Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kenneth Roth wakunze guharabika u Rwanda yakiriwe na Museveni

radiotv10by radiotv10
30/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kenneth Roth wakunze guharabika u Rwanda yakiriwe na Museveni
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Umuryango Mpuzamahanga uharanira iyubahirizwa ry’Uburenganzira bwa Muntu uzwi nka Human Rights Watch, Kenneth Roth wakunze kwibasira u Rwanda urugaragaza nk’uruhonyora uburenganzira bwa muntu, yakiriwe na Perezida Yoweri Museveni, amushyikiriza raporo ikubiyemo ibirego ashinja Uganda birimo iyicacubozo.

Kenneth Roth uyobora Human Rights Watch yakunze gushinja u Rwanda ibikorwa byo kubangamira uburenganzira bwa muntu, na we ubwe yagiye ashinja u Rwanda ibi birego.

Uyu mugabo uyobora uyu muryango kuva mu 1993, yahuye na Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda amushyikiriza raporo na yo igaragaza ibyo Human Rights Watch ishinja Uganda.

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wahuye na Kenneth kuri uyu wa Gatatu, yavuze ko iyi raporo ikubiyemo amakuru y’ibyo bashinja u Rwanda birimo iyicarubozo.

Museveni wavuze ko yahuriye na Kenneth Roth i Ntungamo, yizeje uyu muryango ko agiye gukurikirana ibi birego ushinja ubutegetsi bwe.

Ati “Ibirego byo gufunga mu buryo bunyuranyije n’amategeko, iyicarubozo no guhonyora uburenganzira bwa muntu, ntabwo bizihanganire. Iyicarubozo ni cyo kintu cya mbere kibi kidakenewe. Tugiye kugenzura ibikubire muri iyi raporo ubundi tuzagire icyo tubikoraho.”

Museveni yizeje Kenneth Roth ko agiye kugenzura ibi ashinja Uganda

Muri 2017, Human Rights Watch yasohoye raporo yise ‘All Thieves Must Be Killed’ (abajura bose bagomba kwicwa), yavugagamo ko hari abantu 37 bishwe n’abo mu nzego z’umutekano nk’abapolisi, abasirikare, ndetse n’Inkeragutabara na DASSO.

Iyi raporo yavugaga ko abo bantu bishwe mu Turere twa Rubavu na Rutsiro, yanatumye Inteko Ishinga Amategeko iterana kugira ngo igire icyo ivuga kuri iki cyegeranyo aho abadepite bose bafashe ijambo, bamaganye iyi raporo ndetse bagasaba ko uyu muryango wirukanwa mu Rwanda.

Hon Ruku Rwabyoma uri mu bagize icyo bavuga icyo gihe, yagarutse cyane kuri Kenneth Roth, avuga ko akwiye kwamaganwa.

Rwabyoma yagize ati “Hari abamukurikira ibyo avuze ugasanga babitwaye nkaho bifite ishingiro. Ni imbwa y’Interahamwe ‘Mumbabarire gukoresha iryo jambo mu Nteko’ isingiza uvuze nabi u Rwanda uwo ariwe wese.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − ten =

Previous Post

Urubyiruko rw’u Rwanda rufite ikinyabupfura gihebuje- La Fouine

Next Post

U Rwanda rwungutse Imbwa zitahura ibisasu zikoresheje uburyo budasanzwe n’Abapolisi bazi kuzikoresha

Related Posts

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zasinye amasezerano y’inyongera mu bijyanye n’ubukungu, arimo ajyanye n’imikoranire mu bijyanye...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwungutse Imbwa zitahura ibisasu zikoresheje uburyo budasanzwe n’Abapolisi bazi kuzikoresha

U Rwanda rwungutse Imbwa zitahura ibisasu zikoresheje uburyo budasanzwe n’Abapolisi bazi kuzikoresha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.