Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kenneth Roth wakunze guharabika u Rwanda yakiriwe na Museveni

radiotv10by radiotv10
30/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kenneth Roth wakunze guharabika u Rwanda yakiriwe na Museveni
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Umuryango Mpuzamahanga uharanira iyubahirizwa ry’Uburenganzira bwa Muntu uzwi nka Human Rights Watch, Kenneth Roth wakunze kwibasira u Rwanda urugaragaza nk’uruhonyora uburenganzira bwa muntu, yakiriwe na Perezida Yoweri Museveni, amushyikiriza raporo ikubiyemo ibirego ashinja Uganda birimo iyicacubozo.

Kenneth Roth uyobora Human Rights Watch yakunze gushinja u Rwanda ibikorwa byo kubangamira uburenganzira bwa muntu, na we ubwe yagiye ashinja u Rwanda ibi birego.

Uyu mugabo uyobora uyu muryango kuva mu 1993, yahuye na Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda amushyikiriza raporo na yo igaragaza ibyo Human Rights Watch ishinja Uganda.

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wahuye na Kenneth kuri uyu wa Gatatu, yavuze ko iyi raporo ikubiyemo amakuru y’ibyo bashinja u Rwanda birimo iyicarubozo.

Museveni wavuze ko yahuriye na Kenneth Roth i Ntungamo, yizeje uyu muryango ko agiye gukurikirana ibi birego ushinja ubutegetsi bwe.

Ati “Ibirego byo gufunga mu buryo bunyuranyije n’amategeko, iyicarubozo no guhonyora uburenganzira bwa muntu, ntabwo bizihanganire. Iyicarubozo ni cyo kintu cya mbere kibi kidakenewe. Tugiye kugenzura ibikubire muri iyi raporo ubundi tuzagire icyo tubikoraho.”

Museveni yizeje Kenneth Roth ko agiye kugenzura ibi ashinja Uganda

Muri 2017, Human Rights Watch yasohoye raporo yise ‘All Thieves Must Be Killed’ (abajura bose bagomba kwicwa), yavugagamo ko hari abantu 37 bishwe n’abo mu nzego z’umutekano nk’abapolisi, abasirikare, ndetse n’Inkeragutabara na DASSO.

Iyi raporo yavugaga ko abo bantu bishwe mu Turere twa Rubavu na Rutsiro, yanatumye Inteko Ishinga Amategeko iterana kugira ngo igire icyo ivuga kuri iki cyegeranyo aho abadepite bose bafashe ijambo, bamaganye iyi raporo ndetse bagasaba ko uyu muryango wirukanwa mu Rwanda.

Hon Ruku Rwabyoma uri mu bagize icyo bavuga icyo gihe, yagarutse cyane kuri Kenneth Roth, avuga ko akwiye kwamaganwa.

Rwabyoma yagize ati “Hari abamukurikira ibyo avuze ugasanga babitwaye nkaho bifite ishingiro. Ni imbwa y’Interahamwe ‘Mumbabarire gukoresha iryo jambo mu Nteko’ isingiza uvuze nabi u Rwanda uwo ariwe wese.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − one =

Previous Post

Urubyiruko rw’u Rwanda rufite ikinyabupfura gihebuje- La Fouine

Next Post

U Rwanda rwungutse Imbwa zitahura ibisasu zikoresheje uburyo budasanzwe n’Abapolisi bazi kuzikoresha

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwungutse Imbwa zitahura ibisasu zikoresheje uburyo budasanzwe n’Abapolisi bazi kuzikoresha

U Rwanda rwungutse Imbwa zitahura ibisasu zikoresheje uburyo budasanzwe n’Abapolisi bazi kuzikoresha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.