro cya siporo kuri Radio 10 (87.6 FM, 99.0 FM na 93.6 FM).

Image

Ibaruwa isoza amasezerano ya Kazungu Claver muri APR FC

 

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru