• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

radiotv10by radiotv10
20/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yabwiye abaturage ko intsinzi ikomeye yabonye mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka igaragaza ubuhangange bw’ishyaka rye, rimaze imyaka hafi 40 riyobora Uganda.

Ibyo Museveni yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki ya 18 Mutarama 2026, nyuma y’umunsi umwe atangajwe nk’uwatsinze amatora y’umukuru w’igihugu yabaye ku wa Kane w’icyumweru gishize.

Mu ijambo rye rya mbere yagejeje ku baturage kuva yakongera gutorerwa kuyobora Uganda, Perezida Museveni yavuze ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bagize amahirwe, kuko amatora yo ku wa Kane yitabiriwe n’abantu bake.

Yagize ati: “Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bagize amahirwe, kuko abaturage banjye bagera kuri miliyoni 10 batitabiriye amatora. Iyo baza kuza, bari kugira ipfunwe rikomeye, kuko iyo abanyamuryango bacu bose baza gutora, ndabizeza ko nta batavuga rumwe n’ubutegetsi bari kuba basigaye muri Uganda.”

Umubare w’abitabiriye amatora y’umukuru w’igihugu n’abagize Inteko Ishinga Amategeko muri Uganda wari kuri 52%. Uyu ni wo mubare muto w’abitabiriye amatora wabayeho kuva Uganda yagaruka ku butegetsi bwa demokarasi ishingiye ku mashyaka menshi mu 2006.

Museveni yabonye amajwi arenga 71.6%, mu gihe umukandida wamukurikiye ari Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, uyobora ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda, wabonye 24.7% by’amajwi, nk’uko ibyavuye mu matora bibigaragaza. Icyakora, Bobi Wine abihakana avuga ko ari ibinyoma, hakaba hategerejwe ko azageza ikirego mu nkiko, nubwo mu bihe byashize inkiko zanze ubusabe bw’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwo gutesha agaciro intsinzi za Museveni.

Yoweri Kaguta Museveni, ufatwa nka Perezida wa gatatu muri Afurika umaze igihe kirekire ku butegetsi, agiye gutangira manda ya karindwi izamwegereza imyaka igera kuri 50 ayoboye igihugu cya Uganda.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + three =

Previous Post

If your work requires sitting for long periods each day, here’s what you need to know

Next Post

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.