Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kenya: Undi wari ukuriye amatora mu Karere yapfuye amarabira

radiotv10by radiotv10
23/08/2022
in MU RWANDA
0
Kenya: Undi wari ukuriye amatora mu Karere yapfuye amarabira
Share on FacebookShare on Twitter

Undi wari ukuriye amatora y’Umukuru w’Igihugu aherutse kuba muri Kenya ku rwego rw’Akarere, yapfiriye ku bitaro aho yari ari kwivuriza, yitura hasi ahita ashiramo umwuka.

Apfuye nyuma y’ibyumweru bibiri muri Kenya habaye amatora y’Umukuru w’igihugu yabaye tariki 09 Kanama 2022 yegukanywe na William Ruto mu gihe Raila Odinga wayatsinzwe atabyemera ndetse akaba yaramaze kwiyambaza Urukiko rw’Ikirenga.

Uwapfuye ni Geoffrey Gitobu wari ukuriye amatora mu Karere ka Gichugu ko mu mu Ntara ya Kirinyaga.

Geoffrey witabye Imana mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere, yari ari kwivuriza mu bitaro, aho bagiye kubona bakabona yikubise hasi agahita yitaba Imana.

Ku wa Mbere tariki 15 Kanama 2022 hamenyekanye amakuru y’urupfu rw’undi wari ukuriye amatora mu Karere kamwe muri Kenya.

Uyu wabonetse mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki 15 Kanama, ni Daniel Mbolu Musyoka wasanzwe mu gace ka Kajiado wasanzwe yapfuye nyuma yo kuburirwa irengero, aho bemeza ko yabanje gukorerwa iyicarubozo.

Umuyobozi wa Komisiyo y’amatora muri Kenya, Wafula Chebukati, uherutse kwerura ko hari Abanyapolitiki batashakaga ko ashyira hanze ibyavuye mu matora, yavuze ko mbere yuko aya matora aba, hari bamwe mu bakozi b’iyi komisiyo batewe ubwoba babwirwa ko bazagirirwa nabi.

Raila Odinga watsinzwe amatora y’Umukuru w’Igihugu akaba atabyemera avuga ko yibwe amajwi, yakunze gutsindwa ariko uko yatsindwaga byagiye biteza imvururu muri Kenya zanaguyemo abaturage benshi.

Nko muri 2017, ubwo Odinga yatsindwana, hapfuye abantu 100 naho muri 2007 bwo hari hapfuye abarenga 1 200.

Ubwo hatanazwaga ibyavuye mu matora y’uyu mwaka, ahatangarijwe amajwi, habaye imvururu z’igihe gitoza zahise zihoshwa n’inzego z’umutekano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

USA: Trump yamaze kugeza Guverinoma mu nkiko

Next Post

Me Evode ahishuye icyatuma Urukiko rwigiza imbere isomwa ry’urubanza nk’ibyabaye kuri Liliane

Related Posts

Are weddings still based on love or financial show-off?

Are weddings still based on love or financial show-off?

by radiotv10
19/09/2025
0

One of the most beautiful  events in the life of a human being is a wedding. It has traditionally been...

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

by radiotv10
19/09/2025
0

Umwe mu banyamategeko bunganira abantu mu butabera, yagaragaje ko gusezeranya undi ko uzamushaka bidashyiraho umuntu inshingano zo kurushinga, ndetse ko...

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
19/09/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi, barimo Yves Iradukunda winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

IZIHERUKA

Are weddings still based on love or financial show-off?
IMIBEREHO MYIZA

Are weddings still based on love or financial show-off?

by radiotv10
19/09/2025
0

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

19/09/2025
Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

19/09/2025
BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

19/09/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Me Evode ahishuye icyatuma Urukiko rwigiza imbere isomwa ry’urubanza nk’ibyabaye kuri Liliane

Me Evode ahishuye icyatuma Urukiko rwigiza imbere isomwa ry’urubanza nk’ibyabaye kuri Liliane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Are weddings still based on love or financial show-off?

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.