Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kenya: Undi wari ukuriye amatora mu Karere yapfuye amarabira

radiotv10by radiotv10
23/08/2022
in MU RWANDA
0
Kenya: Undi wari ukuriye amatora mu Karere yapfuye amarabira
Share on FacebookShare on Twitter

Undi wari ukuriye amatora y’Umukuru w’Igihugu aherutse kuba muri Kenya ku rwego rw’Akarere, yapfiriye ku bitaro aho yari ari kwivuriza, yitura hasi ahita ashiramo umwuka.

Apfuye nyuma y’ibyumweru bibiri muri Kenya habaye amatora y’Umukuru w’igihugu yabaye tariki 09 Kanama 2022 yegukanywe na William Ruto mu gihe Raila Odinga wayatsinzwe atabyemera ndetse akaba yaramaze kwiyambaza Urukiko rw’Ikirenga.

Uwapfuye ni Geoffrey Gitobu wari ukuriye amatora mu Karere ka Gichugu ko mu mu Ntara ya Kirinyaga.

Geoffrey witabye Imana mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere, yari ari kwivuriza mu bitaro, aho bagiye kubona bakabona yikubise hasi agahita yitaba Imana.

Ku wa Mbere tariki 15 Kanama 2022 hamenyekanye amakuru y’urupfu rw’undi wari ukuriye amatora mu Karere kamwe muri Kenya.

Uyu wabonetse mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki 15 Kanama, ni Daniel Mbolu Musyoka wasanzwe mu gace ka Kajiado wasanzwe yapfuye nyuma yo kuburirwa irengero, aho bemeza ko yabanje gukorerwa iyicarubozo.

Umuyobozi wa Komisiyo y’amatora muri Kenya, Wafula Chebukati, uherutse kwerura ko hari Abanyapolitiki batashakaga ko ashyira hanze ibyavuye mu matora, yavuze ko mbere yuko aya matora aba, hari bamwe mu bakozi b’iyi komisiyo batewe ubwoba babwirwa ko bazagirirwa nabi.

Raila Odinga watsinzwe amatora y’Umukuru w’Igihugu akaba atabyemera avuga ko yibwe amajwi, yakunze gutsindwa ariko uko yatsindwaga byagiye biteza imvururu muri Kenya zanaguyemo abaturage benshi.

Nko muri 2017, ubwo Odinga yatsindwana, hapfuye abantu 100 naho muri 2007 bwo hari hapfuye abarenga 1 200.

Ubwo hatanazwaga ibyavuye mu matora y’uyu mwaka, ahatangarijwe amajwi, habaye imvururu z’igihe gitoza zahise zihoshwa n’inzego z’umutekano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

USA: Trump yamaze kugeza Guverinoma mu nkiko

Next Post

Me Evode ahishuye icyatuma Urukiko rwigiza imbere isomwa ry’urubanza nk’ibyabaye kuri Liliane

Related Posts

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

by radiotv10
18/11/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has expressed surprise that Dr. Denis Mukwege, a Congolese medical...

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

IZIHERUKA

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda
IBYAMAMARE

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

19/11/2025
Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

19/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

19/11/2025
Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

18/11/2025
Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Me Evode ahishuye icyatuma Urukiko rwigiza imbere isomwa ry’urubanza nk’ibyabaye kuri Liliane

Me Evode ahishuye icyatuma Urukiko rwigiza imbere isomwa ry’urubanza nk’ibyabaye kuri Liliane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.