Kenya: Abantu 13 bari mu myigaragambyo bayiburiyemo ubuzima barimo abapfuye urupfu rubabaje

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Imyigaragambyo ikomeye yabaye muri Kenya y’abamagana izamuka ry’ibiciro, yaguyemo abantu 13 barimo n’umwana wishwe na Polisi ndetse n’abahitanywe n’umubyigano.

Iyi myigaragambyo yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Nyakanga 2023, yaguyemo aba bantu 13 barimo icumi (10) bishwe n’igipolisi cyahoshaga iyi myigaragambyo yari ifite umuriri.

Izindi Nkuru

Abandi batatu muri 13 basize ubuzima muri iyi myigaragambyo, babuze ubuzima kubera umubyigano ukabije wari uri muri iyi myigaragambyo.

Kugeza ubu imibare ya Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu muri Kenya, igaragaza ko abantu 312 ari bo batawe muri yombi kubera kwigaragambya, abo kandi ngo barimo n’umudepite uri ku ruhande rw’abatavuga rumwe n’ubutegetsi.

Leta ya Kenya kandi ngo ifite umugambi wo guta muri yombi abakurie imyigaragambyo barimo n’umunyapolitiki Raila Odinga wakunze gutsindwa mu matora y’Umukuru w’Igihugu ndetse ufite abamukurikira benshi bitabira imyigaragambyo.

Ni kenshi kandi Raila Odinga yahamagaje imyigaragambyo aho asaba ko Leta yaganira na we, ndetse ikagira icyo ikora ku izamuka ry’ibiciro .

Icyakora hari abavuga ko ibyo ari impamvu za politike babishingira ku kuba izamuka ry’ibiciro riri henshi ku isi bitewe n’impamvu zirrimo icyorezo cya COVID-19 ndetse n’intambara y’u burusiya na Ukraine.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru